Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yavuze aho Etaje ari kubaka igeze n’aho yakuye amafaranga

radiotv10by radiotv10
19/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yavuze aho Etaje ari kubaka igeze n’aho yakuye amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Uwamwezi Daphine wamenyekanye nka Bianca Baby, uri mu bafite amazina azwi mu biganiro by’imyidagaduro mu Rwanda, aravuga ko inzu ye igeretse ari kubaka, iri hafi kurangira, ndetse ko kuyitaha ari vuba cyane.

Uyu munyamakuru wamamaye ku bitangazamakuru binyuranye mu Rwanda birimo Flash Radio&TV, ndetse na Isibo TV yari aherutse kuvaho avuga ko agiye mu karuhuko, yagarutse mu itangazamakuru aho agiye kujya akorera Radio nshya ya Isibo Radio.

Mu minsi ishize, uyu munyamakuru yahishuye ko ari kubaka inzu igeretse, ubu akaba avuga ko imirimo yo kuyubaka igeze kure ku buryo kuyitaha ari vuba cyane.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, Bianca yagize ati “Aho bigeze harashimishije, bimeze neza, tuzayitaha vuba cyane.”

Bianca yavuze ko amafaranga yo kubaka iyi nzu, yavuye mu maboko ye ndetse. Ati “None se igihe umuntu aba yarahereye akora, mba narakoreye idiho?”

Yaboneyeho guha ubutumwa abumva iterambere nk’iri ryagezweho n’abakobwa, bagahita bavuga ko babifashijwemo n’abagabo, avuga ko imyumvire nk’iyi ikwiye gucika.

Ati “Kuki abantu bumva ko uko umugabo ashobora gukora atari ko umudamu yakora? Twese turakora. Niba nshobora gufata igikorwa nkagishoramo hafi miliyoni makumyabiri, iri bukugarukire 1/2 cyayo cyangwa bikajya no hejuru, kubera iki udashobora kubihereza agaciro? Umuntu aba yakoze, aba yavunitse. Ayo yose ni amafaranga umuntu aba yakoreye.”

Bianca avuga ko amafaranga ari kubakisha inzu ye, yayavunikiye mu bikorwa byose yakoze, birimo ibitaramo by’imideri yagiye ategura, ibitangazamakuru yakoreye, ndetse n’ishoramari ry’imyambaro yashinze.

Bianca aravuga ko inzu ye iri hafi kuzura

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − four =

Previous Post

Nyuma y’uko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda bakoze igisa n’imyigaragambyo na bashiki babo babayobotse

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka mu mushinga w’itegeko ry’umuryango ryikije kuri gatanya n’ibyazamuye impaka

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo
MU RWANDA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka mu mushinga w'itegeko ry’umuryango ryikije kuri gatanya n’ibyazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.