Monday, August 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bakinnyi ba Basketball bamaze kwigarurira imitima y’abatari bacye mu Rwanda, Nshobozwabyosenumukiza Willson yagaragaje ko ari umufana ukomeye w’umunyabigwi muri ruhago, Jimmy Gatete, avuga ko atifuza ko yazagenda batifotoranyije.

Jimmy Gatete n’ubu ukiri mu mitwe y’Abanyarwanda kubera ibitangaza yagiye akora mu ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru, nyuma y’imyaka irenga 10 adaheruka mu Rwanda, yongeye kurusesekaramo.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, tariki 10 Ukwakira 2022, uyu munyabigwi muri ruhago nyarwanda, yageze mu Rwanda aje mu bikorwa bitegura Igikombe cy’isi cy’abakanyujijeho muri ruhago kizabera mu Rwanda muri 2024.

Jimmy Gatete yasesekaye mu Rwanda

Nyuma yuko uyu rutahizamu w’ibihe byose mu Rwanda ageze mu rw’imisozi igihumbi, bamwe mu Banyarwanda bamugaragarije urugwiro n’uburyo batazibagirwa ibyishimo yabahaye.

Nshobozwabyosenumukiza Willson uri mu bakinnyi bamaze kubaka izina muri Basketball mu Rwanda, na we ari mu bagaragaje ko yakuze ari umufana ukomeye wa Jimmy Gatete.

Uyu mukinnyi uzwiho amacenga menshi mu mukino wa Basketball no kudahusha muri Panier, yahishuye ko yakuze yumva azaba umukinnyi wa ruhago kubera Jimmy Gatete ndetse ko yumvaga azaba nka we.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter buherekejwe n’ifoto ya Jimmy Gatete, Nshobozwabyosenumukiza yagize ati “Nakuze nzi ko nzakina umupira nkaba nk’uyu munyabigwi wacu ariko nabuze Godiyo kabiri gatatu sinamenye uko byaje guhomba.”

Yakomeje agira ati “Ariko aracyari role model (uw’icyitegererezo) wanjye burya.”

Nshobozwabyosenumukiza yakomeje agaragaza ko Jimmy Gatete ari uwo kubahwa ibihe byose, yasoje ubutumwa bwe agira ati “Ahubwo ndamukura he atageda atampaye ifoto mwokabyara mwe.”

Jimmy Gatete umunyabigwi muri ruhago nyarwanda
Nshobozwa yamukuriye ingofero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − five =

Previous Post

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Next Post

Umunyarwenya ukomeye ku Isi Kevin Hart ari mu gahinda

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

by radiotv10
02/08/2025
0

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda Police FC yatumije iy’Ingabo z’u Rwanda APR FC gukina umukino wa gicuti nyuma y’aho yifuje...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya ukomeye ku Isi Kevin Hart ari mu gahinda

Umunyarwenya ukomeye ku Isi Kevin Hart ari mu gahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.