Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umupadiri wiyemeje kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga bwo mu mutwe afite icyo asaba

radiotv10by radiotv10
20/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umupadiri wiyemeje kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga bwo mu mutwe afite icyo asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Umusasiridoti ukorera umurimo w’ubwiyeguriramana mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi anafite ikigo cy’Ishuri ayobora, watangije gahunda yo kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga, arasaba ubufasha kugira ngo abashe gukomeza ubu bugiraneza.

Ni yuko Padiri Uwingabire Emmanuel uyobora Urwunge rw’Amashuli rwitiriwe Mutagatifu Pawulo Muko mu Murenge wa Bugarama, atangije igerageza ku bana 35 bavukanye ubumuga burimo n’ubwo mu mutwe bahoraga bakingiranywe mu nzu ubu bakaba baratangiye kwigishwa ku buryo abatarabashaga kuvuga batangiye kubishobora.

Ababyeyi bafite abana bavukanye ubumuga bwo mu mutwe bigishirizwa muri Saint Paul Muko, bavuga ko aho batangiye kwitabwahaho muri ubwo buryo, hari icyahindutse kuko bitandukanye na mbere aho bamwe birirwaga babakingiranye mu nzu.

Uwimana Charlotte urera umwana ufite ubwo bumuga watawe n’ababyeyi, agira ati “Abaturanyi baransekaga ngo nihaye kurera uwo ntashoboye kandi nshaje, aho aziye aha asigaye yishima kuko abona abandi n’ubwo afite n’ubumuga bwo kutavuga. Mbere naramukingiranaga kugira ngo ngire aho njya kuko nta muntu nabaga ndibumusigire.”

Ndayizeye Vedaste ufite umwana utarabashaga kuvuga nawe agira ati “Ntabwo yavugaga, ariko ubu umuntu aramuvugisha akavuga, wamuhamagara akavuga ngo wii. Ntiyajyaga mu bandi ariko ubu asigaye akina nabo ukabona ko yishimye.”

Uretse abana bato bafite ubumuga bwo mu mutwe barimo n’abafite ubukomatanyije, muri GS Saint Paul Muko hari n’abandi bakuru bavukanye ubwo bumuga batari barigeze amahirwe yo kwiga bashyizwe mu ishuri bakaba batangiye kumenya gusoma no kwandika.

Bahati Louise w’imyaka 35 wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza ati “Ntabwo bari barashatse ko njya kwiga ngo kubera ko nituraga hasi, ubu nsigaye naramenye kubara no kwandika kandi mba n’uwa mbere.”

Nubwo iki gikorwa gitangiye gutanga umusaruro, Padiri Uwingabire Emmanuel avuga ko yari atangiriye ku mubare muto ugererenyije n’abakeneye kwitabwaho muri ubu buryo agahamagarira abagiraneza kumutera ingabo mu bitugu kuko bisaba ubushobozi bumurenze.

Ati “Twahereye kuri 35 tubashyira mu ishuri harimo abatangiye kuba aba mbere kandi bafite ubumuga bwo mu mutwe. Dutangira kubona abataravugaga batangiye kuvuga n’abatarabonaga batangira kureba turavuga tuti bya bintu birashoboka. Turagira ngo abagiraneza badushyigikire noneho n’abandi 50 basigaye tubazane nabo bige.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga ku rwego rw’Igihugu, Emmanuel Ndayisaba akimara kumva iki gikorwa yabwiye RADIOTV10 ko bagiye kumwegera bakamuhuza n’abaterankunga basanzwe bakorana.

Ati “Ibikorwa aba akoze ni ugufasha Leta muri rusange, kandi hari abafatanyabikorwa baba bahari ubwo ni ukureba abo tubwira bakamufasha natwe tukaba twabigiramo uruhare.”

Hari habaruwe abana 85 ariko uyu Musaseridoti atangirira kuri 35 mu buryo bwo kugeregeza kugira ngo arebe ko byatanga umusaruro, ubu hakaba hasigaye abandi 50 bakeneye ubufasha nk’ubu.

Abana bahoraga bafungiranywe mu nzu, ubu ni abanyeshuri bitwara neza
Afite imyaka irenga 30 ariko yasubiye mu ishuri kandi aratsinda

Padiri Uwimana arifuza ko abantu bamushyigikira muri iyi gahunda

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 8 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Next Post

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w’Intebe

Related Posts

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

by radiotv10
09/06/2025
0

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo Kazungu Denis wahamijwe ibyaha birimo ibishingiye ku bantu barenga 10 basanzwe bashyinguye aho yari acumbitse, rugiye kuburanishwa....

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

by radiotv10
09/06/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bataka imibereho mibi baterwa no gukoresha amazi y’ibishanga kubera...

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

by radiotv10
09/06/2025
0

Imiryango itishoboye igera kuri 258 yo mu Mirenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke yahawe inkunga zizayifasha kwikura mu bukene,...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

IZIHERUKA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho
AMAHANGA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

by radiotv10
09/06/2025
0

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

09/06/2025
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

09/06/2025
Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

09/06/2025
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

09/06/2025
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w’Intebe

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w'Intebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.