Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusesenguzi aremeza ko Umunyarwanda wafatiwe muri Ukraine ari maneko wa America

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umusesenguzi aremeza ko Umunyarwanda wafatiwe muri Ukraine ari maneko wa America
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki, Dr Rusa Bagirishya avuga ko Suedi Murekezi ukomoka mu Rwanda ufungiwe muri Ukraine, atari umucuruzi nkuko bivugwa ahubwo ko ari intasi ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ifatwa rya Suedi Murekezi usanzwe afite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America, ravuzwe muri iki cyumweru mu gihe bivugwa ko yafashwe mu kwezi gushize n’abari ku ruhande rw’u Burusiya mu ntambara ibuhanganishije na Ukraine.

Uyu mugabo w’imyaka 35 y’amavuko, tariki 07 Nyakanga 2022 yahamagaye umuvandimwe we witwa Sele Murekezi akamubwira ko afungiye mu mujyi wa Donetsk uherereye mu Burasirazuba bwa Ukraine, akaba afunganywe n’abandi banyamerika babiri ari bo Alexander Drueke na Andy Tai Ngoc Huynh, basanzwe ari abarwanyi bafashwe n’u Burusiya mu kwezi gushize.

Suedi Murekezi ufungiye muri Ukraine

Amakuru avuga ko Suedi Murekezi yahoze mu Gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America kirwanira mu kirere akaba yarakimazemo imyaka umunani.

Inshuti n’abo mu muryango we bavuga ko amaze imyaka ibiri muri Ukraine aho yagiye ku mpamvu z’ubucuruzi.

Umusesenguzi Dr Rusa Bagirishya, mu kiganiro yagiranye na Ukwezi TV, yavuze ko abafatirwa muri Ukraine ari benshi ahubwo icyo umuntu yakwibaza ari impamvu ituma bafatwa.

Avuga ko uyu mugabo ukomoka mu Rwanda wafatiwe muri Ukraine, atari umucuruzi nkuko bivugwa ngo kuko “abantu b’abacuruzi batinya risk [ingaruka]  ku buryo n’aho yacururizaga akabona haje intambara akora uko ashoboye akajya ahandi, ntabwo umuntu w’umucuruzi yajya mu Gihugu kiri kwaka umuriro ajyanyeyo Bizinesi ze.”

Dr Rusa akomeza avuga ko umuntu wabaye umusirikare imyaka ingana kuriya mu Gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, ntakindi cyamujyana muri Ukraine atari ubutasi.

Ati “Ni ba bandi baba bagiye ari ba maneko. Kuki ari we bagarukaho cyane ni we wafashwe wenyine.”

Leta Zunze Ubumwe za America zikomeje gusaba ko uyu Suedi Murekezi n’abandi Banyamerika babiri bafunganywe, basanzwe ari abacuruzi badafite aho bahuriye n’igisirikare bityo ko bakwiye kurekurwa.

Dr Rusa wemeza ko aba bose ari ba maneko, yagize ati “Ntabwo Amerika yavuga ngo ni ba maneko kandi maneko ntabwo agenda ari maneko, agenda afite ibindi akora, hari na ba maneko bagenda bakagenda ari Abapadiri.”

Uyu musesenguzi akomeza avuga ko ibyo Leta Zunze Ubumwe za America, ziri gukora ari propaganda yo gukomeza kumvikanisha ko u Burusiya bwanga Abanyamerika.

Dr Rusa yemeza ko uyu mugabo ari maneko wa USA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Burundi-Cibitoke: Barambiwe kubona abo mu nzego z’umutekano bakorana na FLN irwanya u Rwanda

Next Post

Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.