Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo

radiotv10by radiotv10
28/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Claver Ntoyinkima ukora akazi ko kuyobora no gusobanurira ba mukerarugendo, yashyikirijwe igihembo mpuzamahanga, agihabwa n’Igikomangoma cy’u Bwongereza, Prince William.

Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024, mu muhango wo gutanga ibihembo byiswe ‘Tusk Conservation Awards’ bihabwa abantu bagize uruhare mu kurengera ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima.

Ibi birori byabereye i London mu Bwongereza, byari biyobowe n’Igikomangoma, Prince William wanahuje urugwiro n’ababyitabiriye, ndetse anatangamo ikiganiro.

Ni igikorwa kandi cyitabiriwe n’ibyamamare, birimo umukinnyi wa Filim Idris Elba akaba n’umwe mu bavangamiziki (DJ) bafite izina rikomeye ku Isi.

Ibi bihembo byiswe The Tusk Conservation bitangwa buri mwaka, aho bihabwa abantu bagize uruhare mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima ndetse no gufasha imiryango migari ku Mugabane wa Afurika, bikaba bisanzwe biyoborwa n’Igikomangoma William.

Ibi Bihembo byatangiye gutangwa bwa mbere muri 2013, ku bufatanye bw’Igikomangoma cy’Ubwami bw’u Bwongereza, ndetse n’umuryango w’abayobozi b’abashoramari uzwi nka Ninety One.

Prince William ubwo yagiraga icyo avuga kuri ibi bihembo, yagize ati “Ibi bihembo bisobanuye byinshi ku giti cyanjye, kandi igira uruhare runini mu byo twiyemeje mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri Afurika n’abaturage.”

Ibi bihembo yatangiywe muri Hoteli izi mu zikomeye ku Isi ya Savoy, byahawe abantu batatu, barimo uyu Munyarwanda Claver Ntoyinkima, ndetse n’Umunya-Mali, Nomba Ganame washinze umuryango WILDFoundation urengera urusobe rw’ibinyabuzima, byumwihariko urengera inzovu.

Prince William yanicaranye na Claver Ntoyinkima baraganira

Byari ibyishimo

Ntoyinkima ashyikirizwa igihembo n’Igikomangoma cy’u Bwongereza
Ibihembo byahawe batatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − two =

Previous Post

Ikipe ikinamo rurangiranwa muri ruhago y’Isi yafashe icyemezo cyiza ku mukinnyi wayandikiyemo amateka akiyinjiramo

Next Post

Mobile Money Rwanda Ltd in Partnership with NCBA Bank Rwanda is excited to launch the TubiriMo na MoKash Christmas Giveaway

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

IZIHERUKA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran
AMAHANGA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mobile Money Rwanda Ltd in Partnership with NCBA Bank Rwanda is excited to launch the TubiriMo na MoKash Christmas Giveaway

Mobile Money Rwanda Ltd in Partnership with NCBA Bank Rwanda is excited to launch the TubiriMo na MoKash Christmas Giveaway

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.