Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki w’i Burayi nyuma yo gutembera Goma igenzurwa na M23 yavuze ibyamutunguye bikanamunyura

radiotv10by radiotv10
15/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki w’i Burayi nyuma yo gutembera Goma igenzurwa na M23 yavuze ibyamutunguye bikanamunyura
Share on FacebookShare on Twitter

Peter Fahrenholtz wabaye muri Dipolomasi y’Igihugu cy’u Budage akaba yaranagihagarariye mu Bihugu birimo n’u Rwanda, yavuze ko nyuma yo gutembera mu bice byinshi byo mu Mujyi wa Goma, yabonye hatemba amahoro n’ituze.

Uyu muhanga mu mibanire mpuzamahanga uri mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, yari yanagaragaje ko yahuye na Guverineri w’iyi Ntara, Manzi Willy wamusobanuriye impamvu muzi umutwe wa M23 urwanira, ko ari uguhagarika ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi n’akarengane bakunze gukorerwa.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Kabiri, Peter Fahrenholtz yavuze ko nyuma yo gutembera ibice hafi ya byose mu Mujyi wa Goma, nta kibazo kibangamiye abaturage yahabonye.

Yagize ati “Nagendagenze mu bice hafi ya byose by’uyu Mujyi, ariko nta kimenyetso na kimwe cy’ibyugarije abaturage nahabonye. Imihanda yuzuye urujya n’uruza rw’abantu benshi, kandi urababonana akanyamuneza banatekanye.”

Uyu munyapolitiki asuye uyu Mujyi wa Goma habura ibyumweru bibiri ngo wuzuze amezi atatu ufashwe n’Ihuriro AFC/M23 ryawufashe mu mpera za Mutarama uyu mwaka wa 2025, rikanashyiraho ubuyobozi bwaryo bw’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Yavuze ko yasanze ibikorwa binyuranye muri uyu Mujyi biri gukora neza. Ati “Amaduka yuzuye ibiribwa, n’ibindi bicuruzwa bitumizwa mu mahanga. Kaminuza yarongeye ifungura imiryango, amashanyarazi n’amazi biragera mu bice byose amasaha 24 kuri 24.”

Akomeza avuga kandi n’imihanda yo muri uyu mujyi icanirwa amatara ijoro ryose. Ati “Nta myanda wabona ku mihanda. Abapolisi barakora akazi kabo neza, ibyaha na ruswa biragarara ko byaranduwe.”

Yavuze kandi ko yageze no ku mupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda uhuza Umujyi wa Goma na Gisenyi, agasanga urakora neza nta nkomyi, kuko usigaye ufunga saa yine z’ijoro atari ko byahoze.

Ati “Niboneye abagore bambuka binjira muri Goma saa tatu z’ijoro. Nabonye amakamyo 11 ya WFP (Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa) ndetse n’iz’Imiryango Itari iya Leta yambuka uwo mupaka nta nkomyi.”

Umujyi wa Goma, ni kamwe mu bice bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kari karazahajwe na ruswa ndetse n’ibindi bikorwa bibangamira abaturage bibateza umutekano mucye, mu gihe uyu munyapolitiki, yavuze ko uko bigaragara kuva kayoborwa na AFC/M23 gatangiye kwinjira mu bice bigendera ku mategeko.

Yavuze ko nyuma yo gutembera uyu Mujyi wa Goma yabonye ibintu bimeze neza
Ibikorwa by’ubucuruzi birakora nta nkomyi
Urujya n’uruza rw’abantu ni rwose
Yavuze ko yageze no ku mupaka akabona ibintu byifashe neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku nyandiko yazamuye impaka y’Ikigo cy’Imisoro ku bijyanye n’imihango y’ubukwe

Next Post

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Related Posts

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.