Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru Oswald yavuze akamuri ku mutima nyuma yo kuganira na Perezida Kagame kuri Radio

radiotv10by radiotv10
03/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyamakuru Oswald yavuze akamuri ku mutima nyuma yo kuganira na Perezida Kagame kuri Radio
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa RADIOTV10, avuga ko yishimiye kugirana ikiganiro na Perezida Paul Kagame, kandi ko na we amushimira, akavuga ko yamubonyeho impano ikomeye yo kuba yoroshya ubuzima.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, tariki 01 Mata 2024, Radio 10 yagiranye ikiganiro na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame cyagarutse ku rugendo rwo kubaka Igihugu mu myaka 30, ndetse n’amateka ye yo mu buto yamuteye we na bagenzi be, inyota yo gutangiza urugamba rwo kwibohora.

Iki kiganiro cyatambutse kuri Radio 10 n’ibindi bitangazamakuru birimo Royal FM, cyarimo abanyamakuru Oswald Mutuyeyezu usanzwe akorera RADIOTV10 ndetse na Aissa Cyiza wa Royal FM.

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu ufite ubunararibonye mu mwuga w’itangazamakuru, nyuma yo kugirana ikiganiro na Perezida Paul Kagame, avuga ko ari umugisha yagize muri uru rugendo rwe rw’itangazamakuru.

Ati “Njye maze imyaka irenze icumi igeze muri 11 cyangwa 12 nkora ibiganiro bitumira abantu, harimo n’abayobozi nka ba Minisitiri. Ndabimenyereye, igikuru ni ugutega amatwi.”

Uyu munyamakuru uvuga ko yari yisanzuye muri iki kiganiro, ndetse ko yanyuzagamo akamwereka ko yifuza kumubaza ikindi kibazo atarasoza ikindi kandi ko bisanzwe mu mwuga w’itangazamakuru, mu gihe hari ababifashe nko kumuca mu ijambo.

Ati “Ushobora kumva rwose ikibazo wabajije aho agejeje biraguhagije, ukaba wamwereka ko ushaka kubaza ikindi kuko muba murebana, ashobora kubibona rero akaguha uburenganzira bwo kubaza ikindi atiriwe asoza cyane cya kindi cya mbere.”

Avuga kandi ko ikiganiro bagiranye ari cyo cyabaye kirekire mu biganiro umukuru w’u Rwanda yagiranye n’ibindi bitangazamakuru byo mu Rwanda, kandi ko na we byamushimishije.

Ati “Birumvikana nk’Umukuru w’Igihugu akubwiye ati ‘ndi bwisanzure ndarambura uko nshaka, igihe ni icyanjye’. Icyo gihe na wo ni umugisha gutindana na we. Ntekereza ko ntawundi munyamakuru baraganira amasaha menshi nk’ayo yaduhaye njye na Aissa Cyiza.”

Avuga ko ikindi cyatumye yisanzura muri iki kiganiro, ari uburyo Perezida Paul Kagame yoroshya ubuzima. Ati “Reka mbanze mushimire, abantu batazi Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ni umuntu uri very cool, woroshya ubuzima, Aissa we yenze kurira, kuko uko yamutekerezaga ntabwo ari ko yamubonye.”

Muri iki kiganiro kandi Umunyamakuru Oswald yumvikanye yunganira Umukuru w’u Rwanda mu mvugo zimwe na zimwe, akavuga ko na byo abantu badakwiye kubifata ukundi.

Ati “Umunyamakuru inshingano ze, ni ugufasha abaturage kumenya amakuru kandi y’ukuri, umukuru w’Igihugu cyangwa umutumirwa iyo ari kuvuga hari igihe ururimi rushobora kunyerera, akibesha, wowe uba ugomba kuba uri maso kugira ngo uze kubigarura bitagenda mu buryo butari bwo.”

Muri iki kiganiro kandi, Umunyamakuru Oswald yagiye yumvikana mu mvugo zo gutebya nk’uko bisanzwe bimuranga mu biganiro akora, akavuga ko ari ko asanzwe kandi ko yanakomeje kubigaragaza imbere y’Umukuru w’Igihugu ndetse ko kubera uburyo yoroshya ubuzima, biri mu byatumye akomeza kwitwara muri uwo murongo utuma abakurikiye ikiganiro batarambirwa.

Perezida Kagame mu kiganiro na Radio 10
Oswald Mutuyeyezu

IKIGANIRO CYOSE NA OSWALD

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 3 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda wagarutsweho ubwo hagaragazwaga ‘abajura’ yahise agira icyo abivugaho

Next Post

Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw’umwe mu batoza ba APR rukiri urujijo

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw’umwe mu batoza ba APR rukiri urujijo

Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw'umwe mu batoza ba APR rukiri urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.