Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Umunyamakuru w’inararibonye agaragaje igereranya hagati ya Basketball na Football Nyarwanda rikwiye gutanga isomo

radiotv10by radiotv10
02/04/2024
in BASKETBALL, FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru w’inararibonye agaragaje igereranya hagati ya Basketball na Football Nyarwanda rikwiye gutanga isomo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino wa Basketball ukomeje kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda nyamara mu myaka micye ishize atari ko byahoze, Umunyamakuru Kazungu Claver avuga ko ibyakozwe muri uyu mukino, byanakorwa muri ruhago bigatanga umusaruro.

Ibikubiye muri iyi nyandiko ni ibitekerezo bya Kazungu Claver, umunyamakuru wa siporo umaze igihe kinini mu mwuga:

Nta muntu utarimo kubona ko mu mikino y’amaboko harimo impinduka zigaragara kubera abakinnyi bazanye bafite ubushobozi bakora itandukaniro.

Urugero rworoshye ni ikipe ya Patriots BBC itamaze imyaka myinshi, ariko yigaruriye imitima y’Abafana benshi kubera gukora ikosora mu kugura abakinnyi beza b’indobanure.

Baherutse kuzana umukinnyi ukomoka muri Serbia muremure urengeje Metero 2, wiyongera ku bandi na bo bakomeye.

Mu guca impaka zari zihari nyinshi zo kuvuga ko ubu nta kipe mu Rwanda yashobora APR BBC, kubera ukuntu yiyubatse yitegura imikino BAL, ikipe y’abafana benshi ubu mu Rwanda Patriots, ntiyatengushye abafana bayo aho yatsinze APR BBC kandi iyirusha.

Si izo gusa kuko na REG BBC na yo ihora ikomeye ntibura abakinnyi bakomeye ikura hanze.

Muri macye birashyushye mu mikino ya Basketball ndetse no muri Volleyball amakipe yariyubatse cyane azana abakinnyi bakomeye bavuye mu Bihugu byo hanze.

Ni uko bikwiye gukorwa muri Football yacu mu Rwanda, kugira ngo dushobore kubona abakinnyi bakomeye baza mu Gihugu.

Urugero muri Tanzania nyuma yo kuzamura cyane umubare w’abanyamahanga bakomeye 12 kandi bemerewe gukoreshwa bose muri buri kipe, byatanze umusaruro cyane, kuko mu karere kose ka CECAFA, ni Tanzania gusa yagiye muri CAN.

Uyu mwaka ni Tanzania gusa yagize amakipe abiri mu munani 8 yageze muri 1/4 cya CAF Champions League.

Nubwo mu Rwanda dukoresha abanyamahanga 6 gusa kuri buri mukino ntabwo twatsinda ikipe ya CHAN ya Tanzania bo bakoresha abanyamahanga 12 kuri buri mukino kuko umwenegihugu aba ahanganye n’umunyamahanga kuri buri mwanya.

Urugero Ikipe ya CHAN ya Tanzania 11 bashobora kubanzamo ni:

  1. Aishi Manula  Simba SC
  2. Shomari Kapombe Simba SC
  3. Mohamed Hussein Simba SC
  4. Ibrahim Hamad Bacca Yanga SC
  5. Bakari Nondo Mwanyeto Yanga SC
  6. Muzamiri Yassin Simba SC
  7. Abdul Seleman Sopu Azam FC
  8. Mudathiri Yahya Abbas Yanga SC
  9. Clement Mzize Yanga SC
  10. Feisal Salum Feitoto Azam FC
  11. Kibu Dennis Simba SC.

 

No mu Rwanda dukeneye gukoresha Abakinnyi b’Abanyamahanga 12 bose icyarimwe kuri buri mukino kugira ngo abakinnyi bacu bagisinziriye bakanguke.

Ikindi mu gice cya kabiri cya Shampiyona ya Tanzania umukinnyi utatanze umusaruro bamukuramo bakamusimbuza undi, abantu barabyibuka ko Yanga yarekuye Issa Bigirimana igice cya mbere cya Shampiyona ya Tanzania kigisozwa.

Mu Rwanda wagira ngo turacyari mu mategeko ya 1995, kuko n’umukinnyi ikipe yagurishije ntiyemererwa kumusimbuza.

 

Ni ngewe gusa ubona ko hakwiriye impinduka muri ruhago yacu?

Claver KAZUNGU
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 7 =

Previous Post

Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Next Post

Nyuma y’ubwegure bwa Perezida wa Njyanama ya Rusizi undi muyobozi muri aka Karere yeguye

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’ubwegure bwa Perezida wa Njyanama ya Rusizi undi muyobozi muri aka Karere yeguye

Nyuma y’ubwegure bwa Perezida wa Njyanama ya Rusizi undi muyobozi muri aka Karere yeguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.