Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusesenguzi aremeza ko Umunyarwanda wafatiwe muri Ukraine ari maneko wa America

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umusesenguzi aremeza ko Umunyarwanda wafatiwe muri Ukraine ari maneko wa America
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki, Dr Rusa Bagirishya avuga ko Suedi Murekezi ukomoka mu Rwanda ufungiwe muri Ukraine, atari umucuruzi nkuko bivugwa ahubwo ko ari intasi ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ifatwa rya Suedi Murekezi usanzwe afite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America, ravuzwe muri iki cyumweru mu gihe bivugwa ko yafashwe mu kwezi gushize n’abari ku ruhande rw’u Burusiya mu ntambara ibuhanganishije na Ukraine.

Uyu mugabo w’imyaka 35 y’amavuko, tariki 07 Nyakanga 2022 yahamagaye umuvandimwe we witwa Sele Murekezi akamubwira ko afungiye mu mujyi wa Donetsk uherereye mu Burasirazuba bwa Ukraine, akaba afunganywe n’abandi banyamerika babiri ari bo Alexander Drueke na Andy Tai Ngoc Huynh, basanzwe ari abarwanyi bafashwe n’u Burusiya mu kwezi gushize.

Suedi Murekezi ufungiye muri Ukraine

Amakuru avuga ko Suedi Murekezi yahoze mu Gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America kirwanira mu kirere akaba yarakimazemo imyaka umunani.

Inshuti n’abo mu muryango we bavuga ko amaze imyaka ibiri muri Ukraine aho yagiye ku mpamvu z’ubucuruzi.

Umusesenguzi Dr Rusa Bagirishya, mu kiganiro yagiranye na Ukwezi TV, yavuze ko abafatirwa muri Ukraine ari benshi ahubwo icyo umuntu yakwibaza ari impamvu ituma bafatwa.

Avuga ko uyu mugabo ukomoka mu Rwanda wafatiwe muri Ukraine, atari umucuruzi nkuko bivugwa ngo kuko “abantu b’abacuruzi batinya risk [ingaruka]  ku buryo n’aho yacururizaga akabona haje intambara akora uko ashoboye akajya ahandi, ntabwo umuntu w’umucuruzi yajya mu Gihugu kiri kwaka umuriro ajyanyeyo Bizinesi ze.”

Dr Rusa akomeza avuga ko umuntu wabaye umusirikare imyaka ingana kuriya mu Gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, ntakindi cyamujyana muri Ukraine atari ubutasi.

Ati “Ni ba bandi baba bagiye ari ba maneko. Kuki ari we bagarukaho cyane ni we wafashwe wenyine.”

Leta Zunze Ubumwe za America zikomeje gusaba ko uyu Suedi Murekezi n’abandi Banyamerika babiri bafunganywe, basanzwe ari abacuruzi badafite aho bahuriye n’igisirikare bityo ko bakwiye kurekurwa.

Dr Rusa wemeza ko aba bose ari ba maneko, yagize ati “Ntabwo Amerika yavuga ngo ni ba maneko kandi maneko ntabwo agenda ari maneko, agenda afite ibindi akora, hari na ba maneko bagenda bakagenda ari Abapadiri.”

Uyu musesenguzi akomeza avuga ko ibyo Leta Zunze Ubumwe za America, ziri gukora ari propaganda yo gukomeza kumvikanisha ko u Burusiya bwanga Abanyamerika.

Dr Rusa yemeza ko uyu mugabo ari maneko wa USA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + twenty =

Previous Post

Burundi-Cibitoke: Barambiwe kubona abo mu nzego z’umutekano bakorana na FLN irwanya u Rwanda

Next Post

Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.