Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusesenguzi agaragaje ingaruka zishobora guterwa n’ibyatangajwe na Tshisekedi kuri Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
06/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umusesenguzi agaragaje ingaruka zishobora guterwa n’ibyatangajwe na Tshisekedi kuri Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya Politiki avuga ko ibyo Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje kuri mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, bishobora gutuma gushakira umuti ibibazo biri mu mubano w’Ibihugu byombi, bigenda biguruntege.

Mu cyumweru gishize, Perezida Paul Kagame yagarutse birambuye ku mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaruka byumwihariko ku byakunze gutangazwa na Felix Tshisekedi wakunze kuvuga ko yifuza gutera u Rwanda.

Yagize ati “Uyu ukomeza kuvuga ibyo, namubwira ko twarambiwe intambara. Ubu dukeneye gukorana tugashaka amahoro hagati y’ibihugu byacu. Nushaka umuntu ufite ubumenyi ku ntambara, uzanshake. Hari icyo nyiziho. Kandi nzi ububi bwayo.”

Mu ijambo rye, Umukuru w’u Rwanda yakomeje agaragaza ko u Rwanda rwo ruhora rwifuza kubana neza n’abaturanyi ndetse n’amahanga yose kuko ruzi neza ko nta kiza cy’intambara. Ati “Ku bw’ibyo nzi n’impamvu nta kintu kiza nko kugira amahoro.”

Perezida Paul Kagame yakomeje agaragaza ikihishe inyuma y’ibitangazwa na Tshisekedi, ko ari iturufu yo kugira ngo asubikishe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe umwaka utaha.

Yagize ati “Kubera ko hari Igihugu kitegura amatora mu mwaka utaha wa 2023, kiri gukoresha ibishoboka byose kugira ngo habeho ibihe bidasanzwe kugira ngo amatora ataba. Muzi n’uburyo yatsinzemo amatora y’ubushize. None arashaka ko aya asubikwa. Ariko yakabaye ashaka indi mpamvu itari twe. ndatekereza ko twifitiye ibindi bibazo byacu ntidukeneye kongeraho iby’abandi.”

Nyuma y’iminsi ibiri Perezida Paul Kagame atangaje ibi, Felix Tshisekedi mu kiganiro yagiranye n’urubyiruko rw’Igihugu cye, yumvikanye mu magambo aremereye avuga ku mukuru w’u Rwanda.

Ni amagambo anyuranye n’ukuri tutifuje no gutangaza mu nkuru yacu, kuko bizwi neza n’Abanyarwanda ndetse n’Isi yose ko Perezida Paul Kagame ari umwe mu bayobozi bagize uruhare rukomeye mu miyoborere myiza yazamuye imibereho y’Abanyarwanda ndetse n’Abanyafurika.

Inzobere akaba n’umusesenguzi mu bya Politiki, Dr Ismael Buchanan yanenze imvugo ya Perezida Felix Tshisekedi yaje mu gihe hari hariho ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi.

Ati “Iyo habayeho ibiganiro ntabwo ari byiza haba ikintu cyo kwataka hagati y’umwe ku wundi, n’ijambo Tshisekedi yagerageje gukoresha, we arataka umuntu ku giti cye, hari igihe hashobora kubamo kugenda biguruntege.”

 

Yakomeje agira ati “Gushotorana hagati bikava hagati y’Abakuru b’Ibihugu bikajya mu nzira nk’iyi, ntabwo byakabaye byiza kuko ari na bo umuntu aba anarebereraho muri rusange.”

Uyu musesenguzi avuga ko nko ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hari bamwe bashobora gusamira hejuru ibyatangajwe n’Umukuru w’Igihugu cyabo, na bo bakongera kwibasira u Rwanda nkuko mu minsi ishize byari bimeze.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 6 =

Previous Post

Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Next Post

Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy’umujinya w’umuranduranzuzi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy’umujinya w’umuranduranzuzi

Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy'umujinya w'umuranduranzuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.