Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusesenguzi agaragaje ingaruka zishobora guterwa n’ibyatangajwe na Tshisekedi kuri Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
06/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umusesenguzi agaragaje ingaruka zishobora guterwa n’ibyatangajwe na Tshisekedi kuri Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya Politiki avuga ko ibyo Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje kuri mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, bishobora gutuma gushakira umuti ibibazo biri mu mubano w’Ibihugu byombi, bigenda biguruntege.

Mu cyumweru gishize, Perezida Paul Kagame yagarutse birambuye ku mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaruka byumwihariko ku byakunze gutangazwa na Felix Tshisekedi wakunze kuvuga ko yifuza gutera u Rwanda.

Yagize ati “Uyu ukomeza kuvuga ibyo, namubwira ko twarambiwe intambara. Ubu dukeneye gukorana tugashaka amahoro hagati y’ibihugu byacu. Nushaka umuntu ufite ubumenyi ku ntambara, uzanshake. Hari icyo nyiziho. Kandi nzi ububi bwayo.”

Mu ijambo rye, Umukuru w’u Rwanda yakomeje agaragaza ko u Rwanda rwo ruhora rwifuza kubana neza n’abaturanyi ndetse n’amahanga yose kuko ruzi neza ko nta kiza cy’intambara. Ati “Ku bw’ibyo nzi n’impamvu nta kintu kiza nko kugira amahoro.”

Perezida Paul Kagame yakomeje agaragaza ikihishe inyuma y’ibitangazwa na Tshisekedi, ko ari iturufu yo kugira ngo asubikishe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe umwaka utaha.

Yagize ati “Kubera ko hari Igihugu kitegura amatora mu mwaka utaha wa 2023, kiri gukoresha ibishoboka byose kugira ngo habeho ibihe bidasanzwe kugira ngo amatora ataba. Muzi n’uburyo yatsinzemo amatora y’ubushize. None arashaka ko aya asubikwa. Ariko yakabaye ashaka indi mpamvu itari twe. ndatekereza ko twifitiye ibindi bibazo byacu ntidukeneye kongeraho iby’abandi.”

Nyuma y’iminsi ibiri Perezida Paul Kagame atangaje ibi, Felix Tshisekedi mu kiganiro yagiranye n’urubyiruko rw’Igihugu cye, yumvikanye mu magambo aremereye avuga ku mukuru w’u Rwanda.

Ni amagambo anyuranye n’ukuri tutifuje no gutangaza mu nkuru yacu, kuko bizwi neza n’Abanyarwanda ndetse n’Isi yose ko Perezida Paul Kagame ari umwe mu bayobozi bagize uruhare rukomeye mu miyoborere myiza yazamuye imibereho y’Abanyarwanda ndetse n’Abanyafurika.

Inzobere akaba n’umusesenguzi mu bya Politiki, Dr Ismael Buchanan yanenze imvugo ya Perezida Felix Tshisekedi yaje mu gihe hari hariho ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi.

Ati “Iyo habayeho ibiganiro ntabwo ari byiza haba ikintu cyo kwataka hagati y’umwe ku wundi, n’ijambo Tshisekedi yagerageje gukoresha, we arataka umuntu ku giti cye, hari igihe hashobora kubamo kugenda biguruntege.”

 

Yakomeje agira ati “Gushotorana hagati bikava hagati y’Abakuru b’Ibihugu bikajya mu nzira nk’iyi, ntabwo byakabaye byiza kuko ari na bo umuntu aba anarebereraho muri rusange.”

Uyu musesenguzi avuga ko nko ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hari bamwe bashobora gusamira hejuru ibyatangajwe n’Umukuru w’Igihugu cyabo, na bo bakongera kwibasira u Rwanda nkuko mu minsi ishize byari bimeze.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Next Post

Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy’umujinya w’umuranduranzuzi

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

25/10/2025
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy’umujinya w’umuranduranzuzi

Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy'umujinya w'umuranduranzuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.