Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa yakatiwe igifungo kiruta ibindi yari yasabiwe

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa yakatiwe igifungo kiruta ibindi yari yasabiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Philippe Hategekimana waburanishwaga n’Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu yakoreye mu Rwanda, yabihamijwe, akatirwa gufungwa burundu nk’uko byari byasabwe n’Ubushinjacyaha.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rwa Rubanda rwa Paris ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, nyuma y’umunsi umwe abisabiwe n’Ubushinjacyaha baburanaga muri uru rubanza.

Ubwo habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Hategekimana yari Umujandarume muri Nyanza, akaba yaregwaga kugira uruhare rukomeye mu iyicwa ry’Abatutsi mu bice binyuranye muri aka gace, barimo n’abishwe ku mabwiriza yatangaga, n’abo yiyiciye we ubwe.

By’umwihariko azwi mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi mu bice birimo Nyamiyaga, Nyamure ndetse no gutanga amabwiriza yo kwica Abatutsi bari muri ISAR-Songa.

Abatanze ubuhamya muri uru rubanza rwatangiye muri Gicurasi uyu mwaka, bagaragaje uburyo yitabiriye inama zacurirwagamo imigambi yo kwica Abatutsi, ndetse na we ubwe akaba yarajyaga kuri bariyeri ziciweho benshi.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Ubushinjacyaha bw’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, bwari bwasabiye Hategekimana, gufungwa burundu, kubera uburemere bw’ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu yakoze, ndetse n’ingaruka byagize ku muryango mugari.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena, uru Rukiko rwa Rubanda rwa Paris, rwahamije Hategekimana ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, rwemeza igihano cyo gufungwa burundu nk’uko cyasabwe n’Ubushinjacyaha.

Me Richard Gisagara wari mu Banyamatageko bari muri uru rubanza ku ruhande rurega, agaruka ku mpamvu zatumye Hategekimana akatirwa iki gifungo, yagize ati “ni uko atigeze ashaka kwicuza, ahubwo yari ameze nk’aho bitamureba.”

Hategekimana Pholippe uzwi no ku izina rya Biguma, uretse kuba yarayoboye ibikorwa bya Jenoside mu bice binyuranye muri Nyanza, anashinjwa kuba hari Abatutsi yishe we ubwe barimo Nyagasaza Narcisse wari Burugumesitiri w’iyahoze ari Komine Ntyazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + nineteen =

Previous Post

SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

Next Post

Ubugambanyi budasanzwe bw’abakekwaho kwica umusaza bakanamushinyagurira barimo n’umugore bakundanaga

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Ubugambanyi budasanzwe bw’abakekwaho kwica umusaza bakanamushinyagurira barimo n’umugore bakundanaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.