Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Umusirikare wa RDF uregwa kwica abaturage batanu yaburanishirijwe imbere y’imbaga abanza gutanga inzitizi

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
BREAKING: Umusirikare wa RDF uregwa kwica abaturage batanu yaburanishirijwe imbere y’imbaga abanza gutanga inzitizi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare ufite ipeti rya Sergeant uherutse kwica abaturage batanu abarasiye mu kabari ko mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke, yagiye kuburanishirizwa mu ruhame imbere y’abaturage baje kumva urubanza ari benshi, abanza kuvuga ko atiteguye kuburana kubera impamvu y’uburwayi.

Ni urubanza rwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Ukuboza 2024, imbere y’imbaga y’abaturage bo muri uyu Murenge, bari baje kumva imiburanishirize yarwo ari benshi, aho rwabereye mu Mudugudu wa Rubyiruko mu Kagari ka Rusharara.

Uretse abaturage bo muri aka gace bari baje kumva iby’uru rubanza, rwanakurikiwe n’abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda, bari baje kumva iby’ibi byaha biregwa mugenzi wabo.

Ni urubanza Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buregamo Sgt Minani Gervais w’imyaka 39 akekwaho kurasa abantu batanu aho iki cyaha cyabaye tariki 13 z’ukwezi gushize k’Ugushyingo 2024.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare, bwabwiye Inteko y’Urukiko rwa gisirikare iburanisha uru rubanza ko  Sgt Minani aregwa ibyaha birimo icy’ubwicanyi burutse ku bushake, kwica bidategetswe n’Umukuru, ndetse n’icyaha cyo guhisha no kuzimiza intwaro ku bushake.

Ubwo uru rubanza rwari ruri gutangira, uruhande rw’uregwa, rwatanze inzitizi, rusaba ko rusubikwa, kuko uyu musirikare afite ikibazo cy’uburwayi.

Ni icyifuzo cyazamuye impaka, aho Ubushinjacyaha bwa Gisirikare, bwavugaga ko iyi mpamvu itatanzwe mbere, bityo ko ntacyabuza iburanisha gukomeza.

Nyuma yuko Urukiko rwumvise impaka z’impande ziri kuburana, Inteko iburanisha yafashe umwanya wo kwiherera kugira ngo isuzume iki cyifuzo cy’uregwa.

Nyuma yo kwiherera, Umucamanza yatangaje icyemezo, avuga ko urubanza rugomba gukomeza, hasobanurwa imikorere y’icyaha kiregwa uyu musirikare.

Umunyamategeko wunganira uregwa, akimara kumva iki cyemezo, yavuze ko atiteguye kuburanira uregwa, kuko batabonye umwanya uhagije wo kugira ngo baganire ku bimenyetso biri muri dosiye y’ikirego cye, kugira ngo bazabone uko babyireguraho.

Ubwo ibi byago byari bikamara kuba by’abaturage batanu bishwe n’uyu musirikare, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko “Bwafashe ingamba zikwiye zo kumukurikirana mu nzira z’amategeko.”

Uyu musirikare yaburanishirijwe imbere y’imbaga y’abaturage
Abaturage bari baje ari benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − three =

Previous Post

Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu

Next Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yashyizeho Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mushya

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yashyizeho Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mushya

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yashyizeho Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.