• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

radiotv10by radiotv10
10/11/2025
in MU RWANDA
0
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira yitabye Imana, bikekwa ko yaba yazize ubusinzi.

Uyu mugabo witwa Jean Claude Uwitije, umurambo we wabonetse kuri iki Cyumweru tariki 09 Ugushyingo 2025 ku nzira iherereye mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Ngoma.

Uwitije wari usanzwe akora akazi ko gucukura imva mu irimbi rya Ngoma, bikekwa ko yaba yishwe n’ubusinzi, kuko yakundaga kunywa inzoga cyane akaba yari amaze iminsi anagaragaza intege nke kubera inzoga nyinshi.

Abatuye muri aka gace bavuga ko nyakwigendera yari amaze iminsi agaragaza imbaraga nke z’umubiri, ariko ko byose byaterwaga n’ubusinzi, bakanakeka ko ari bwo bwaba bwabaye intandaro y’urupfu rwe.

Amakuru y’urupfu rw’uyu musaza kandi yanemewe n’Umuvugizi wa Polisi, mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, uvuga ko amakuru yatanzwe n’abo bajyaga basangira inzoga, yemeza ko yari amaze iminsi ibiri afite imbaraga nke. Yagize ati “Yari aryamye hasi ku nzira yubitse inda, nta bikomere agaragaza.”

Inzego zirimo Polisi y’u Rwanda n’urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bakimara kumenyeshwa iby’uyu musaza, zihutiye kuhagera, zihita zijyana umurambo wa nyakwigendera mu Bitaro Bikuru bya Kamonuza bya Huye CHUB mu rwego rwo gukorerwa isuzuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

Next Post

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.