Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuryango ukomeye uharanira uburenganzira bwa muntu winjiye mu bya Teta Sandra na Weasel

radiotv10by radiotv10
03/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Teta Sandra wamamaye mu Rwanda yateye utwatsi ibyo gukubitwa n’umugabo we Weasel akamwangiza isura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, watangiye kubaza amakuru y’ikibazo cy’umunyarwandazi Teta Sandra uvugwaho guhohoterwa n’umuhanzi Weasel babyaranye.

Teta Sandra uvugwaho guhohoterwa n’umugabo we Weasel akamukubita akamutera ibikomere umubiri wose, amaze iminsi agarukwaho ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bavuga ko uyu mugabo akwiye gukurikiranwa n’ubutabera.

Umugore wa Jose Chameleone, Daniella Atim uherutse gushyira hanze amafoto ya Teta Sandra amugaragaza yuzuye inkovu umubiri wose avuga ko yazitewe n’inkoni yagiye akubitwa na Weasel mu bihe bitandukanye.

Daniella Atim ukomeje kugira inama uyu muramu we [Weasel] amusaba guhagarika guhohotera umugore we, yagaragaje ubutumwa aherutse kumwandikira bugira buti “Weasel ugomba guhagarika ibi bintu, ndagukunda sinshaka ko uzarangiriza ubuzima ahantu habi. Ntarirarenga ushobora kuzana amahoro ukaba n’umugabo muzima.”

Uyu mugore wa Jose Chameleone kandi yagaragaje ubutumwa yandikiwe n’umuyobozi mu Muryango Mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu uzwi nka IJM (International Justice Mission), amuba uko bagera kuri Teta Sandra kugira ngo bamufashe.

Uyu mukozi wo muri IJM yabwiye Daniella Atim ko ubuyobozi bukuru bw’uyu muryango bwifuza gufasha umugore wa Weasel umaze iminsi agaragara mu bitangazamakuru ko ahohoterwa.

Iki kibazo kandi gikomeje guhagurutsa abo mu myidagaduro baba abo mu Rwanda no muri Uganda, basaba ko hagira igikorwa mu gutabara uyu Munyarwandakazi.

Miss Mutesi Jolly mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko Weasel agomba kuryozwa iri yicarubozo yakoreye umugore we.

When impunity for violence against women becomes a norm,this is exactly what happens.This is a heinous act & should be unpardonable. Domestic violence shouldn’t be condoned as a private matter,we need to join hands as a society and end impunity for crimes committed against women. pic.twitter.com/3xhK59z56k

— Jolly Mutesi. #TeamPK (@JollyMutesi) August 2, 2022

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto agaragaza inguma zuzuye umubiri wa Teta Sandra, Miss Jolly yagize ati “Iyo habayeho kudahana ihohoterwa rikorerwa abagore, biba ibintu bisanzwe. Ibi ni byo biri kuba.”

Umunyamakurukazi ukomeye muri Uganda witwa Sheilah Gashumba na we ari mu bamaganye iri hohoterwa ryakorewe Teta Sandra.

Uko Teta Sandra yabaye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Huye: Umugabo ariyemerera gukubita isuka mu mutwe umugore we amuziza kumwita imbwa

Next Post

M23 yafashe utundi duce dutatu inagota ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 iravugwaho kugenzura undi mupaka nyuma y’imirwano na FARDC yamaze amasaha 9

M23 yafashe utundi duce dutatu inagota ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.