Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunya-Portugal uje gutoza Rayon ngo yatunguwe n’ubwiza bw’u Rwanda butaboneka ahandi

radiotv10by radiotv10
02/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umunya-Portugal uje gutoza Rayon ngo yatunguwe n’ubwiza bw’u Rwanda butaboneka ahandi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Portugal Jorge Manuel da Silva Paixão uje gutoza Rayon Sports, yatangaje ko akigera mu Rwanda, yatunguwe n’ubwiza bwarwo, avuga ko azasaba Abanya-Portugal bagenzi be kuza gusura iki Gihugu cy’Imisozi 1 000.

Jorge Manuel da Silva Paixão uje gutoza Rayon Sports mu mikino yo kwishyura ya shampiyona 2021-2022, yerekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Gashyantare 2022 we n’umwungiriza we Pedro Muguel ufite n’ubunararibonye mu kongerera ingufu abakinnyi.

Jorge Paixão akaba yavuze ko intego imuzanye muri Rayon Sports ari ukwegukana igikombe, asaba abafana kumushyigikira.

Yavuze ko yatunguwe n’ubwiza yasanganye u Rwanda, ati “U Rwanda ni igihu cyiza, nkihagera naratunguwe, nzasaba abantu b’iwacu (Portugal) gusura u Rwanda. Turi hano gutwara igikombe, tuje kwegukana, igikombe.Tuzakora ibishoboka byose kugira ngo tugere ku ntego zacu, dukeneye imbaraga z’abafana, tuzakora ibishoboka kugira ngo mwishime ariko muzadufashe, imbaraga zanyu zirakenewe.”

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yavuze ko bamusabye kwegukana ibikombe bikinirwa mu gihugu (shampiyona n’icy’Amahoro) ndetse no kuzamurwa urwego rw’abakinnyi ikipe igasubira guhangana ku ruhando Nyafurika.

Ati “Twamusabye gutwara ibikombe bikinirwa mu Rwanda no gusubiza Rayon Sports icyubahiro ku ruhando Nyafuraka.”

Nyuma yo gusinyisha abatoza ikipe ya Rayon Sports yahise ikora imyitozo, ku cyibuga cyayo cyo mu Nzove.

Hanabaye igikorwa cyo gushyira umukono ku masezerano
Yasabwe gufasha Rayon kwegukana ibikombe byose bikinirwa mu Rwanda
We n’umwungiriza we biyemeje kubyutsa iyi kipe

Yavuze ko yishimiye u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 12 =

Previous Post

Umugabo yikase igitsina kubera urumogi yatumuye rukamutera kwifuza imibonano akabura uwo bayikorana

Next Post

Bamporiki yatanze isomo rikwiye kuba ku ndiba y’umutima wa buri rubyiruko

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamporiki yatanze isomo rikwiye kuba ku ndiba y’umutima wa buri rubyiruko

Bamporiki yatanze isomo rikwiye kuba ku ndiba y’umutima wa buri rubyiruko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.