Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda umaze imyaka 30 yarabeshye America yatahuwe ahita atabwa muri yombi

radiotv10by radiotv10
22/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Eric Tabaro Nshimiyimana ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yafashwe n’ubutabera bw’iki Gihugu nyuma yo gutahura ko amaze imyaka 30 yarabihishe.

Uyu Munyarwanda yafashwe kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe 2024, muri Leta ya Ohio aho atuye, akaba akurikiranyweho n’Ubutabera bwa America, ibyaha birimo guhisha ibimenyetso by’amakuru y’impamo.

Akurikiranyweho kandi kubeshya Urukiko mu rubanza rw’uwitwa Teganya Jean Leonard, aho yari umutangabuhamya mu rubanza rwabaye mu 2019, akarutangamo amakuru anyuranye n’ukuri.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, Nshimiyimana yari umurwanashyaka w’ishyaka rya MRND ryateguye Jenoside yakorewe Abatutsi rikanayishyira mu bikorwa, aho yari umwe mu bakomeye muri iri shyaka, dore ko yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda.

Umushinjacyaha w’Agataganyo wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joshua S. Levy yavuze ko Ubutabera bw’iki Gihugu bukurikiranye kuri uyu Munyarwnada ibirimo kuba amaze imyaka 30 yarahishe uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Yavuze ko uru ruhare rwe yaruhishe agamije kugira ngo abone ubuhungiro n’ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Joshua yatangaje ko Itegeko ryerecyeye abimukira n’abashaka ubuhungiro rya USA ridashobora guhonyorwa ku bantu nk’aba baka ubuhungiro biyoberanyije kandi barakoze ibibi.

Yagize ati “Itegeko ryacu rirebana n’abimukira n’abashaka ubuhungiro ribereyeho kurinda abagizweho ingaruka n’itotezwa, ntabwo ribereyeho ababigizemo uruhare.”

Yizeje ko inzego zo muri Leta Zunze Ubumwe za America, zizakomeza gushakisha abantu nk’aba, ndetse bakagezwa imbere y’Ubutabera.

Nshimiyimana usanzwe ari mu bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, akurikiranyweho kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’abatutsi b’ingeri zitandukanye, aho we ubwe akurikiranyweho kuba hari abo yishe akoresheje ubuhiri n’umuhoro.

Inyandiko zitanga ubuhamya bw’ibyo yakoze muri Jenoside, zivuga ko hari umwana w’umuhungu w’imyaka 14 yise, ndetse n’umugabo wari ufite ibyo akora muri Kaminuza y’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Next Post

Rwanda: Uko ikofi yabaye intandaro y’urupfu rw’abasore babiri bavukana

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda: Uko ikofi yabaye intandaro y’urupfu rw’abasore babiri bavukana

Rwanda: Uko ikofi yabaye intandaro y’urupfu rw’abasore babiri bavukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.