Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa

radiotv10by radiotv10
31/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Dr. Eugène Rwamucyo waburanishirizwaga mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside, yabihamijwe n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris muri iki Gihugu, rumukatira gufungwa imyaka 27.

Dr. Rwamucyo wahoze ari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubuvuzi mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ya Butare (UNR), ashinjwa kugira uruhare mu mugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko we yakoreye mu yahoze ari Perefegitura ya Butare.

Nyuma y’ukwezi aburanishwa n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024 rwatangaje umwanzuro warwo, rumuhamya ibyaha birimo Gukora Jenoside, ubufatanyacyaha mu gukora Jenoside, ubufatanyacyaha mu gutegura Jenoside, ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko nyuma y’iburanisha ripfundikira uru rubanza ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, ari na bwo Urukiko rwahitaga rwiherera kugira ngo rufate umwanzuro warwo.

Nyuma yo kwiherera, Inteko yaburanishije uru rubanza, yavuze ko hagendewe ku bimenyetso byatanzwe ndetse n’ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batandukanye, uyu Dr. Rwamucyo ahamwa n’ibyaha ashinjwa.

Bumwe mu buhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya barimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuze ko Dr. Rwamucyo yatangaga amabwiriza mu bihe bya Jenoside, byumwihariko agategeka ko imibiri y’ababaga bamaze kwicwa ndetse n’ababaga bagihumeka, ko bashyirwa mu cyobo, hifashishijwe imashini zubaka.

Ni mu gihe uyu wari Umuganga, yatatiriye igihango cy’umwuga we, aho yagombaga ahubwo kuvura ababaga ari inkomere, ahubwo agatanga amabwiriza yatumaga bamwe bitaba Imana.

Kuri uyu wa Gatatu kandi ubwo urubanza rwapfunikirwaga, Dr. Rwamucyo yahawe umwanya wo kugira icyo avuga, yatangaje ko nta muntu n’umwe yishe, ndetse ko n’abo ashinjwa gutegeka ko bashyingurwa ari bazima, atabikoze.

Dr. Eugène Rwamucyo akimara gusomerwa umwanzuro w’Urukiko, Polisi yo mu Bufaransa, yahise imujyana aho agomba gufungirwa kugira ngo hashyirwe mu bikorwa umwanzuro w’uru Rukiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + ten =

Previous Post

Umuntu mushya wasanganywe Marburg mu Rwanda hasobanuwe uko byagenze ngo yandure

Next Post

Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.