Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamahanga wari warakatiwe imyaka 5 akaburana ubujurire avuga ko afitiye u Rwanda akamaro yagizwe umwere

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA
0
Umunyamahanga wari warakatiwe imyaka 5 akaburana ubujurire avuga ko afitiye u Rwanda akamaro yagizwe umwere
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamahanga ukomoka muri Korea, Jin Joseph wari warakatiwe gufungwa imyaka itanu, akajuririra Urukiko rw’Ubujurire yabwiye ko afitiye u Rwanda akamaro atari akwiye gufungwa, yahanaguweho icyaha cyo gukoresha inyandiko itavugisha ukuri.

Jin Joseph wari ufunze kuva muri 2019, yari yarahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko itavugisha ukuri mu cyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru muri Mutarama 2021.

Yahise ajurira iki cyemezo mu Rukiko rw’ubujurire, aho tariki 13 Nyakanga yaburanye ubujurire bwe, akavuga ko icyaha yahamijwe atagikoze ndetse ko atari akwiye kuba afunze kuko yagiriye u Rwanda akamaro.

Jin Joseph wasabaga kurekurwa, yabwiye Urukiko ko Moto za BMW zikoreshwa na Polisi y’u Rwanda ari we wazizanye ndetse n’imodoka za Hyundai n’iza KIA

Ubwo yaburanaga ubujurire bwe, Ubushinjacyaha na bwo bwahinduye imvugo, buvuga ko ibisabwa n’uregwa bifite ishingiro bityo ko mu gihe Urukiko rwaziherera rubisuzuma rwazagira umwere uyu Munya-Korea rukamurekura.

Urukiko rw’Ubujurire rwafashe icyemezo, ruvuza ko nyuma yo gusuzuma ubujurire bwa Jin Joseph, rwasanze adahamwa n’icyaha cy’inyandiko itavugisha ukuri.

Umucamanza wasomye iki cyemezo ari umwe, yavuze ko ibyaburanyweho mu bujurire, byasuzumwe  n’Abacamanza batatu, akaba yagisomye ari umwe kuko bagenzi be bari mu zindi nshingano z’akazi.

Jin Joseph yari akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’amakimbirane yagiranye n’uwitwa Kanyandekwe Pascal bivugwa ko uyu Munya-Korea yacurishije kasha y’uyu Munyarwanda ubundi akayifashisha mu bikorwa byo gufunguza kompanyi mu Bihugu byo hanze.

Uyu Kanyandekwe wavugaga ko uyu Munya-Korea yakoresheje inyandiko zitavugisha ukuri agafunguza sosiyete mu zina rye, mu iburanisha yakomezaga gushimangira ko uregwa akwiye guhamwa n’icyaha ndetse anenga Ubushinjacyaha ukuntu bwaje mu rubanza rw’ubujurire rushinjura nyamara mu rubanza rwa mbere bwarashinjaga.

Ubwo baburana ubujurire kandi Jin Joseph yari yabanje kwanga ko itangazamakuru rikurikirana uru rubanza ngo kuko nyuma yuko ahamijwe kiriya cyaha mu rubanza rwa mbere bikandikwaho n’ibinyamakuru, byamugizeho ingaruka mu Bihugu asanzwe afitemo ishoramari birimo Igihugu cye cy’inkomoko ndetse n’ibyo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 15 =

Previous Post

Hagaragaye andi mafoto y’uburyo Sandra Teta yuzuye inguma umubiri wose kubera gukubitwa na Weasel

Next Post

Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.