Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki w’i Burayi nyuma yo gutembera Goma igenzurwa na M23 yavuze ibyamutunguye bikanamunyura

radiotv10by radiotv10
15/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki w’i Burayi nyuma yo gutembera Goma igenzurwa na M23 yavuze ibyamutunguye bikanamunyura
Share on FacebookShare on Twitter

Peter Fahrenholtz wabaye muri Dipolomasi y’Igihugu cy’u Budage akaba yaranagihagarariye mu Bihugu birimo n’u Rwanda, yavuze ko nyuma yo gutembera mu bice byinshi byo mu Mujyi wa Goma, yabonye hatemba amahoro n’ituze.

Uyu muhanga mu mibanire mpuzamahanga uri mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, yari yanagaragaje ko yahuye na Guverineri w’iyi Ntara, Manzi Willy wamusobanuriye impamvu muzi umutwe wa M23 urwanira, ko ari uguhagarika ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi n’akarengane bakunze gukorerwa.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Kabiri, Peter Fahrenholtz yavuze ko nyuma yo gutembera ibice hafi ya byose mu Mujyi wa Goma, nta kibazo kibangamiye abaturage yahabonye.

Yagize ati “Nagendagenze mu bice hafi ya byose by’uyu Mujyi, ariko nta kimenyetso na kimwe cy’ibyugarije abaturage nahabonye. Imihanda yuzuye urujya n’uruza rw’abantu benshi, kandi urababonana akanyamuneza banatekanye.”

Uyu munyapolitiki asuye uyu Mujyi wa Goma habura ibyumweru bibiri ngo wuzuze amezi atatu ufashwe n’Ihuriro AFC/M23 ryawufashe mu mpera za Mutarama uyu mwaka wa 2025, rikanashyiraho ubuyobozi bwaryo bw’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Yavuze ko yasanze ibikorwa binyuranye muri uyu Mujyi biri gukora neza. Ati “Amaduka yuzuye ibiribwa, n’ibindi bicuruzwa bitumizwa mu mahanga. Kaminuza yarongeye ifungura imiryango, amashanyarazi n’amazi biragera mu bice byose amasaha 24 kuri 24.”

Akomeza avuga kandi n’imihanda yo muri uyu mujyi icanirwa amatara ijoro ryose. Ati “Nta myanda wabona ku mihanda. Abapolisi barakora akazi kabo neza, ibyaha na ruswa biragarara ko byaranduwe.”

Yavuze kandi ko yageze no ku mupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda uhuza Umujyi wa Goma na Gisenyi, agasanga urakora neza nta nkomyi, kuko usigaye ufunga saa yine z’ijoro atari ko byahoze.

Ati “Niboneye abagore bambuka binjira muri Goma saa tatu z’ijoro. Nabonye amakamyo 11 ya WFP (Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa) ndetse n’iz’Imiryango Itari iya Leta yambuka uwo mupaka nta nkomyi.”

Umujyi wa Goma, ni kamwe mu bice bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kari karazahajwe na ruswa ndetse n’ibindi bikorwa bibangamira abaturage bibateza umutekano mucye, mu gihe uyu munyapolitiki, yavuze ko uko bigaragara kuva kayoborwa na AFC/M23 gatangiye kwinjira mu bice bigendera ku mategeko.

Yavuze ko nyuma yo gutembera uyu Mujyi wa Goma yabonye ibintu bimeze neza
Ibikorwa by’ubucuruzi birakora nta nkomyi
Urujya n’uruza rw’abantu ni rwose
Yavuze ko yageze no ku mupaka akabona ibintu byifashe neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − one =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku nyandiko yazamuye impaka y’Ikigo cy’Imisoro ku bijyanye n’imihango y’ubukwe

Next Post

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Related Posts

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

IZIHERUKA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.