Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyarwanda uba muri Uganda yatawe muri yombi akekwaho ibyumvikanamo amahano

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in AMAHANGA
0
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda uba muri Uganda mu gace ka Kamwezi mu Karere ka Rukiga aho akorera akazi k’ubushumba, yatawe muri yombi na Polisi yo muri iki Gihugu, akekwaho gusambanyiriza umwana we yibyariye w’imyaka itandatu, mu rwuri rw’amatungo.

Uyu mugabo witwa Fosta Twizemana asanzwe ari umushumba w’amatungo aho akorera aka kazi mu gace ka Kayebe muri Kigara mu Karere ka Rukiga.

Umuvugizi wa Polisi mu gace ka Kigezi, Elly Maate yabwiye abanyamakuru ko icyaha gikekwa kuri uyu mugabo, cyakozwe mu cyumweru gishize tariki 26 Nyakanga 2024, aho yagikoreye mu rwuri aho akorera akazi ko kwita ku matungo.

Fosta Twizemana ashinjwa kuba yari yagiye mu rwuri ari kumwe n’umugore we Veneranda Baresirente ndetse n’abana babo babiri, barimo uw’imyaka ibiri n’uw’imyaka itandatu.

Polisi ivuga ko uyu mugabo yabanje gusaba umwana w’imyaka ibiri kubabisa, akamusigana n’uw’imyaka itandatu, ubundi akamusambanya, nyuma akaza kumwoherereza nyina, ariko ageze kuri nyina akabona umwuna afite ikibazo.

Umugore w’uyu mugabo ngo baje no gutaha, ariko akomeza kubona umwana wabo afite ibibazo ndetse agorwa no gutambuka, ari bwo yamubazaga icyo yabaye, akamubwira ko se yamusambanyije.

Uyu mugore yihutiye kujya kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamwezi kumenyesha uru rwego iby’iki kibazo, ari na bwo umugabo we yahitaga atabwa muri yombi, aza koherezwa kuri Polisi nkuru ku rwego rw’Akarere ka Rukiga.

Umuvugizi wa Polisi ya Kigezi, Elly Maate yavuze ko iki cyaha cyakozwe n’uyu mugabo ari amahano ndetse ko kinyuranyije n’umuco, ku buryo atumva ukuntu umubyeyi yakorera umwana we ibintu nk’ibi mu gihe ari we ukwiye kumuha uburere.

ASP Elly Maate yavuze ko ibi ari amahano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 18 =

Previous Post

Rutahizamu wahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana yagarutse ku kibuga nyuma y’igihe atagaragara

Next Post

Ikindi Gihugu cyibasiwe n’ibiza bidasanzwe byahitanye benshi bisiga abatari bacye mu gahinda

Related Posts

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

by radiotv10
29/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko rigiye gukora ibishoboka byose rigahagarika ibikorwa bibi biri...

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

by radiotv10
29/10/2025
0

Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera icyaha...

IZIHERUKA

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara
IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

by radiotv10
31/10/2025
0

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikindi Gihugu cyibasiwe n’ibiza bidasanzwe byahitanye benshi bisiga abatari bacye mu gahinda

Ikindi Gihugu cyibasiwe n’ibiza bidasanzwe byahitanye benshi bisiga abatari bacye mu gahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.