Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa yakatiwe igifungo kiruta ibindi yari yasabiwe

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa yakatiwe igifungo kiruta ibindi yari yasabiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Philippe Hategekimana waburanishwaga n’Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu yakoreye mu Rwanda, yabihamijwe, akatirwa gufungwa burundu nk’uko byari byasabwe n’Ubushinjacyaha.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rwa Rubanda rwa Paris ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, nyuma y’umunsi umwe abisabiwe n’Ubushinjacyaha baburanaga muri uru rubanza.

Ubwo habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Hategekimana yari Umujandarume muri Nyanza, akaba yaregwaga kugira uruhare rukomeye mu iyicwa ry’Abatutsi mu bice binyuranye muri aka gace, barimo n’abishwe ku mabwiriza yatangaga, n’abo yiyiciye we ubwe.

By’umwihariko azwi mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi mu bice birimo Nyamiyaga, Nyamure ndetse no gutanga amabwiriza yo kwica Abatutsi bari muri ISAR-Songa.

Abatanze ubuhamya muri uru rubanza rwatangiye muri Gicurasi uyu mwaka, bagaragaje uburyo yitabiriye inama zacurirwagamo imigambi yo kwica Abatutsi, ndetse na we ubwe akaba yarajyaga kuri bariyeri ziciweho benshi.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Ubushinjacyaha bw’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, bwari bwasabiye Hategekimana, gufungwa burundu, kubera uburemere bw’ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu yakoze, ndetse n’ingaruka byagize ku muryango mugari.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena, uru Rukiko rwa Rubanda rwa Paris, rwahamije Hategekimana ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, rwemeza igihano cyo gufungwa burundu nk’uko cyasabwe n’Ubushinjacyaha.

Me Richard Gisagara wari mu Banyamatageko bari muri uru rubanza ku ruhande rurega, agaruka ku mpamvu zatumye Hategekimana akatirwa iki gifungo, yagize ati “ni uko atigeze ashaka kwicuza, ahubwo yari ameze nk’aho bitamureba.”

Hategekimana Pholippe uzwi no ku izina rya Biguma, uretse kuba yarayoboye ibikorwa bya Jenoside mu bice binyuranye muri Nyanza, anashinjwa kuba hari Abatutsi yishe we ubwe barimo Nyagasaza Narcisse wari Burugumesitiri w’iyahoze ari Komine Ntyazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

Next Post

Ubugambanyi budasanzwe bw’abakekwaho kwica umusaza bakanamushinyagurira barimo n’umugore bakundanaga

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Ubugambanyi budasanzwe bw’abakekwaho kwica umusaza bakanamushinyagurira barimo n’umugore bakundanaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.