Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo

radiotv10by radiotv10
28/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Claver Ntoyinkima ukora akazi ko kuyobora no gusobanurira ba mukerarugendo, yashyikirijwe igihembo mpuzamahanga, agihabwa n’Igikomangoma cy’u Bwongereza, Prince William.

Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024, mu muhango wo gutanga ibihembo byiswe ‘Tusk Conservation Awards’ bihabwa abantu bagize uruhare mu kurengera ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima.

Ibi birori byabereye i London mu Bwongereza, byari biyobowe n’Igikomangoma, Prince William wanahuje urugwiro n’ababyitabiriye, ndetse anatangamo ikiganiro.

Ni igikorwa kandi cyitabiriwe n’ibyamamare, birimo umukinnyi wa Filim Idris Elba akaba n’umwe mu bavangamiziki (DJ) bafite izina rikomeye ku Isi.

Ibi bihembo byiswe The Tusk Conservation bitangwa buri mwaka, aho bihabwa abantu bagize uruhare mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima ndetse no gufasha imiryango migari ku Mugabane wa Afurika, bikaba bisanzwe biyoborwa n’Igikomangoma William.

Ibi Bihembo byatangiye gutangwa bwa mbere muri 2013, ku bufatanye bw’Igikomangoma cy’Ubwami bw’u Bwongereza, ndetse n’umuryango w’abayobozi b’abashoramari uzwi nka Ninety One.

Prince William ubwo yagiraga icyo avuga kuri ibi bihembo, yagize ati “Ibi bihembo bisobanuye byinshi ku giti cyanjye, kandi igira uruhare runini mu byo twiyemeje mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri Afurika n’abaturage.”

Ibi bihembo yatangiywe muri Hoteli izi mu zikomeye ku Isi ya Savoy, byahawe abantu batatu, barimo uyu Munyarwanda Claver Ntoyinkima, ndetse n’Umunya-Mali, Nomba Ganame washinze umuryango WILDFoundation urengera urusobe rw’ibinyabuzima, byumwihariko urengera inzovu.

Prince William yanicaranye na Claver Ntoyinkima baraganira

Byari ibyishimo

Ntoyinkima ashyikirizwa igihembo n’Igikomangoma cy’u Bwongereza
Ibihembo byahawe batatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − seventeen =

Previous Post

Ikipe ikinamo rurangiranwa muri ruhago y’Isi yafashe icyemezo cyiza ku mukinnyi wayandikiyemo amateka akiyinjiramo

Next Post

Mobile Money Rwanda Ltd in Partnership with NCBA Bank Rwanda is excited to launch the TubiriMo na MoKash Christmas Giveaway

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mobile Money Rwanda Ltd in Partnership with NCBA Bank Rwanda is excited to launch the TubiriMo na MoKash Christmas Giveaway

Mobile Money Rwanda Ltd in Partnership with NCBA Bank Rwanda is excited to launch the TubiriMo na MoKash Christmas Giveaway

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.