Monday, March 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

radiotv10by radiotv10
04/10/2025
in IMYIDAGADURO
1
Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya Osmarito OG uri mu bazwi ku mbuga nkoranyambaga mu mashusho atuma benshi bamwengura, ari mu byishimo nyuma yo kugura imodoka ye ya mbere.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga asanzwe anazwiho cyane kubera amashusho asekeje anyuzaho, Osmarito OG, yasangije abantu amafoto agaragaza imodoka aguze bwa mbere.

Ubutumwa buherekeje aya mafoto, Osmarito yaboneyeho kwishimira, aho yagize ati “Congratulations to me. The first Key [cyangwa se ngo ishimwe kuri njye, imodoka yanjye ya mbere].”

Ni imodoka yo mu bwoko bwa KIA K5 iri mu zigezweho mu Rwanda, dore ko benshi bazikundira imiterere yazo yaba imbere n’inyuma, ndetse no kuba zidakoresha Lisansi nyinshi, kuko ziri mu bwoko bw’izikoresha ibikomoka kuri Petelori n’amashanyarazi ingunga imwe zizwi nka ‘Hybrid’.

Uyu musore uri mu bazwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, umwaka ushize yatangaje ko u Rwanda rwamubereye umugisha, dore ko atari ho yavukiye, kuko yavukiye muri Kenya ku mubyeyi umwe w’Umunyarwanda (Se) n’undi w’Umunyakenya (Nyina).

Osmarito OG waje mu Rwanda muri 2014, yatangaje ko ubwo yari muri Kenya yari amaze kwinjira mu nzira igoramye, dore ko yari yatangiye gukoresha ibiyobyabwenge, ariko aho yagereye mu Rwanda ubuzima bwahindutse akajya ku murongo.

Uretse amashusho ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze ziba zisekeje, uyu musore anashyiraho amashusho yamamaza ibikorwa bya kompanyi z’ubucuruzi zimwe zo mu Rwanda, ziba zamuhaye akazi.

Osmarito OG yaguze imodoka
Yishimiye iyi ntambwe yateye

RADIOTV10

Comments 1

  1. UWIZEYE Emile says:
    5 months ago

    Congratulations to him!! Akomeze akore plus Discipline

    Reply

Leave a Reply to UWIZEYE Emile Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 4 =

Previous Post

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

Next Post

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Related Posts

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

by radiotv10
09/03/2026
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bitegura kurushingana, berekanywe imbere y’itorero mbere yo gusezerana. Aimée Beauté Mushashi na Francis Nyamaswa...

Bruce Melodie nyuma yo kwishimirwa n’Abanyarwanda baba mu Bubiligi abateguje ibindi birori

Bruce Melodie nyuma yo kwishimirwa n’Abanyarwanda baba mu Bubiligi abateguje ibindi birori

by radiotv10
09/03/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie, nyuma yo gutaramira Abanyarwanda baba mu Bubiligi bakamwereka urukundo rwinshi, yabasezeranyije ko mu gihe cya vuba azasubira...

How to know who is your true friend

How to know who is your true friend

by radiotv10
08/03/2026
0

Friendship is one of the most valuable parts of life. A true friend is someone who makes you feel safe,...

Easy Tips for a Great Weekend

Easy Tips for a Great Weekend

by radiotv10
06/03/2026
0

The weekend is almost here! Want it to be relaxing, fun, and full of good vibes? These simple self-care tips...

Abanyarwenya b’ibirangirire mu karere barimo uzwiho kwigana Perezida Museveni basesekaye mu Rwanda

Abanyarwenya b’ibirangirire mu karere barimo uzwiho kwigana Perezida Museveni basesekaye mu Rwanda

by radiotv10
05/03/2026
0

Abanyarwenya Teacher Mpamire uzwiho kwigana Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, na Patrick Salvador, bari bategerejwe mu Rwanda, bahasesekaye. Aba...

IZIHERUKA

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino
FOOTBALL

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

by radiotv10
09/03/2026
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

09/03/2026
U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

09/03/2026
Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

09/03/2026
Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

09/03/2026
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

09/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.