Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka ibiri bishyuza amafaranga bambuwe ubwo bakoraga mu mushinga wo gukora umuhanda, bajya kwishyuza amafaranga y’icyiciro kimwe cy’aka kazi, babwirwa ko batangaga umuganda.

Aba baturage bo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’Ubudehe, bakoze imirimo y’amaboko mu gukora umuhanda uturuka ku Biro by’Umurenge wa Nyamyumba werecyeza ku Kagari ka Busoro.

Babwiye RADIOTV10 ko bishyuwe igice kimwe cy’amafaranga bakoreye mu gihe cy’iminsi 10 mu mushinga witwa HIMO, bagiye kwishyuza ay’ikindi cyiciro bakababwira ko bari mu muganda.

Umwe yagize ati “Mbese twakoze ukwezi kuzuye ariko ntibakuduhembye kose. Twabajije ku Murenge kuko bari batubwiye ngo amafaranga yaje, tugezeyo ASOC (umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage) aratubwira ngo ntarahagera.”

Undi muturage avuga ko bahawe aka kazi bahamagawe n’Ubuyobizi bw’Umurenge bwabanje kubatoranya kuko bwashakaga abakennye kurusha abandi kugira ngo babone uko bikenura.

Ati “Twakoze dizeni ya mbere baraduhemba, dukora dizeni ya kabiri baraduhemba, dukora dezeni ya gatatu baraduhemba, noneho dizeni ya kane ntibaduhemba, tukajya tujya mu kazi bisanzwe umuntu agasiga umuryango akajya mu kazi azi ko agiye gukora, dezeni irangiye tugiye gukora urutonde ngo bazaduhembe baratubwira ngo burya ni umuganda twatangaga.”

Uyu muturage wari uyoboye abandi (kapita) avuga ko bajyaga mu kazi bazi ko bagiye gukorera amafaranga ndetse n’imiryango igasigara izi ko bagiye kuyihahira ariko bakaza gutungurwa no kubwirwa ko bakoraga umuganda.

Ati “Umuntu agasiga umugore, agasiga abana, azi ko agiye mu kazi. Twabifashe nko kuduheza kubera ko n’uwo mushinga wari mushya waje ukora nka VUP ariko atari VUP.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Murindangabo Eric avuga ko atari azi iki kibazo ariko ko bagiye kugikurikirana.

Ati “Icyo ngiye gukora ni ugukurikirana kugira ngo menye ko hari abaturage baba barengana muri ubwo buryo, ninsanga ari ikibazo gishobora gukemurwa n’Umurenge ugikemure.”

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + four =

Previous Post

Intumwa z’u Rwanda zagiye muri Uganda mu nama yo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi

Next Post

Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.