Miss Mutesi Jolly yagaragaye afite isakoshi yo mu bwoko ‘Hermès Kelly Bag’ igura abarirwa hagati ya $11,400–$14,500, ni ukuvuga ari hejuru ya miliyoni 10 Frw.
Ni mu mafoto Miss Jolly yasangije abantu kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026, aho yari yambaye n’imyenda yihagazeho, nk’ikanzu ikorwa n’uruganda rwa Gucci ruzwiho gukora ibikoresho bigurwa n’abifite.
Miss Jolly wagaragaje inganda zikora ibikoresho byose yari afite, yanerekanye ko inkweto yambaye zo zikorwa n’uruganda ruzwi nka Amina Muaddi.
Ni uruganda rutunganya nkweto na zo zishobora kugurwa n’abafite uko bahaze ku mufuka, zambawe n’ibyamamare bizwi ku Isi nka Kim Kardashian, Rihanna, na Bella Hadid.
Jolly kandi yagaragaje ko isakoshi yari afite, yo ari iyo mu bwoko bwa
Hermès Kelly Bag, iri mu masakoshi na yo ahenze ku Isi, akorwa n’uruganda rwa Hermès rwo mu Gihugu cy’u Bufaransa. Ni isakoshi yitiriwe umukinnyikazi wa filimi wo muri Leta Zunze Ubumwe za America witwa Grace Kelly.
Nk’uko bigaragazwa n’imbuga zinyuranye, iyi sakoshi, igura hagati $11,400–$14,500, ni ukuvuga ari hejuru ya miliyoni 15 Frw.
Abakurikiranira hafi iby’imideri, bavuga ko iyi sakoshi idapfa kugurwa na buri wese, kuko idakunze kuboneka mu maduka anyuranye, ahubwo ko uyishaka, bimusaba kuvugana n’uruganda rukayimutunganyiriza.

RADIOTV10










