Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bakinnyi ba Basketball bamaze kwigarurira imitima y’abatari bacye mu Rwanda, Nshobozwabyosenumukiza Willson yagaragaje ko ari umufana ukomeye w’umunyabigwi muri ruhago, Jimmy Gatete, avuga ko atifuza ko yazagenda batifotoranyije.

Jimmy Gatete n’ubu ukiri mu mitwe y’Abanyarwanda kubera ibitangaza yagiye akora mu ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru, nyuma y’imyaka irenga 10 adaheruka mu Rwanda, yongeye kurusesekaramo.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, tariki 10 Ukwakira 2022, uyu munyabigwi muri ruhago nyarwanda, yageze mu Rwanda aje mu bikorwa bitegura Igikombe cy’isi cy’abakanyujijeho muri ruhago kizabera mu Rwanda muri 2024.

Jimmy Gatete yasesekaye mu Rwanda

Nyuma yuko uyu rutahizamu w’ibihe byose mu Rwanda ageze mu rw’imisozi igihumbi, bamwe mu Banyarwanda bamugaragarije urugwiro n’uburyo batazibagirwa ibyishimo yabahaye.

Nshobozwabyosenumukiza Willson uri mu bakinnyi bamaze kubaka izina muri Basketball mu Rwanda, na we ari mu bagaragaje ko yakuze ari umufana ukomeye wa Jimmy Gatete.

Uyu mukinnyi uzwiho amacenga menshi mu mukino wa Basketball no kudahusha muri Panier, yahishuye ko yakuze yumva azaba umukinnyi wa ruhago kubera Jimmy Gatete ndetse ko yumvaga azaba nka we.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter buherekejwe n’ifoto ya Jimmy Gatete, Nshobozwabyosenumukiza yagize ati “Nakuze nzi ko nzakina umupira nkaba nk’uyu munyabigwi wacu ariko nabuze Godiyo kabiri gatatu sinamenye uko byaje guhomba.”

Yakomeje agira ati “Ariko aracyari role model (uw’icyitegererezo) wanjye burya.”

Nshobozwabyosenumukiza yakomeje agaragaza ko Jimmy Gatete ari uwo kubahwa ibihe byose, yasoje ubutumwa bwe agira ati “Ahubwo ndamukura he atageda atampaye ifoto mwokabyara mwe.”

Jimmy Gatete umunyabigwi muri ruhago nyarwanda
Nshobozwa yamukuriye ingofero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − three =

Previous Post

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

Next Post

Umunyarwenya ukomeye ku Isi Kevin Hart ari mu gahinda

Related Posts

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Perezida w'ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo...

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

IZIHERUKA

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko
MU RWANDA

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

29/07/2025
Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya ukomeye ku Isi Kevin Hart ari mu gahinda

Umunyarwenya ukomeye ku Isi Kevin Hart ari mu gahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.