Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamahanga wari warakatiwe imyaka 5 akaburana ubujurire avuga ko afitiye u Rwanda akamaro yagizwe umwere

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA
0
Umunyamahanga wari warakatiwe imyaka 5 akaburana ubujurire avuga ko afitiye u Rwanda akamaro yagizwe umwere
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamahanga ukomoka muri Korea, Jin Joseph wari warakatiwe gufungwa imyaka itanu, akajuririra Urukiko rw’Ubujurire yabwiye ko afitiye u Rwanda akamaro atari akwiye gufungwa, yahanaguweho icyaha cyo gukoresha inyandiko itavugisha ukuri.

Jin Joseph wari ufunze kuva muri 2019, yari yarahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko itavugisha ukuri mu cyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru muri Mutarama 2021.

Yahise ajurira iki cyemezo mu Rukiko rw’ubujurire, aho tariki 13 Nyakanga yaburanye ubujurire bwe, akavuga ko icyaha yahamijwe atagikoze ndetse ko atari akwiye kuba afunze kuko yagiriye u Rwanda akamaro.

Jin Joseph wasabaga kurekurwa, yabwiye Urukiko ko Moto za BMW zikoreshwa na Polisi y’u Rwanda ari we wazizanye ndetse n’imodoka za Hyundai n’iza KIA

Ubwo yaburanaga ubujurire bwe, Ubushinjacyaha na bwo bwahinduye imvugo, buvuga ko ibisabwa n’uregwa bifite ishingiro bityo ko mu gihe Urukiko rwaziherera rubisuzuma rwazagira umwere uyu Munya-Korea rukamurekura.

Urukiko rw’Ubujurire rwafashe icyemezo, ruvuza ko nyuma yo gusuzuma ubujurire bwa Jin Joseph, rwasanze adahamwa n’icyaha cy’inyandiko itavugisha ukuri.

Umucamanza wasomye iki cyemezo ari umwe, yavuze ko ibyaburanyweho mu bujurire, byasuzumwe  n’Abacamanza batatu, akaba yagisomye ari umwe kuko bagenzi be bari mu zindi nshingano z’akazi.

Jin Joseph yari akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’amakimbirane yagiranye n’uwitwa Kanyandekwe Pascal bivugwa ko uyu Munya-Korea yacurishije kasha y’uyu Munyarwanda ubundi akayifashisha mu bikorwa byo gufunguza kompanyi mu Bihugu byo hanze.

Uyu Kanyandekwe wavugaga ko uyu Munya-Korea yakoresheje inyandiko zitavugisha ukuri agafunguza sosiyete mu zina rye, mu iburanisha yakomezaga gushimangira ko uregwa akwiye guhamwa n’icyaha ndetse anenga Ubushinjacyaha ukuntu bwaje mu rubanza rw’ubujurire rushinjura nyamara mu rubanza rwa mbere bwarashinjaga.

Ubwo baburana ubujurire kandi Jin Joseph yari yabanje kwanga ko itangazamakuru rikurikirana uru rubanza ngo kuko nyuma yuko ahamijwe kiriya cyaha mu rubanza rwa mbere bikandikwaho n’ibinyamakuru, byamugizeho ingaruka mu Bihugu asanzwe afitemo ishoramari birimo Igihugu cye cy’inkomoko ndetse n’ibyo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − twelve =

Previous Post

Hagaragaye andi mafoto y’uburyo Sandra Teta yuzuye inguma umubiri wose kubera gukubitwa na Weasel

Next Post

Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

Related Posts

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

by radiotv10
12/05/2025
0

Ingabo zari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC bwamaze guhagarikwa, zongeye kunyura mu Rwanda zerecyeza muri...

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

by radiotv10
12/05/2025
0

Inzu icuruza imiti (Pharmacy) yo mu Karere ka Ngoma ikorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), imaze amezi abiri ifunze mu buryo...

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

12/05/2025
Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

12/05/2025

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

12/05/2025
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.