Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka ibiri bishyuza amafaranga bambuwe ubwo bakoraga mu mushinga wo gukora umuhanda, bajya kwishyuza amafaranga y’icyiciro kimwe cy’aka kazi, babwirwa ko batangaga umuganda.

Aba baturage bo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’Ubudehe, bakoze imirimo y’amaboko mu gukora umuhanda uturuka ku Biro by’Umurenge wa Nyamyumba werecyeza ku Kagari ka Busoro.

Babwiye RADIOTV10 ko bishyuwe igice kimwe cy’amafaranga bakoreye mu gihe cy’iminsi 10 mu mushinga witwa HIMO, bagiye kwishyuza ay’ikindi cyiciro bakababwira ko bari mu muganda.

Umwe yagize ati “Mbese twakoze ukwezi kuzuye ariko ntibakuduhembye kose. Twabajije ku Murenge kuko bari batubwiye ngo amafaranga yaje, tugezeyo ASOC (umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage) aratubwira ngo ntarahagera.”

Undi muturage avuga ko bahawe aka kazi bahamagawe n’Ubuyobizi bw’Umurenge bwabanje kubatoranya kuko bwashakaga abakennye kurusha abandi kugira ngo babone uko bikenura.

Ati “Twakoze dizeni ya mbere baraduhemba, dukora dizeni ya kabiri baraduhemba, dukora dezeni ya gatatu baraduhemba, noneho dizeni ya kane ntibaduhemba, tukajya tujya mu kazi bisanzwe umuntu agasiga umuryango akajya mu kazi azi ko agiye gukora, dezeni irangiye tugiye gukora urutonde ngo bazaduhembe baratubwira ngo burya ni umuganda twatangaga.”

Uyu muturage wari uyoboye abandi (kapita) avuga ko bajyaga mu kazi bazi ko bagiye gukorera amafaranga ndetse n’imiryango igasigara izi ko bagiye kuyihahira ariko bakaza gutungurwa no kubwirwa ko bakoraga umuganda.

Ati “Umuntu agasiga umugore, agasiga abana, azi ko agiye mu kazi. Twabifashe nko kuduheza kubera ko n’uwo mushinga wari mushya waje ukora nka VUP ariko atari VUP.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Murindangabo Eric avuga ko atari azi iki kibazo ariko ko bagiye kugikurikirana.

Ati “Icyo ngiye gukora ni ugukurikirana kugira ngo menye ko hari abaturage baba barengana muri ubwo buryo, ninsanga ari ikibazo gishobora gukemurwa n’Umurenge ugikemure.”

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + six =

Previous Post

Intumwa z’u Rwanda zagiye muri Uganda mu nama yo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi

Next Post

Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

Related Posts

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

IZIHERUKA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)
MU RWANDA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.