Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira w’amaguru mu Rwanda.

Uyu munyamakuru wanakoreye RADIOTV10, ubu yamaze kwinjira mu byo gukirikirana igura n’igurisha ry’abakinnyi, abazwi nk’aba-Agent bafasha abakinnyi n’amakipe mu igura n’igurishwa.

Abakinnyi 11 beza Antha:

Umunyezamu (GK): Mohamudu Mose uzwi nka Bebe Matunguru. Yanyuze mu makipe atandukanye nka Mityana FC, Express FC, Victors FC, SC Villa (Uganda), APR FC, AS Kigali na Kiyovu Sports. Ni umwe mu bafashije Amavubi kubona itike y’Igikombe cya Afurika cya 2004, ari na cyo rukumbi u Rwanda rwitabiriye.

Myugariro w’inyuma iburyo (RB): Saidi Ndabaniwe ukomoka mu Burundi, wakiniye Espoir FC, Prince Louis FC na Rayon Sports. Yigeze no guhamagarwa muri Rwanda FC.

Myugariro w’inyuma ibumoso (LB): Nyakwigendera Hamad Ndikumana uzwi nka Katauti. Yakiniye Rayon Sports, KV Turnhout, RSC Anderlecht, KV Mechelen, KAA Gent ndetse n’Amavubi.

Ba myugariro bo hagati (CB):

Karisa Claude: wakiniye Rayon Sports, Yanbian Aodong (China), K. Sint-Truidense V.V (Belgium), akanagira uruhare mu gufasha Amavubi kujya muri CAN 2004.

Didier Bizimana (Umurundi) wakiniye APR FC na Sportvereniging.

Umukinnyi ukina hagati yugarira (DM): Nyakwigendera Jeannot Witakenge (Umunyekongo). Afatwa nk’umwe mu bakinnyi b’ibihe byose ba Rayon Sports, yanakiniye APR FC, St Eloi Lupopo (DR Congo) na Inter Stars (Burundi).

Umukinnyi wo hagati (CM): Karissa Kase (Umunye-Congo) wakiniye Rayon Sports na Kiyovu Sports.

Umukinnyi wo hagati usatira (AM): Olivier Karekezi uzwi nka Dangerman. Yakiniye APR FC, Helsingborgs IF, Hamarkameratene, Östers IF, CA Bizertin, Trelleborgs FF na Råå IF. Ni we ufite ibitego byinshi mu mateka y’ikipe y’igihugu Amavubi ndetse yanagize uruhare rukomeye mu rugendo rwo kugera muri CAN 2004.

Rutahizamu (CF): Jimmy Gatete, wamamaye cyane kubera igitego cyahesheje u Rwanda itike ya CAN 2004. Yakiniye Mukura VS, APR FC, Maritzburg United (South Africa), Rayon Sports, Police FC (Kenya) na St. George (Ethiopia).

Umukinnyi usatira aca ibumoso (LW): Tambwe Diouf wakiniye Marine FC, SC Kiyovu na Besiktas. Ni we mukinnyi wa mbere ukomoka mu Rwanda wakinnye mu cyiciro cya mbere i Burayi.

Usatira iburyo (RW): Jeremie Dusenge, wamenyekanye cyane muri Rayon Sports kandi akagira uruhare rukomeye mu gutwara CECAFA Kagame Cup Rayon sport yakuye hanze.

Umutoza w’ibihe byose

Antha abona Raoul Shungu (Umunyekongo) ari we mutoza w’ibihe byose mu batoje mu Rwanda. Uyu yanatoje Seychelles, Rayon Sports, Amavubi ndetse na St. Eloi Lupopo.

Rutahizamu Jimmy Gatete
Olivier Karekezi
Na nyakwigendera Katauti

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Next Post

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.