Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuryango urwanya akarengane watunguwe n’ibivugawa ko byakozwe nyuma y’uko abatishoboye bemerewe inkunga

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuryango urwanya akarengane watunguwe n’ibivugawa ko byakozwe nyuma y’uko abatishoboye bemerewe inkunga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza, bavuze ko bemerewe inkunga yo kubakura mu bukene, ariko igahabwa abifite bagakeka ko hatanzwe ruswa, Umuryango Mpuzamahanga Uharanira kurwanya Ruswa n’Akarengane, TIR, wavuze ko wumvaga ibintu nk’ibi bitakibaho.

Mu minsi ishize, bamwe mu baturage bo muri uyu Murenge babwiye RADIOTV10 ko hari inkunga y’amatungo y’ihene yari yagenewe abatishoboye ndetse n’abafite ubutaka bwagiye bunyuzwamo amaterari, ariko ko batunguwe no kubona ayo matungo ahabwa abishoboye barimo n’abayobozi b’Imidugudu.

Umwe mu baturage yagize ati “Njyewe ntuye muri Kabeza,iryo jwi ryo kuvuga ngo banakorera umuntu n’inama ntabyo badukoreye, ahubwo ihene abayobozi ni bo bazishoreye barazitwarira.”
Undi ati “Ihene ntayo nabonye na Give Directly ntayo nabonye. Rwose ahanini ni abayobozi twabonye bazimurura.”

Umwe mu bayobozi uri mu bashinzwe umutekano mu Murenge, [Reserve Force) batunzwe urutoki ko bahawe iyo nkunga, na we yiyemereye ko yayihawe mu buryo na we avuga atazi igihe hakorewe urutonde rw’abahawe iyo nkunga, ariko ko atakwanga inkunga ahawe.

Ati “Ndi umuyobozi nanjye ndi umuturage, inka na yo barayimpaye n’uwampa indi nayifata. Amabwiriza bagenderaho batanga ihene cyangwa ay’ufata inka, ntabwo mbizi ibyo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza Nyemazi Joh Bosco, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo bagiye kugikurikirana, gusa Umuryango  Mpuzamahanga Urwanya Rusawa n’Akarengane ishami ryawo mu Rwanda Transparency International Rwanda, uvuga ko na wo utumva uburyo ibintu nk’ibi byabaho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Muryango, Apollinaire Mupiganyi yagize ati “Narinzi ko ibyo ngibyo byacitse. Kwishyira cyangwa kwiha inkunga yari igenewe umukene utishoboye, uwishoboye akaba ari we uyifata ibyo haba harimo za ruswa.”

Uyu muyobozi w’uyu Muryango, avuga ko hazakorwa isesengura kuri iki kibazo, gusa aboneraho kugira inama imiryango itari iya Leta ko igihe igiye gutanga inkunga, ikwiye kujya ikurikirana ikamenya ko yahawe koko abo yagenewe.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 10 =

Previous Post

Kigali: Abari kumwe n’uwapfiriye mu masengesho bitunguranye bavuze uko byagenze

Next Post

Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

Related Posts

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

IZIHERUKA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi
MU RWANDA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.