Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA
0
Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 89 n’umugore we w’imyaka 70 bo mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, bamaze igihe barashakanye, umwe arashinja undi ubusambanyi, undi akamushinja ubusinzi bukabije, ku buryo hari abaturanyi babo babafitiye impungenge ko byazagera aho umwe yivugana undi.

Uyu muryango utuye mu Mudugudu wa Kayigi mu Kagari ka Murehe mu Murenge wa Muyumbu, umaze igihe ucyocyorana bya hato na hato.

Muzehe Kangabo w’imyaka 89 y’amavuko, ashinjwa n’umugore we Nyirakaberuka ingeso y’ubusinzi bukabije no kumuhoza ku nkeke, amushinja ibinyoma ko na we amuca inyuma akajya kuryamana n’abandi bagabo.

Uyu mukecuru w’imyaka 70 y’amavuko avuga ko ikintu gikomeye umugabo we akunze kumushinja ari ukujya mu bandi bagabo akamuca inyuma, nyamara ngo ntawundi mugabo arabonera ubwambure.

Ati “N’iyo ntarabutse, ndaza nkarara ijoro ngo mvuye mu bagabo. Ubu yanciye gusenga, iyo ngiye gusenga aravuga ngo ngiye mu bagabo.”

Uyu mukecuru avuga ko we n’umugabo we bahoze babana neza nta ntonganya zirangwa mu rugo rwabo, ariko ko aho uyu musaza atangiriye kunywa agacupa cyane, ibintu byahindutse.

Ati “Kera twabanaga neza ariko ntiyanwyaga inzoga cyane, none ubu ni mubi aranywa nk’igitega.”

Kangabo na we ashinja umugore we ko yijanditse mu ngeso z’ubusambanyi ndetse n’ubusinzi, akavuga ko hari igihe ajya kunywa inzoga agahita ajya no muri izo ngeso mbi z’ubushurashuzi.

Uyu musaza yasabye umugore we ko bajya kwipimisha kwa muganga ko nta ndwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina yaba yaramuzaniye, ariko umukecuru akavuga ko atari ngombwa kuko ntawundi mugabo barahurira mu buriri.

Bamwe mu baturanyi b’uyu muryango, bagaragaza ko bafite impungenge ko amakimbirane yawo ashobora kuzavamo ingaruka zikomeye. Umwe yagize ati “Uyu musaza uko biri bitari rimwe cyangwa kabiri azica uyu mukecuru.”

Abana b’uyu musaza n’uyu mukecuru, na bo bemeza ko intanganya zabo zimaze igihe, ndetse ko bagerageje kubaganiriza bakabunga, ariko bikaba byaraniranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 9 =

Previous Post

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Next Post

Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze
MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.