Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyarwanda uba muri Uganda yatawe muri yombi akekwaho ibyumvikanamo amahano

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in AMAHANGA
0
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda uba muri Uganda mu gace ka Kamwezi mu Karere ka Rukiga aho akorera akazi k’ubushumba, yatawe muri yombi na Polisi yo muri iki Gihugu, akekwaho gusambanyiriza umwana we yibyariye w’imyaka itandatu, mu rwuri rw’amatungo.

Uyu mugabo witwa Fosta Twizemana asanzwe ari umushumba w’amatungo aho akorera aka kazi mu gace ka Kayebe muri Kigara mu Karere ka Rukiga.

Umuvugizi wa Polisi mu gace ka Kigezi, Elly Maate yabwiye abanyamakuru ko icyaha gikekwa kuri uyu mugabo, cyakozwe mu cyumweru gishize tariki 26 Nyakanga 2024, aho yagikoreye mu rwuri aho akorera akazi ko kwita ku matungo.

Fosta Twizemana ashinjwa kuba yari yagiye mu rwuri ari kumwe n’umugore we Veneranda Baresirente ndetse n’abana babo babiri, barimo uw’imyaka ibiri n’uw’imyaka itandatu.

Polisi ivuga ko uyu mugabo yabanje gusaba umwana w’imyaka ibiri kubabisa, akamusigana n’uw’imyaka itandatu, ubundi akamusambanya, nyuma akaza kumwoherereza nyina, ariko ageze kuri nyina akabona umwuna afite ikibazo.

Umugore w’uyu mugabo ngo baje no gutaha, ariko akomeza kubona umwana wabo afite ibibazo ndetse agorwa no gutambuka, ari bwo yamubazaga icyo yabaye, akamubwira ko se yamusambanyije.

Uyu mugore yihutiye kujya kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamwezi kumenyesha uru rwego iby’iki kibazo, ari na bwo umugabo we yahitaga atabwa muri yombi, aza koherezwa kuri Polisi nkuru ku rwego rw’Akarere ka Rukiga.

Umuvugizi wa Polisi ya Kigezi, Elly Maate yavuze ko iki cyaha cyakozwe n’uyu mugabo ari amahano ndetse ko kinyuranyije n’umuco, ku buryo atumva ukuntu umubyeyi yakorera umwana we ibintu nk’ibi mu gihe ari we ukwiye kumuha uburere.

ASP Elly Maate yavuze ko ibi ari amahano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

Next Post

Ikindi Gihugu cyibasiwe n’ibiza bidasanzwe byahitanye benshi bisiga abatari bacye mu gahinda

Related Posts

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
13/11/2025
0

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w'iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali
IMIBEREHO MYIZA

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

by radiotv10
14/11/2025
0

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

13/11/2025
Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikindi Gihugu cyibasiwe n’ibiza bidasanzwe byahitanye benshi bisiga abatari bacye mu gahinda

Ikindi Gihugu cyibasiwe n’ibiza bidasanzwe byahitanye benshi bisiga abatari bacye mu gahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.