Sunday, March 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
29/01/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri rizimuha ryasohotse ari mu modoka atashye, akabanza guhagarara kuko abantu bamuhamagaraga ku bwinshi.

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru wa kimwe mu bitangazamakuru bikorera mu Rwanda, izina rye ryasohotse mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu, mu bayobozi bashya bashyizwe mu nshingano.

Aganira n’igitangazamakuru SK FM yakoreraga yari anabereye umuyobozi, Jean Maurice yavuze ko itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yamuhaye inshingano ryasohotse ari mu nzira ataha.

Ati “Nasomye Yellow Paper ngeze muri Kibagabaga hafi y’ibitaro bya Kibagabaga, nahise mparika aho ngaho, sinamenye ibindi byakurikiyeho kuko amatelefone yari menshi, ndabanza nshimira Imana n’Umukuru w’Igihugu ku bw’amahirwe mba mpawe yo kugaragaza ibyo nshoboye ariko hashize nk’amasaha atatu ntarumva uburemere bw’inshingano.”

Yakomeje agira ati “Nyine urumva ijoro ryose urumva ko nta bitotsi. Nabyutse ubu mvuye mu misozi hejuru Bumbogo ha handi nsanzwe njya muri siporo, nyuma y’ibirahure bitatu by’amazi ubu ni bwo ndi kumva noneho nanabavugisha.”

Uyu mugabo umaze imyaka irenga 14 akora umwuga w’Itangazamakuru, uzwiho kuganira cyane, yavuze ko nubwo yahawe izi nshingano ntakizamubuza kuzajya asura iki gitangazamakuru yakoreraga.

Ati “Aho ni mu rugo ntabwo nahacika […] muzajya muntumira nitabe kuko aho ni mu rugo.”

Avuga ko mu nshingano ze agiyemo, azashyira imbere inyungu z’umuturage. Ati “Kuva nageze aho bicomekeye, umuturage ari ku isonga.”

Ni na bwo butumwa yatanze akimara guhabwa izi nshingano, ashimira Perezida Paul Kagame wamugiriye icyizere, anamwizeza kuzashyira imbere inyungu za rubanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Next Post

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Related Posts

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

by radiotv10
28/02/2026
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yasuye serivisi nshya zatangijwe mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), zirimo imashini zigezweho mu...

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

by radiotv10
28/02/2026
0

Urwego rw’Umuvunyi rugaragaza ko bimwe mu bibazo abaturage bakunze guhura na byo bikomeje kudakemuka, ahanini bitewe n’uko bamwe bahitamo inzira...

How to shower properly and how often to bathe

How to shower properly and how often to bathe

by radiotv10
28/02/2026
0

Showering is something most of us do every day without thinking much about it. It feels simple water, soap, rinse,...

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

by radiotv10
27/02/2026
0

Hagiye hanze amakuru avuga ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zateganyaga gufatira u Rwanda, byahagaritswe burundu kubera dipolomasi yo...

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

by radiotv10
27/02/2026
0

Umugabo uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitirwa n’umugore we mu ruhame, avuga ko na we yabigizemo uruhare kuko yari yakoze...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika
SIPORO

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

by radiotv10
01/03/2026
0

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

01/03/2026
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

01/03/2026
TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

28/02/2026
BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

28/02/2026
Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

28/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.