Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuryango urwanya akarengane watunguwe n’ibivugawa ko byakozwe nyuma y’uko abatishoboye bemerewe inkunga

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuryango urwanya akarengane watunguwe n’ibivugawa ko byakozwe nyuma y’uko abatishoboye bemerewe inkunga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza, bavuze ko bemerewe inkunga yo kubakura mu bukene, ariko igahabwa abifite bagakeka ko hatanzwe ruswa, Umuryango Mpuzamahanga Uharanira kurwanya Ruswa n’Akarengane, TIR, wavuze ko wumvaga ibintu nk’ibi bitakibaho.

Mu minsi ishize, bamwe mu baturage bo muri uyu Murenge babwiye RADIOTV10 ko hari inkunga y’amatungo y’ihene yari yagenewe abatishoboye ndetse n’abafite ubutaka bwagiye bunyuzwamo amaterari, ariko ko batunguwe no kubona ayo matungo ahabwa abishoboye barimo n’abayobozi b’Imidugudu.

Umwe mu baturage yagize ati “Njyewe ntuye muri Kabeza,iryo jwi ryo kuvuga ngo banakorera umuntu n’inama ntabyo badukoreye, ahubwo ihene abayobozi ni bo bazishoreye barazitwarira.”
Undi ati “Ihene ntayo nabonye na Give Directly ntayo nabonye. Rwose ahanini ni abayobozi twabonye bazimurura.”

Umwe mu bayobozi uri mu bashinzwe umutekano mu Murenge, [Reserve Force) batunzwe urutoki ko bahawe iyo nkunga, na we yiyemereye ko yayihawe mu buryo na we avuga atazi igihe hakorewe urutonde rw’abahawe iyo nkunga, ariko ko atakwanga inkunga ahawe.

Ati “Ndi umuyobozi nanjye ndi umuturage, inka na yo barayimpaye n’uwampa indi nayifata. Amabwiriza bagenderaho batanga ihene cyangwa ay’ufata inka, ntabwo mbizi ibyo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza Nyemazi Joh Bosco, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo bagiye kugikurikirana, gusa Umuryango  Mpuzamahanga Urwanya Rusawa n’Akarengane ishami ryawo mu Rwanda Transparency International Rwanda, uvuga ko na wo utumva uburyo ibintu nk’ibi byabaho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Muryango, Apollinaire Mupiganyi yagize ati “Narinzi ko ibyo ngibyo byacitse. Kwishyira cyangwa kwiha inkunga yari igenewe umukene utishoboye, uwishoboye akaba ari we uyifata ibyo haba harimo za ruswa.”

Uyu muyobozi w’uyu Muryango, avuga ko hazakorwa isesengura kuri iki kibazo, gusa aboneraho kugira inama imiryango itari iya Leta ko igihe igiye gutanga inkunga, ikwiye kujya ikurikirana ikamenya ko yahawe koko abo yagenewe.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Kigali: Abari kumwe n’uwapfiriye mu masengesho bitunguranye bavuze uko byagenze

Next Post

Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.