Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA
0
Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 89 n’umugore we w’imyaka 70 bo mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, bamaze igihe barashakanye, umwe arashinja undi ubusambanyi, undi akamushinja ubusinzi bukabije, ku buryo hari abaturanyi babo babafitiye impungenge ko byazagera aho umwe yivugana undi.

Uyu muryango utuye mu Mudugudu wa Kayigi mu Kagari ka Murehe mu Murenge wa Muyumbu, umaze igihe ucyocyorana bya hato na hato.

Muzehe Kangabo w’imyaka 89 y’amavuko, ashinjwa n’umugore we Nyirakaberuka ingeso y’ubusinzi bukabije no kumuhoza ku nkeke, amushinja ibinyoma ko na we amuca inyuma akajya kuryamana n’abandi bagabo.

Uyu mukecuru w’imyaka 70 y’amavuko avuga ko ikintu gikomeye umugabo we akunze kumushinja ari ukujya mu bandi bagabo akamuca inyuma, nyamara ngo ntawundi mugabo arabonera ubwambure.

Ati “N’iyo ntarabutse, ndaza nkarara ijoro ngo mvuye mu bagabo. Ubu yanciye gusenga, iyo ngiye gusenga aravuga ngo ngiye mu bagabo.”

Uyu mukecuru avuga ko we n’umugabo we bahoze babana neza nta ntonganya zirangwa mu rugo rwabo, ariko ko aho uyu musaza atangiriye kunywa agacupa cyane, ibintu byahindutse.

Ati “Kera twabanaga neza ariko ntiyanwyaga inzoga cyane, none ubu ni mubi aranywa nk’igitega.”

Kangabo na we ashinja umugore we ko yijanditse mu ngeso z’ubusambanyi ndetse n’ubusinzi, akavuga ko hari igihe ajya kunywa inzoga agahita ajya no muri izo ngeso mbi z’ubushurashuzi.

Uyu musaza yasabye umugore we ko bajya kwipimisha kwa muganga ko nta ndwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina yaba yaramuzaniye, ariko umukecuru akavuga ko atari ngombwa kuko ntawundi mugabo barahurira mu buriri.

Bamwe mu baturanyi b’uyu muryango, bagaragaza ko bafite impungenge ko amakimbirane yawo ashobora kuzavamo ingaruka zikomeye. Umwe yagize ati “Uyu musaza uko biri bitari rimwe cyangwa kabiri azica uyu mukecuru.”

Abana b’uyu musaza n’uyu mukecuru, na bo bemeza ko intanganya zabo zimaze igihe, ndetse ko bagerageje kubaganiriza bakabunga, ariko bikaba byaraniranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Next Post

Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

Related Posts

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.