Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru Oswald yavuze akamuri ku mutima nyuma yo kuganira na Perezida Kagame kuri Radio

radiotv10by radiotv10
03/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyamakuru Oswald yavuze akamuri ku mutima nyuma yo kuganira na Perezida Kagame kuri Radio
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa RADIOTV10, avuga ko yishimiye kugirana ikiganiro na Perezida Paul Kagame, kandi ko na we amushimira, akavuga ko yamubonyeho impano ikomeye yo kuba yoroshya ubuzima.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, tariki 01 Mata 2024, Radio 10 yagiranye ikiganiro na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame cyagarutse ku rugendo rwo kubaka Igihugu mu myaka 30, ndetse n’amateka ye yo mu buto yamuteye we na bagenzi be, inyota yo gutangiza urugamba rwo kwibohora.

Iki kiganiro cyatambutse kuri Radio 10 n’ibindi bitangazamakuru birimo Royal FM, cyarimo abanyamakuru Oswald Mutuyeyezu usanzwe akorera RADIOTV10 ndetse na Aissa Cyiza wa Royal FM.

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu ufite ubunararibonye mu mwuga w’itangazamakuru, nyuma yo kugirana ikiganiro na Perezida Paul Kagame, avuga ko ari umugisha yagize muri uru rugendo rwe rw’itangazamakuru.

Ati “Njye maze imyaka irenze icumi igeze muri 11 cyangwa 12 nkora ibiganiro bitumira abantu, harimo n’abayobozi nka ba Minisitiri. Ndabimenyereye, igikuru ni ugutega amatwi.”

Uyu munyamakuru uvuga ko yari yisanzuye muri iki kiganiro, ndetse ko yanyuzagamo akamwereka ko yifuza kumubaza ikindi kibazo atarasoza ikindi kandi ko bisanzwe mu mwuga w’itangazamakuru, mu gihe hari ababifashe nko kumuca mu ijambo.

Ati “Ushobora kumva rwose ikibazo wabajije aho agejeje biraguhagije, ukaba wamwereka ko ushaka kubaza ikindi kuko muba murebana, ashobora kubibona rero akaguha uburenganzira bwo kubaza ikindi atiriwe asoza cyane cya kindi cya mbere.”

Avuga kandi ko ikiganiro bagiranye ari cyo cyabaye kirekire mu biganiro umukuru w’u Rwanda yagiranye n’ibindi bitangazamakuru byo mu Rwanda, kandi ko na we byamushimishije.

Ati “Birumvikana nk’Umukuru w’Igihugu akubwiye ati ‘ndi bwisanzure ndarambura uko nshaka, igihe ni icyanjye’. Icyo gihe na wo ni umugisha gutindana na we. Ntekereza ko ntawundi munyamakuru baraganira amasaha menshi nk’ayo yaduhaye njye na Aissa Cyiza.”

Avuga ko ikindi cyatumye yisanzura muri iki kiganiro, ari uburyo Perezida Paul Kagame yoroshya ubuzima. Ati “Reka mbanze mushimire, abantu batazi Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ni umuntu uri very cool, woroshya ubuzima, Aissa we yenze kurira, kuko uko yamutekerezaga ntabwo ari ko yamubonye.”

Muri iki kiganiro kandi Umunyamakuru Oswald yumvikanye yunganira Umukuru w’u Rwanda mu mvugo zimwe na zimwe, akavuga ko na byo abantu badakwiye kubifata ukundi.

Ati “Umunyamakuru inshingano ze, ni ugufasha abaturage kumenya amakuru kandi y’ukuri, umukuru w’Igihugu cyangwa umutumirwa iyo ari kuvuga hari igihe ururimi rushobora kunyerera, akibesha, wowe uba ugomba kuba uri maso kugira ngo uze kubigarura bitagenda mu buryo butari bwo.”

Muri iki kiganiro kandi, Umunyamakuru Oswald yagiye yumvikana mu mvugo zo gutebya nk’uko bisanzwe bimuranga mu biganiro akora, akavuga ko ari ko asanzwe kandi ko yanakomeje kubigaragaza imbere y’Umukuru w’Igihugu ndetse ko kubera uburyo yoroshya ubuzima, biri mu byatumye akomeza kwitwara muri uwo murongo utuma abakurikiye ikiganiro batarambirwa.

Perezida Kagame mu kiganiro na Radio 10
Oswald Mutuyeyezu

IKIGANIRO CYOSE NA OSWALD

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + fourteen =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda wagarutsweho ubwo hagaragazwaga ‘abajura’ yahise agira icyo abivugaho

Next Post

Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw’umwe mu batoza ba APR rukiri urujijo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw’umwe mu batoza ba APR rukiri urujijo

Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw'umwe mu batoza ba APR rukiri urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.