Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Umunyamakuru w’inararibonye agaragaje igereranya hagati ya Basketball na Football Nyarwanda rikwiye gutanga isomo

radiotv10by radiotv10
02/04/2024
in BASKETBALL, FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru w’inararibonye agaragaje igereranya hagati ya Basketball na Football Nyarwanda rikwiye gutanga isomo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino wa Basketball ukomeje kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda nyamara mu myaka micye ishize atari ko byahoze, Umunyamakuru Kazungu Claver avuga ko ibyakozwe muri uyu mukino, byanakorwa muri ruhago bigatanga umusaruro.

Ibikubiye muri iyi nyandiko ni ibitekerezo bya Kazungu Claver, umunyamakuru wa siporo umaze igihe kinini mu mwuga:

Nta muntu utarimo kubona ko mu mikino y’amaboko harimo impinduka zigaragara kubera abakinnyi bazanye bafite ubushobozi bakora itandukaniro.

Urugero rworoshye ni ikipe ya Patriots BBC itamaze imyaka myinshi, ariko yigaruriye imitima y’Abafana benshi kubera gukora ikosora mu kugura abakinnyi beza b’indobanure.

Baherutse kuzana umukinnyi ukomoka muri Serbia muremure urengeje Metero 2, wiyongera ku bandi na bo bakomeye.

Mu guca impaka zari zihari nyinshi zo kuvuga ko ubu nta kipe mu Rwanda yashobora APR BBC, kubera ukuntu yiyubatse yitegura imikino BAL, ikipe y’abafana benshi ubu mu Rwanda Patriots, ntiyatengushye abafana bayo aho yatsinze APR BBC kandi iyirusha.

Si izo gusa kuko na REG BBC na yo ihora ikomeye ntibura abakinnyi bakomeye ikura hanze.

Muri macye birashyushye mu mikino ya Basketball ndetse no muri Volleyball amakipe yariyubatse cyane azana abakinnyi bakomeye bavuye mu Bihugu byo hanze.

Ni uko bikwiye gukorwa muri Football yacu mu Rwanda, kugira ngo dushobore kubona abakinnyi bakomeye baza mu Gihugu.

Urugero muri Tanzania nyuma yo kuzamura cyane umubare w’abanyamahanga bakomeye 12 kandi bemerewe gukoreshwa bose muri buri kipe, byatanze umusaruro cyane, kuko mu karere kose ka CECAFA, ni Tanzania gusa yagiye muri CAN.

Uyu mwaka ni Tanzania gusa yagize amakipe abiri mu munani 8 yageze muri 1/4 cya CAF Champions League.

Nubwo mu Rwanda dukoresha abanyamahanga 6 gusa kuri buri mukino ntabwo twatsinda ikipe ya CHAN ya Tanzania bo bakoresha abanyamahanga 12 kuri buri mukino kuko umwenegihugu aba ahanganye n’umunyamahanga kuri buri mwanya.

Urugero Ikipe ya CHAN ya Tanzania 11 bashobora kubanzamo ni:

  1. Aishi Manula  Simba SC
  2. Shomari Kapombe Simba SC
  3. Mohamed Hussein Simba SC
  4. Ibrahim Hamad Bacca Yanga SC
  5. Bakari Nondo Mwanyeto Yanga SC
  6. Muzamiri Yassin Simba SC
  7. Abdul Seleman Sopu Azam FC
  8. Mudathiri Yahya Abbas Yanga SC
  9. Clement Mzize Yanga SC
  10. Feisal Salum Feitoto Azam FC
  11. Kibu Dennis Simba SC.

 

No mu Rwanda dukeneye gukoresha Abakinnyi b’Abanyamahanga 12 bose icyarimwe kuri buri mukino kugira ngo abakinnyi bacu bagisinziriye bakanguke.

Ikindi mu gice cya kabiri cya Shampiyona ya Tanzania umukinnyi utatanze umusaruro bamukuramo bakamusimbuza undi, abantu barabyibuka ko Yanga yarekuye Issa Bigirimana igice cya mbere cya Shampiyona ya Tanzania kigisozwa.

Mu Rwanda wagira ngo turacyari mu mategeko ya 1995, kuko n’umukinnyi ikipe yagurishije ntiyemererwa kumusimbuza.

 

Ni ngewe gusa ubona ko hakwiriye impinduka muri ruhago yacu?

Claver KAZUNGU
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Next Post

Nyuma y’ubwegure bwa Perezida wa Njyanama ya Rusizi undi muyobozi muri aka Karere yeguye

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini
MU RWANDA

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

26/01/2026
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’ubwegure bwa Perezida wa Njyanama ya Rusizi undi muyobozi muri aka Karere yeguye

Nyuma y’ubwegure bwa Perezida wa Njyanama ya Rusizi undi muyobozi muri aka Karere yeguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.