Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki w’i Burayi nyuma yo gutembera Goma igenzurwa na M23 yavuze ibyamutunguye bikanamunyura

radiotv10by radiotv10
15/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki w’i Burayi nyuma yo gutembera Goma igenzurwa na M23 yavuze ibyamutunguye bikanamunyura
Share on FacebookShare on Twitter

Peter Fahrenholtz wabaye muri Dipolomasi y’Igihugu cy’u Budage akaba yaranagihagarariye mu Bihugu birimo n’u Rwanda, yavuze ko nyuma yo gutembera mu bice byinshi byo mu Mujyi wa Goma, yabonye hatemba amahoro n’ituze.

Uyu muhanga mu mibanire mpuzamahanga uri mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, yari yanagaragaje ko yahuye na Guverineri w’iyi Ntara, Manzi Willy wamusobanuriye impamvu muzi umutwe wa M23 urwanira, ko ari uguhagarika ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi n’akarengane bakunze gukorerwa.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Kabiri, Peter Fahrenholtz yavuze ko nyuma yo gutembera ibice hafi ya byose mu Mujyi wa Goma, nta kibazo kibangamiye abaturage yahabonye.

Yagize ati “Nagendagenze mu bice hafi ya byose by’uyu Mujyi, ariko nta kimenyetso na kimwe cy’ibyugarije abaturage nahabonye. Imihanda yuzuye urujya n’uruza rw’abantu benshi, kandi urababonana akanyamuneza banatekanye.”

Uyu munyapolitiki asuye uyu Mujyi wa Goma habura ibyumweru bibiri ngo wuzuze amezi atatu ufashwe n’Ihuriro AFC/M23 ryawufashe mu mpera za Mutarama uyu mwaka wa 2025, rikanashyiraho ubuyobozi bwaryo bw’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Yavuze ko yasanze ibikorwa binyuranye muri uyu Mujyi biri gukora neza. Ati “Amaduka yuzuye ibiribwa, n’ibindi bicuruzwa bitumizwa mu mahanga. Kaminuza yarongeye ifungura imiryango, amashanyarazi n’amazi biragera mu bice byose amasaha 24 kuri 24.”

Akomeza avuga kandi n’imihanda yo muri uyu mujyi icanirwa amatara ijoro ryose. Ati “Nta myanda wabona ku mihanda. Abapolisi barakora akazi kabo neza, ibyaha na ruswa biragarara ko byaranduwe.”

Yavuze kandi ko yageze no ku mupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda uhuza Umujyi wa Goma na Gisenyi, agasanga urakora neza nta nkomyi, kuko usigaye ufunga saa yine z’ijoro atari ko byahoze.

Ati “Niboneye abagore bambuka binjira muri Goma saa tatu z’ijoro. Nabonye amakamyo 11 ya WFP (Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa) ndetse n’iz’Imiryango Itari iya Leta yambuka uwo mupaka nta nkomyi.”

Umujyi wa Goma, ni kamwe mu bice bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kari karazahajwe na ruswa ndetse n’ibindi bikorwa bibangamira abaturage bibateza umutekano mucye, mu gihe uyu munyapolitiki, yavuze ko uko bigaragara kuva kayoborwa na AFC/M23 gatangiye kwinjira mu bice bigendera ku mategeko.

Yavuze ko nyuma yo gutembera uyu Mujyi wa Goma yabonye ibintu bimeze neza
Ibikorwa by’ubucuruzi birakora nta nkomyi
Urujya n’uruza rw’abantu ni rwose
Yavuze ko yageze no ku mupaka akabona ibintu byifashe neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku nyandiko yazamuye impaka y’Ikigo cy’Imisoro ku bijyanye n’imihango y’ubukwe

Next Post

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.