Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusesenguzi agaragaje ingaruka zishobora guterwa n’ibyatangajwe na Tshisekedi kuri Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
06/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umusesenguzi agaragaje ingaruka zishobora guterwa n’ibyatangajwe na Tshisekedi kuri Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya Politiki avuga ko ibyo Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje kuri mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, bishobora gutuma gushakira umuti ibibazo biri mu mubano w’Ibihugu byombi, bigenda biguruntege.

Mu cyumweru gishize, Perezida Paul Kagame yagarutse birambuye ku mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaruka byumwihariko ku byakunze gutangazwa na Felix Tshisekedi wakunze kuvuga ko yifuza gutera u Rwanda.

Yagize ati “Uyu ukomeza kuvuga ibyo, namubwira ko twarambiwe intambara. Ubu dukeneye gukorana tugashaka amahoro hagati y’ibihugu byacu. Nushaka umuntu ufite ubumenyi ku ntambara, uzanshake. Hari icyo nyiziho. Kandi nzi ububi bwayo.”

Mu ijambo rye, Umukuru w’u Rwanda yakomeje agaragaza ko u Rwanda rwo ruhora rwifuza kubana neza n’abaturanyi ndetse n’amahanga yose kuko ruzi neza ko nta kiza cy’intambara. Ati “Ku bw’ibyo nzi n’impamvu nta kintu kiza nko kugira amahoro.”

Perezida Paul Kagame yakomeje agaragaza ikihishe inyuma y’ibitangazwa na Tshisekedi, ko ari iturufu yo kugira ngo asubikishe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe umwaka utaha.

Yagize ati “Kubera ko hari Igihugu kitegura amatora mu mwaka utaha wa 2023, kiri gukoresha ibishoboka byose kugira ngo habeho ibihe bidasanzwe kugira ngo amatora ataba. Muzi n’uburyo yatsinzemo amatora y’ubushize. None arashaka ko aya asubikwa. Ariko yakabaye ashaka indi mpamvu itari twe. ndatekereza ko twifitiye ibindi bibazo byacu ntidukeneye kongeraho iby’abandi.”

Nyuma y’iminsi ibiri Perezida Paul Kagame atangaje ibi, Felix Tshisekedi mu kiganiro yagiranye n’urubyiruko rw’Igihugu cye, yumvikanye mu magambo aremereye avuga ku mukuru w’u Rwanda.

Ni amagambo anyuranye n’ukuri tutifuje no gutangaza mu nkuru yacu, kuko bizwi neza n’Abanyarwanda ndetse n’Isi yose ko Perezida Paul Kagame ari umwe mu bayobozi bagize uruhare rukomeye mu miyoborere myiza yazamuye imibereho y’Abanyarwanda ndetse n’Abanyafurika.

Inzobere akaba n’umusesenguzi mu bya Politiki, Dr Ismael Buchanan yanenze imvugo ya Perezida Felix Tshisekedi yaje mu gihe hari hariho ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi.

Ati “Iyo habayeho ibiganiro ntabwo ari byiza haba ikintu cyo kwataka hagati y’umwe ku wundi, n’ijambo Tshisekedi yagerageje gukoresha, we arataka umuntu ku giti cye, hari igihe hashobora kubamo kugenda biguruntege.”

 

Yakomeje agira ati “Gushotorana hagati bikava hagati y’Abakuru b’Ibihugu bikajya mu nzira nk’iyi, ntabwo byakabaye byiza kuko ari na bo umuntu aba anarebereraho muri rusange.”

Uyu musesenguzi avuga ko nko ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hari bamwe bashobora gusamira hejuru ibyatangajwe n’Umukuru w’Igihugu cyabo, na bo bakongera kwibasira u Rwanda nkuko mu minsi ishize byari bimeze.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 16 =

Previous Post

Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Next Post

Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy’umujinya w’umuranduranzuzi

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be
IBYAMAMARE

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

by radiotv10
09/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy’umujinya w’umuranduranzuzi

Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy'umujinya w'umuranduranzuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.