Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umushyikirano2023: Guverinoma yagize icyo ivuga ku ngingo yari itegerejwe n’Abanyarwanda hafi ya bose

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Umushyikirano2023: Guverinoma yagize icyo ivuga ku ngingo yari itegerejwe n’Abanyarwanda hafi ya bose
Share on FacebookShare on Twitter

Ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko, kiza ku isonga mu byavugwaga n’abaturage ko bifuza ko Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yazakigaho. Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo ikivugaho, itanga ubutumwa bw’ihumure.

Hamaze iminsi havugwa izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ku masoko, rikomeje kugarukwaho na benshi bavuga ko ryahungabanyije imibereho yabo.

Ubwo Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yari igiye gutangira, benshi mu Banyarwanda bavugaga ko ikwiye kwiga kuri iki kibazo cy’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko kuri iki kibazo yifuza “gutanga ubutumwa bw’ihumure, mpumurize Abanyarwanda, ntabwo twabibagiwe kuko guhera ejo bose babajije bavuga bati ‘ibiciro birazamuka n’uyu munsi babigarutseho, rwose nagira ngo mbahe ihumure ko Leta ntabwo yigeze itererana Abanyarwanda muri icyo kibazo.”

Minisitiri w’Intebe yagarutse ku byagiye bikorwa na Guverinoma y’u Rwanda mu rwego rwo kugabanya ingaruka iri zamuka ry’ibiciro ryagira ku Banyarwanda, birimo gutanga inyunganizi mu rwego rw’ubwikorezi.

Ati “Iyo tutazishyiramo nka Guverinoma, ibiciro tubone uyu munsi byari kuba biri inshuro ebyiri. N’aho biri uyu munsi ni uko hari icyo Leta yakoze kandi gikomeye.”

Yavuze ko nko mu biciro by’ibikomoka kuri Peteroli, nko ku makamyo atwara ibiribwa ndetse n’imodoka zitwara abagenzi, Leta yagize byinshi yigomwa kugira ngo bitazamuka cyane ngo bibe byanagira ingaruka ku biciro by’ibicuruzwa.

Ati “Iriya nyunganizi iyo itabamo ni ukuvuga ngo ibiciro byo gutwara ibiribwa byari kuba byarabaye birebire cyane ubu tukaba dufite ibiciro bitari ibi dufite uyu munsi, wenda byari kuba inshuro ebyiri cyangwa eshatu.”

Yakomeje agaruka ku bitera izamuka ry’ibiciro birimo igabanuka ry’umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ndetse n’igiciro cyo gusarura, guhinga no korora nacyo cyazamutse.

Yavuze ko nk’igiciro cy’ifumbire muri iki gihe cyazamutse kikikuba kabiri. Ati “Bivuze ko icyo umuntu ahinga ajya kugisarura cyamutwaye amafaranga menshi na we akajya kukigurisa menshi.”

Yavuze kandi ko no muri uru rwego, mu gihembwe cy’ihinga A gishize, Guverinoma yatanze inkunga y’ifumbire nyinshi ndetse hatangwa n’izindi nyunganizi, byose bigamije kuzongera umusaruro w’ubuhinzi “kugira ngo ibiciro bigabanuke.”

Yakomeje agira ati “Icyizere nabaha ni uko nk’umusaruro turimo tubona wavuye muri sizoni A ni ukuvuga icyiciro cy’ubuhinzi bwatangiye mu kwa cyenda k’umwaka ushize ubu turi gusarura mu kwezi kwa mbere n’ukwa kabiri, dufite icyizere ko umusaruro w’ibigori wikububye kabiri, uw’ibirayi wikuba kabiri, uw’ibishyimbo wo wagabanutseho akantu gato kubera amapfa yari yashatse kuba mu Majyepfo ndetse n’igice cyo mu burasirazuba.

Ibyo bisobanuye ko muri iyi minsi twatangiye kubona igiciro cy’ibigori kimanuka kiva ku mafaranga Maganinani (800Frw) kijya ku mafaranga maganane (400Frw), ubwo rero n’ibindi nk’ibiranyi biragenda biza kumanuka, ni cyo cyizere dufite.”

Dr Ngirente yagarutse kandi ku mpamvu zatumye habaho izamuka ry’ibiciro ziturutse hanze y’u Rwanda, akaba ari byo bigora Leta y’u Rwanda ariko ko iticaye kandi izakomeza gukora ibiri mu bushobozi bwayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame agiye guhabwa igihembo gikomeye mu bya Football

Next Post

Uko Uturere dukurikirana mu Mihigo2021-2022: Aka mbere gaheruka kuba aka 13

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Uturere dukurikirana mu Mihigo2021-2022: Aka mbere gaheruka kuba aka 13

Uko Uturere dukurikirana mu Mihigo2021-2022: Aka mbere gaheruka kuba aka 13

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.