Thursday, September 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuryango Mpuzamahanga wagize icyo usaba Cameroon ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuryango Mpuzamahanga wagize icyo usaba Cameroon ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, Amnesty International, wasabye ubutegetsi bwa Cameroon gufungura abantu 36 batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu bamaze imyaka itanu bafunzwe.

Aba bantu basabirwa gufungurwa, bashyigikiye ishyaka ritavuga rumwe na Leta ya Cameroon, rya Movement for the Renaissance of Cameroon (MRC), bashinjwa ibyaha bitandukanye birimo guhungabanya umutekano w’Igihugu no kugambanira ubutegetsi ndetse no gutegura no kwitabira imyigaragambyo.

Mu itangazo ryasohowe na Amnesty International, uyu muryangi washinje Leta ya Cameroon gufunga aba bantu binyuranyije n’amategeko, aho ngo bazira gukoresha uburenganzira bwabo bwa politiki.

Ibi bibaye mu gihe Igihugu kiri kwinjira mu gihe cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu, aho Perezida Paul Biya, w’imyaka 92, amaze imyaka hafi 43 ku butegetsi, yagaragaje ko yifuza kongera kwiyamamariza indi manda, ahanganye n’abakandida 11.

Mu kwezi kwa munani uyu mwaka, abandi bantu 54 bashyigikiye ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, batawe muri yombi i Yaoundé mu murwa mukuru nyuma yuko umukandida wabo Maurice Kamto yanze kwemerwa nubwo baje kurekurwa by’agateganyo, ariko ngo ibyo byatumye hazamuka impungenge ku bwisanzure bwa politiki muri iki Gihugu.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu ryatangaje ko rifite impungenge ku bwisanzure bw’abaturage bwo kuzatora.

Imibare ya Loni igaragaza ko 43% by’abaturage b’iki Gihugu babayeho mu bukene bugaragara mu mibereho, uburezi ndetse n’ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 13 =

Previous Post

Rusizi: Imiryango 32 y’abasigajwe inyuma n’amateka yabaga ahadakwiriye yamaze kubakirwa inzu z’icyitegererezo

Next Post

Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

Related Posts

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

by radiotv10
25/09/2025
0

Ikibazo cy’intambara ya Israel n'umutwe wa Hamas muri Gaza cyiganje mu Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye, aho benshi bifuza...

Icyo Tshisekedi avuga kuri Perezida w’Inteko weguye adahari n’igisubizo ku byo bavugwaho bombi

Icyo Tshisekedi avuga kuri Perezida w’Inteko weguye adahari n’igisubizo ku byo bavugwaho bombi

by radiotv10
23/09/2025
0

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko na we yamenyeye iyegura rya Vital Kamerhe aho ari...

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

by radiotv10
24/09/2025
0

Mu gihe isi yose ikomeje gushaka ibisubizo birambye ku makimbirane ari hagati ya Israel na Palesitina, Ibihugu birindwi birimo u...

Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

by radiotv10
23/09/2025
0

Umunyapolitiki Vital Kamerhe uri mu bakomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeguye ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko,...

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

by radiotv10
19/09/2025
0

Muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’igisirikare cya Congo (FARDC) n’abagifasha, yakomeye,...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda
MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

25/09/2025
Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

25/09/2025
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

25/09/2025
Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

25/09/2025
Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

25/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.