Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Pierre Celestin Rwigema wabaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda ubu akaba aruhagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) ndetse na Brig Gen (Rtd) Dr John Gacinya, bari mu bagiye gusoza amasomo muri Mount Kenya University.

Dr Rwigema we na mugenzi we Brig Gen (Rtd) John Gacinya, bari ku rutonde rw’abagomba kuzahabwa impamyabumenyi muri Mount Kenya University mu birori biteganyijwe kuba muri iki Cyumweru tariki 29 Nyakanga 2022.

Uyu Munyapolitiki avuga ko yaba we na Brig Gen (Rtd) Gacinya bari gusoza mu cyiciro kisumbuye ku cy’ikirenga [PhD] mu bijyanye n’uburezi bakazahabwa impamyabumenyi ya Post Graduate Diploma in Education.

Avuga ko ko n’ubusanzwe we na Gacinya bari basanzwe bafite PhD, ati “Iriya ni Diplome ituma ugira ubushobozi bwo kuba umwarimu. Irakomeye cyane. Kuko urumva kuba uri PhD Holder nubundi wakwigisha ariko uba ufite ubumenyi n’ubuhanga [Methodology] bwo kuba umwarimu.”

Dr Rwigema uvuga ko n’ubusanzwe yigisha mu mashuri makuru na za Kaminuza nka Jomo Kenyatta University na ULK, avuga ko muri 2019 yari yarangije mu cyiciro cy’ikirenga cya Kaminuza [PhD] ubu akaba agiye guhabwa impamyabumenyi yisumbuye kuri iyi yo mu cyiciro cy’ikirenga mu kwigisha.

Avuga ko uretse kuba asanzwe anigisha ariko iyi mpamyabuenyi agiye guhabwa, izamuha ubwisanzure burunduye bwo gukomeza kwigisha muri Kaminuza ku buryo mu gihe azaba arangije manda ze muri EALA azakomeza uyu mwuga w’ubwarimu.

Avuga ko kuba akomeje kwiga ntagitangaza kirimo kuko “Ntibigira icyiciro cy’imyaka ntarengwa, igihe cyose wakwiga.”

Avuga ko nk’umuntu wabaye muri Politiki y’u Rwanda n’iy’uburezi, yifuza ko mu myaka iri imbere, uburezi bwo mu Rwanda bwaba ari intangarugero nkuko rusanzwe rutanga urugero mu zindi nzego.

Ati “Hakabamo abantu b’abahanga mu domaine [cyiciro] zitandukanye cyane cyane izijyanye n’ibyo twifuza kugera mu Rwanda.”

Dr Rwigema muri 2019 yari yarangije PhD
Brig Gen Gacinya na we agiye gusoza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 9 =

Previous Post

Goma: Meya yahagaritse igitaraganya imyigaragambyo y’urubyiruko ariko rubirengaho rwirara mu mihanda

Next Post

Ibyishimo bikomeje gusendera mu muryango w’Umunyamakuru Taifa uherutse kwerecyeza muri USA

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyishimo bikomeje gusendera mu muryango w’Umunyamakuru Taifa uherutse kwerecyeza muri USA

Ibyishimo bikomeje gusendera mu muryango w’Umunyamakuru Taifa uherutse kwerecyeza muri USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.