Sunday, July 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania araregwa ibyaha biremereye

radiotv10by radiotv10
11/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania araregwa ibyaha biremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Tundu Lissu uyobora ishyaka CHADEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania, araregwa gushishikariza abaturage kwigomeka kuri gahunda za Leta byumwihariko z’amatora.

Tundu Lissu yagejejwe imbere y’Urukiko kumenyeshwa ibyaha aregwa bifitanye isano n’ubukangurambaga yatangije bugamije gusaba ko Itegeko Nshinga rya Tanzania rihindurwa byumwihariko ku bijyanye n’amatora.

Ni mu gihe mu kwezi k’Ukwakira uyu mwaka wa 2025 hateganyijwe amatora y’Umukuru w’Igihugu, ndetse bikaba bivugwa ko uyu Munyapolitiki Tundu Lissu azahatana na Madamu Samia Suluhu Hassan uri ku butegetsi wo mu ishyaka rimaze igihe ku buetegetsi muri iki Gihugu cya Tanzania.

Tundu Lissu anenga uburyo amatora akorwa, agasaba ko habamo amavugurura, aho ubusabe bwe abunyuza mu bukangurambaga bwiswe ngo ‘Nta mavugurura, Nta matora’.

Muri ubu bukangurambaga bwe asaba abaturage kutazitabira amatora mu gihe hataba hakozwe amavugurura, ariko ku ruhande rwa Leta rukabifata nk’icyaha cyo kugumura rubanda.

Tundu Lissu asaba kandi ko hakorwa impinduka mu bijyanye n’akanama gashinzwe amatora muri Tanzania, kugira ngo yizere ko amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu buryo bunyuze mu mucyo.

Si rimwe cyangwa kabiri uyu munyapolitiki atawe muri yombi, kuko yagiye afungwa inshuro zinyuranye, akaba azwi kandi guhatana n’ubutegetsi bw’Ishyaka rimaze igihe ku butegetsi muri Tanzania rya CCM (Chama Cha Mapinduzi).

Mu mwaka wa 2017, ku butegetsi bwa nyakwigendera John Pombe Magufuli, Tundu Lissu bwo yasimbutse urupfu ubwo yaraswaga amasasu menshi ariko Imana igakinga akaboko, aho we yemeje ko ari igikorwa cyari cyateguwe n’ubutegetsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − four =

Previous Post

Uko byagenze ngo umuturage ashake gutemesha umuhoro Umuyobozi muri Rutsiro

Next Post

Umukobwa ukekwaho kwicana ubugome uruhinja yari amaze kubyara hasobanuwe uko yabigenje

Related Posts

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

by radiotv10
11/07/2025
0

Abacamanza babarirwa hejuru y’ijana bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigabije imihanda bajya kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri ishinzwe Imari...

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umukobwa ukekwaho kwicana ubugome uruhinja yari amaze kubyara hasobanuwe uko yabigenje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.