Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa yakatiwe igifungo kiruta ibindi yari yasabiwe

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa yakatiwe igifungo kiruta ibindi yari yasabiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Philippe Hategekimana waburanishwaga n’Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu yakoreye mu Rwanda, yabihamijwe, akatirwa gufungwa burundu nk’uko byari byasabwe n’Ubushinjacyaha.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rwa Rubanda rwa Paris ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, nyuma y’umunsi umwe abisabiwe n’Ubushinjacyaha baburanaga muri uru rubanza.

Ubwo habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Hategekimana yari Umujandarume muri Nyanza, akaba yaregwaga kugira uruhare rukomeye mu iyicwa ry’Abatutsi mu bice binyuranye muri aka gace, barimo n’abishwe ku mabwiriza yatangaga, n’abo yiyiciye we ubwe.

By’umwihariko azwi mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi mu bice birimo Nyamiyaga, Nyamure ndetse no gutanga amabwiriza yo kwica Abatutsi bari muri ISAR-Songa.

Abatanze ubuhamya muri uru rubanza rwatangiye muri Gicurasi uyu mwaka, bagaragaje uburyo yitabiriye inama zacurirwagamo imigambi yo kwica Abatutsi, ndetse na we ubwe akaba yarajyaga kuri bariyeri ziciweho benshi.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Ubushinjacyaha bw’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, bwari bwasabiye Hategekimana, gufungwa burundu, kubera uburemere bw’ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu yakoze, ndetse n’ingaruka byagize ku muryango mugari.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena, uru Rukiko rwa Rubanda rwa Paris, rwahamije Hategekimana ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, rwemeza igihano cyo gufungwa burundu nk’uko cyasabwe n’Ubushinjacyaha.

Me Richard Gisagara wari mu Banyamatageko bari muri uru rubanza ku ruhande rurega, agaruka ku mpamvu zatumye Hategekimana akatirwa iki gifungo, yagize ati “ni uko atigeze ashaka kwicuza, ahubwo yari ameze nk’aho bitamureba.”

Hategekimana Pholippe uzwi no ku izina rya Biguma, uretse kuba yarayoboye ibikorwa bya Jenoside mu bice binyuranye muri Nyanza, anashinjwa kuba hari Abatutsi yishe we ubwe barimo Nyagasaza Narcisse wari Burugumesitiri w’iyahoze ari Komine Ntyazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − two =

Previous Post

SierraLeone: Perezida yimye amatwi abarwanya intsinzi ye ahita akora igikorwa kiyishimangira

Next Post

Ubugambanyi budasanzwe bw’abakekwaho kwica umusaza bakanamushinyagurira barimo n’umugore bakundanaga

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Ubugambanyi budasanzwe bw’abakekwaho kwica umusaza bakanamushinyagurira barimo n’umugore bakundanaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.