Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusenateri avuze ibikomeye ku bidasanzwe byagaragajwe na Tshisekedi ubwo yaganiraga na Macrom

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umusenateri avuze ibikomeye ku bidasanzwe byagaragajwe na Tshisekedi ubwo yaganiraga na Macrom
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ngo ibyavuzwe na Macron si bishya
  • Na Senateri Evode Uwizeyimana wo mu Rwanda na we yarabinenze

Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo usanzwe ari n’umuhanga muri Dipolomasi, yavuze ko ibyabaye hagati Perezida Emmanuel Macron na Felix Tshisekedi, ari agahomamunwa muri Dipolomasi.

Mu minsi micye ishize, Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yagerendereye Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kimaze iminsi cyugarijwe n’ibibazo by’umutekano.

Kimwe mu byagarutsweho cyane muri uru ruzinduko rwa Macron muri DRCongo, ni uburyo yabwije ukuri mugenzi we Felix Tshisekedi wari witeguye ko azamushyigikira mu birego bye yari amaranye iminsi byo gushinja u Rwanda ko rugira uruhare mu bibazo biri mu Gihugu cye (DRC).

Perezida Emmanuel Macron yabwiye ubutegetsi bwa Congo ko bwaranzwe n’imbaraga nke kuva mu 1994 kuko butigeze bubasha gukemura ibibazo bimaze igihe muri iki Gihugu.

Yaboneyeho kandi kunenga ubutegetsi bwa Congo buhora bwegeka ibibazo ku mahanga, avuga ko ibibazo biri muri Congo ari iby’iki Gihugu ubwacyo ndetse ko no kubishakira umuti bikwiye kuva mu Banyekongo ubwabo.

Ikindi kitazibagirana muri uru ruzinduko, ni uburyo ubwo Perezida Macron na Tshisekedi bari mu kiganiro n’itangazamakuru, babaye nk’abahanganye ndetse uyu mukuru wa DRC akagaragaza imyitwarire itamenyerewe ku Bakuru b’Ibihugu ubwo yatungaga urutoki Emmanuel Macron uyobora Igihugu cy’Igihanganye ku Isi.

Uku gutunga urutoki byakozwe na Tshisekedi byanenzwe na benshi, dore ko ubwo yabikoraga Emmanuel Macron na we yagaragaje ko atabyishimiye, agasa nk’ufata akaboko ka Tshisekedi agasa nk’ukamanura.

 

Ni agahomamunwa muri dipolomasi

Ambasaderi Francine MUYUMBA NKANGA usanzwe ari Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagize icyo avuga ku byagaragaye hagati ya Macron na Tshisekedi.

Yagize ati “Ibyabaye hagati ya Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na Perezida wa Congo, Felix Tshisekedi ni agahomamunwa muri dipolomasi.”

Ambasaderi Francine MUYUMBA NKANGA avuga ko ibi abivuga nk’umuhanga mu mibanire y’Ibihugu dore ko yabaye umupilomate.

Uyu Mushingamategeko wa Congo avuga ko ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu byombi bataganiriye mu buryo bukwiye nk’abantu bagombaga kugirana ibiganiro ku bijyanye n’imibanire y’Ibihugu byabo.

Ati “Perezida Macron ntabwo yavuze ibintu bishya kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni ibintu twahoze tuvuga kuva cyera nubwo njye nabibonyemo akantu gato ko kwiyemera ku ruhande rwa Perezida Emmanuel Macron. Kandi ndibwira ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itagomba kuza ku rutonde rw’Ibihugu byishyizemo u Bufaransa ku Mugabane wa Afurika kuko u Bufaransa uyu munsi buri gutakaza igitinyiro ku Mugabane wa Afurika.”

Senateri Francine avuga ko ari agahomamunwa

 

Ni ubwa mbere nari mbibonye- Senateri Evode

Evode Uwizeyimana na we usanzwe ari Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, na we yanenze imyitwarire yagaragajwe na Perezida Felix Tshisekedi.

Ati “Biriya njye ni ubwa mbere nari mbibonye. Gutunga umukuru w’Igihugu urutoki…ariko nabonye na Macron nk’umuntu uri smart [usobanutse] afata akaboko akakamunura, basa nk’aho baterana amagambo.”

Uyu mushingamategeko usanzwe ari n’umusesenguzi akomeza avuga ko byageze n’aho atekereza ko Perezida Tshisekedi yaba atari ku rwego rwo kuyobora Igihugu.

Ati “Njya ntekereza ko amakosa Tshisekedi ashobora kuba arimo gukora, hari igihe njya ntekereza nkajya kuyashakira mu hahise he. Nashatse CV [ibyo yakoze] ndayibura, mbaza abantu…kuko hari igihe ureba ibintu umuntu akora ukaba wakwibaza ku hahise he.”

Evode Uwizeyimana avuga ko uretse kuba Tshisekedi yarabaye mu ishyaka ryashinzwe n’umubyeyi we Etienne Tshisekedi ariko nta kindi gikorwa cyo ku rwego rwo kuyobora yaba yaranyuzemo.

Ati “Kuyobora Igihugu ni inshingano ziremereye, ntabwo ari inshingano wavumbuka mu gitondo ngo uhite uba Perezida. Ishyaka ryo yaribayemo ariko akazi yakoraga, yatwara itagisi ni ko kazi bambwiye.”

Avuga kugira ngo Tshisekedi yisange ku ntebe yo kuyobora Igihugu, ashobora kuba yarabiciriwemo inzira na Se, ku buryo yaba yaragendeye ku izina rye.

Hon Evode Uwizeyimana yasesenguye ibya Tshisekedi byose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 10 =

Previous Post

Amavubi asabwa ibitangaza ngo yongere ashimishe Abanyarwanda yakoze imyitozo ya mbere

Next Post

Abasirikare bakuru b’u Rwanda bakiriwe n’ab’u Bufaransa muri Gabon bagaragarizwa ibirimo intwaro zikomeye

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare bakuru b’u Rwanda bakiriwe n’ab’u Bufaransa muri Gabon bagaragarizwa ibirimo intwaro zikomeye

Abasirikare bakuru b’u Rwanda bakiriwe n’ab’u Bufaransa muri Gabon bagaragarizwa ibirimo intwaro zikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.