Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusesenguzi aremeza ko Umunyarwanda wafatiwe muri Ukraine ari maneko wa America

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umusesenguzi aremeza ko Umunyarwanda wafatiwe muri Ukraine ari maneko wa America
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki, Dr Rusa Bagirishya avuga ko Suedi Murekezi ukomoka mu Rwanda ufungiwe muri Ukraine, atari umucuruzi nkuko bivugwa ahubwo ko ari intasi ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ifatwa rya Suedi Murekezi usanzwe afite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America, ravuzwe muri iki cyumweru mu gihe bivugwa ko yafashwe mu kwezi gushize n’abari ku ruhande rw’u Burusiya mu ntambara ibuhanganishije na Ukraine.

Uyu mugabo w’imyaka 35 y’amavuko, tariki 07 Nyakanga 2022 yahamagaye umuvandimwe we witwa Sele Murekezi akamubwira ko afungiye mu mujyi wa Donetsk uherereye mu Burasirazuba bwa Ukraine, akaba afunganywe n’abandi banyamerika babiri ari bo Alexander Drueke na Andy Tai Ngoc Huynh, basanzwe ari abarwanyi bafashwe n’u Burusiya mu kwezi gushize.

Suedi Murekezi ufungiye muri Ukraine

Amakuru avuga ko Suedi Murekezi yahoze mu Gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America kirwanira mu kirere akaba yarakimazemo imyaka umunani.

Inshuti n’abo mu muryango we bavuga ko amaze imyaka ibiri muri Ukraine aho yagiye ku mpamvu z’ubucuruzi.

Umusesenguzi Dr Rusa Bagirishya, mu kiganiro yagiranye na Ukwezi TV, yavuze ko abafatirwa muri Ukraine ari benshi ahubwo icyo umuntu yakwibaza ari impamvu ituma bafatwa.

Avuga ko uyu mugabo ukomoka mu Rwanda wafatiwe muri Ukraine, atari umucuruzi nkuko bivugwa ngo kuko “abantu b’abacuruzi batinya risk [ingaruka]  ku buryo n’aho yacururizaga akabona haje intambara akora uko ashoboye akajya ahandi, ntabwo umuntu w’umucuruzi yajya mu Gihugu kiri kwaka umuriro ajyanyeyo Bizinesi ze.”

Dr Rusa akomeza avuga ko umuntu wabaye umusirikare imyaka ingana kuriya mu Gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, ntakindi cyamujyana muri Ukraine atari ubutasi.

Ati “Ni ba bandi baba bagiye ari ba maneko. Kuki ari we bagarukaho cyane ni we wafashwe wenyine.”

Leta Zunze Ubumwe za America zikomeje gusaba ko uyu Suedi Murekezi n’abandi Banyamerika babiri bafunganywe, basanzwe ari abacuruzi badafite aho bahuriye n’igisirikare bityo ko bakwiye kurekurwa.

Dr Rusa wemeza ko aba bose ari ba maneko, yagize ati “Ntabwo Amerika yavuga ngo ni ba maneko kandi maneko ntabwo agenda ari maneko, agenda afite ibindi akora, hari na ba maneko bagenda bakagenda ari Abapadiri.”

Uyu musesenguzi akomeza avuga ko ibyo Leta Zunze Ubumwe za America, ziri gukora ari propaganda yo gukomeza kumvikanisha ko u Burusiya bwanga Abanyamerika.

Dr Rusa yemeza ko uyu mugabo ari maneko wa USA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − six =

Previous Post

Burundi-Cibitoke: Barambiwe kubona abo mu nzego z’umutekano bakorana na FLN irwanya u Rwanda

Next Post

Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.