Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umushumba wa Kiliziya ku Isi bwa mbere yagaragaye mu ruhame kuva yaremba

radiotv10by radiotv10
24/03/2025
in AMAHANGA
0
Umushumba wa Kiliziya ku Isi bwa mbere yagaragaye mu ruhame kuva yaremba
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis bwa mbere yongeye kugaragara mu ruhame kuva yaremba akajyanwa mu Bitaro, ubu akaba yabivuyemo ariko n’ubundi akazamara amezi abiri yitabwaho.

Papa Francis yagarutse i Vatican kuri iki Cyumweru nyuma y’ibyumweru bitanu ajyanywe mu Bitaro kubera indwara yo mu myanya y’ubuhumekero afite.

Abaganga bavuga ko n’ubundi Papa Francis azamara amezi abiri ari kuruhuka afata n’imiti kugira ngo akire, ndetse akaba yasabwe kuba ahagaritse ibikorwa byo guhura n’abantu benshi.

Papa w’imyaka 88 y’amavuko, yavuye mu Bitaro atwawe mu modoka ye ya Fiat 500L yambaye ibikoresho bimufasha guhumeka ubwo yinjiraga mu Mujyi wa Vatican.

Uyu Mushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi kandi, yaboneyeho kuramutsa abakristu benshi bari baje kumwakira, bari mu mbuga y’i Vatican, aho yagagaragaye bwa mbere nyuma yo kuva mu Bitaro.

Papa Francis wagaragazaga intege nke kubera uburwayi, yaramukije imbaga aho yazamuraga ikiganza abasuhuza anaba umugisha, abakristu na bo bati “Urakabaho Papa!”

Uyu Mushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, iki gihe yari amaze mu Bitaro, ni cyo kibaye kinini mu myaka 12 amaze ari Umushumba wa Kiliziya, ndetse akaba avuye mu Bitaro nyuma yuko abakristu bari bagize impungenge ku buzima bwe ko Imana ishobora kumwisubiza.

Papa Francis nubwo yavuye mu Bitaro, azakomeza gufashwa guhabwa umwuka wo guhumeka, ndetse anakomeze kwitabwaho n’abaganga amasaha 24 kuri 24.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 3 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku mutoza w’umunyabigwi ku Isi watangaje igihe azahagararira gutoza Igihugu atoza

Next Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku cyemezo cya M23 n’icya FARDC

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku cyemezo cya M23 n’icya FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.