Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda umaze imyaka 30 yarabeshye America yatahuwe ahita atabwa muri yombi

radiotv10by radiotv10
22/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Eric Tabaro Nshimiyimana ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yafashwe n’ubutabera bw’iki Gihugu nyuma yo gutahura ko amaze imyaka 30 yarabihishe.

Uyu Munyarwanda yafashwe kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe 2024, muri Leta ya Ohio aho atuye, akaba akurikiranyweho n’Ubutabera bwa America, ibyaha birimo guhisha ibimenyetso by’amakuru y’impamo.

Akurikiranyweho kandi kubeshya Urukiko mu rubanza rw’uwitwa Teganya Jean Leonard, aho yari umutangabuhamya mu rubanza rwabaye mu 2019, akarutangamo amakuru anyuranye n’ukuri.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, Nshimiyimana yari umurwanashyaka w’ishyaka rya MRND ryateguye Jenoside yakorewe Abatutsi rikanayishyira mu bikorwa, aho yari umwe mu bakomeye muri iri shyaka, dore ko yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda.

Umushinjacyaha w’Agataganyo wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joshua S. Levy yavuze ko Ubutabera bw’iki Gihugu bukurikiranye kuri uyu Munyarwnada ibirimo kuba amaze imyaka 30 yarahishe uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Yavuze ko uru ruhare rwe yaruhishe agamije kugira ngo abone ubuhungiro n’ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Joshua yatangaje ko Itegeko ryerecyeye abimukira n’abashaka ubuhungiro rya USA ridashobora guhonyorwa ku bantu nk’aba baka ubuhungiro biyoberanyije kandi barakoze ibibi.

Yagize ati “Itegeko ryacu rirebana n’abimukira n’abashaka ubuhungiro ribereyeho kurinda abagizweho ingaruka n’itotezwa, ntabwo ribereyeho ababigizemo uruhare.”

Yizeje ko inzego zo muri Leta Zunze Ubumwe za America, zizakomeza gushakisha abantu nk’aba, ndetse bakagezwa imbere y’Ubutabera.

Nshimiyimana usanzwe ari mu bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, akurikiranyweho kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’abatutsi b’ingeri zitandukanye, aho we ubwe akurikiranyweho kuba hari abo yishe akoresheje ubuhiri n’umuhoro.

Inyandiko zitanga ubuhamya bw’ibyo yakoze muri Jenoside, zivuga ko hari umwana w’umuhungu w’imyaka 14 yise, ndetse n’umugabo wari ufite ibyo akora muri Kaminuza y’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 7 =

Previous Post

Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Next Post

Rwanda: Uko ikofi yabaye intandaro y’urupfu rw’abasore babiri bavukana

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda: Uko ikofi yabaye intandaro y’urupfu rw’abasore babiri bavukana

Rwanda: Uko ikofi yabaye intandaro y’urupfu rw’abasore babiri bavukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.