Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuryango urwanya akarengane watunguwe n’ibivugawa ko byakozwe nyuma y’uko abatishoboye bemerewe inkunga

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuryango urwanya akarengane watunguwe n’ibivugawa ko byakozwe nyuma y’uko abatishoboye bemerewe inkunga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza, bavuze ko bemerewe inkunga yo kubakura mu bukene, ariko igahabwa abifite bagakeka ko hatanzwe ruswa, Umuryango Mpuzamahanga Uharanira kurwanya Ruswa n’Akarengane, TIR, wavuze ko wumvaga ibintu nk’ibi bitakibaho.

Mu minsi ishize, bamwe mu baturage bo muri uyu Murenge babwiye RADIOTV10 ko hari inkunga y’amatungo y’ihene yari yagenewe abatishoboye ndetse n’abafite ubutaka bwagiye bunyuzwamo amaterari, ariko ko batunguwe no kubona ayo matungo ahabwa abishoboye barimo n’abayobozi b’Imidugudu.

Umwe mu baturage yagize ati “Njyewe ntuye muri Kabeza,iryo jwi ryo kuvuga ngo banakorera umuntu n’inama ntabyo badukoreye, ahubwo ihene abayobozi ni bo bazishoreye barazitwarira.”
Undi ati “Ihene ntayo nabonye na Give Directly ntayo nabonye. Rwose ahanini ni abayobozi twabonye bazimurura.”

Umwe mu bayobozi uri mu bashinzwe umutekano mu Murenge, [Reserve Force) batunzwe urutoki ko bahawe iyo nkunga, na we yiyemereye ko yayihawe mu buryo na we avuga atazi igihe hakorewe urutonde rw’abahawe iyo nkunga, ariko ko atakwanga inkunga ahawe.

Ati “Ndi umuyobozi nanjye ndi umuturage, inka na yo barayimpaye n’uwampa indi nayifata. Amabwiriza bagenderaho batanga ihene cyangwa ay’ufata inka, ntabwo mbizi ibyo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza Nyemazi Joh Bosco, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo bagiye kugikurikirana, gusa Umuryango  Mpuzamahanga Urwanya Rusawa n’Akarengane ishami ryawo mu Rwanda Transparency International Rwanda, uvuga ko na wo utumva uburyo ibintu nk’ibi byabaho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Muryango, Apollinaire Mupiganyi yagize ati “Narinzi ko ibyo ngibyo byacitse. Kwishyira cyangwa kwiha inkunga yari igenewe umukene utishoboye, uwishoboye akaba ari we uyifata ibyo haba harimo za ruswa.”

Uyu muyobozi w’uyu Muryango, avuga ko hazakorwa isesengura kuri iki kibazo, gusa aboneraho kugira inama imiryango itari iya Leta ko igihe igiye gutanga inkunga, ikwiye kujya ikurikirana ikamenya ko yahawe koko abo yagenewe.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Kigali: Abari kumwe n’uwapfiriye mu masengesho bitunguranye bavuze uko byagenze

Next Post

Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

Related Posts

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

by radiotv10
11/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
11/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

by radiotv10
11/08/2025
0

In Rwanda and across Africa, digital entertainment is undergoing a quiet revolution. At the center of this change is the...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.