Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Pierre Celestin Rwigema wabaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda ubu akaba aruhagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) ndetse na Brig Gen (Rtd) Dr John Gacinya, bari mu bagiye gusoza amasomo muri Mount Kenya University.

Dr Rwigema we na mugenzi we Brig Gen (Rtd) John Gacinya, bari ku rutonde rw’abagomba kuzahabwa impamyabumenyi muri Mount Kenya University mu birori biteganyijwe kuba muri iki Cyumweru tariki 29 Nyakanga 2022.

Uyu Munyapolitiki avuga ko yaba we na Brig Gen (Rtd) Gacinya bari gusoza mu cyiciro kisumbuye ku cy’ikirenga [PhD] mu bijyanye n’uburezi bakazahabwa impamyabumenyi ya Post Graduate Diploma in Education.

Avuga ko ko n’ubusanzwe we na Gacinya bari basanzwe bafite PhD, ati “Iriya ni Diplome ituma ugira ubushobozi bwo kuba umwarimu. Irakomeye cyane. Kuko urumva kuba uri PhD Holder nubundi wakwigisha ariko uba ufite ubumenyi n’ubuhanga [Methodology] bwo kuba umwarimu.”

Dr Rwigema uvuga ko n’ubusanzwe yigisha mu mashuri makuru na za Kaminuza nka Jomo Kenyatta University na ULK, avuga ko muri 2019 yari yarangije mu cyiciro cy’ikirenga cya Kaminuza [PhD] ubu akaba agiye guhabwa impamyabumenyi yisumbuye kuri iyi yo mu cyiciro cy’ikirenga mu kwigisha.

Avuga ko uretse kuba asanzwe anigisha ariko iyi mpamyabuenyi agiye guhabwa, izamuha ubwisanzure burunduye bwo gukomeza kwigisha muri Kaminuza ku buryo mu gihe azaba arangije manda ze muri EALA azakomeza uyu mwuga w’ubwarimu.

Avuga ko kuba akomeje kwiga ntagitangaza kirimo kuko “Ntibigira icyiciro cy’imyaka ntarengwa, igihe cyose wakwiga.”

Avuga ko nk’umuntu wabaye muri Politiki y’u Rwanda n’iy’uburezi, yifuza ko mu myaka iri imbere, uburezi bwo mu Rwanda bwaba ari intangarugero nkuko rusanzwe rutanga urugero mu zindi nzego.

Ati “Hakabamo abantu b’abahanga mu domaine [cyiciro] zitandukanye cyane cyane izijyanye n’ibyo twifuza kugera mu Rwanda.”

Dr Rwigema muri 2019 yari yarangije PhD
Brig Gen Gacinya na we agiye gusoza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Goma: Meya yahagaritse igitaraganya imyigaragambyo y’urubyiruko ariko rubirengaho rwirara mu mihanda

Next Post

Ibyishimo bikomeje gusendera mu muryango w’Umunyamakuru Taifa uherutse kwerecyeza muri USA

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyishimo bikomeje gusendera mu muryango w’Umunyamakuru Taifa uherutse kwerecyeza muri USA

Ibyishimo bikomeje gusendera mu muryango w’Umunyamakuru Taifa uherutse kwerecyeza muri USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.