Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo

radiotv10by radiotv10
28/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Claver Ntoyinkima ukora akazi ko kuyobora no gusobanurira ba mukerarugendo, yashyikirijwe igihembo mpuzamahanga, agihabwa n’Igikomangoma cy’u Bwongereza, Prince William.

Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024, mu muhango wo gutanga ibihembo byiswe ‘Tusk Conservation Awards’ bihabwa abantu bagize uruhare mu kurengera ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima.

Ibi birori byabereye i London mu Bwongereza, byari biyobowe n’Igikomangoma, Prince William wanahuje urugwiro n’ababyitabiriye, ndetse anatangamo ikiganiro.

Ni igikorwa kandi cyitabiriwe n’ibyamamare, birimo umukinnyi wa Filim Idris Elba akaba n’umwe mu bavangamiziki (DJ) bafite izina rikomeye ku Isi.

Ibi bihembo byiswe The Tusk Conservation bitangwa buri mwaka, aho bihabwa abantu bagize uruhare mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima ndetse no gufasha imiryango migari ku Mugabane wa Afurika, bikaba bisanzwe biyoborwa n’Igikomangoma William.

Ibi Bihembo byatangiye gutangwa bwa mbere muri 2013, ku bufatanye bw’Igikomangoma cy’Ubwami bw’u Bwongereza, ndetse n’umuryango w’abayobozi b’abashoramari uzwi nka Ninety One.

Prince William ubwo yagiraga icyo avuga kuri ibi bihembo, yagize ati “Ibi bihembo bisobanuye byinshi ku giti cyanjye, kandi igira uruhare runini mu byo twiyemeje mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri Afurika n’abaturage.”

Ibi bihembo yatangiywe muri Hoteli izi mu zikomeye ku Isi ya Savoy, byahawe abantu batatu, barimo uyu Munyarwanda Claver Ntoyinkima, ndetse n’Umunya-Mali, Nomba Ganame washinze umuryango WILDFoundation urengera urusobe rw’ibinyabuzima, byumwihariko urengera inzovu.

Prince William yanicaranye na Claver Ntoyinkima baraganira

Byari ibyishimo

Ntoyinkima ashyikirizwa igihembo n’Igikomangoma cy’u Bwongereza
Ibihembo byahawe batatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 8 =

Previous Post

Ikipe ikinamo rurangiranwa muri ruhago y’Isi yafashe icyemezo cyiza ku mukinnyi wayandikiyemo amateka akiyinjiramo

Next Post

Mobile Money Rwanda Ltd in Partnership with NCBA Bank Rwanda is excited to launch the TubiriMo na MoKash Christmas Giveaway

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mobile Money Rwanda Ltd in Partnership with NCBA Bank Rwanda is excited to launch the TubiriMo na MoKash Christmas Giveaway

Mobile Money Rwanda Ltd in Partnership with NCBA Bank Rwanda is excited to launch the TubiriMo na MoKash Christmas Giveaway

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.