• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umusitari uzwi ku Isi yagiye mu Birunga kureba uko umwana w’Ingagi yise izina amerewe

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umusitari uzwi ku Isi yagiye mu Birunga kureba uko umwana w’Ingagi yise izina amerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Sherrie Silver akaba umubyinnyi mpuzamahanga umaze kubaka izina ku Isi, yagiye gusura umwana w’Ingagi yise izina mu myaka ine ishize.

Mu muhango wo kwita Izina abana b’Ingagi wabaye tariki 06 Nzeri 2019, Sherrie Silver ni umwe mu byamamare bise abana 25, aho yamwise ‘Ibirori’.

Uyu mubyinnyi uri mu Rwanda, wanasusurukije abitabiriye ibirori byo gutangiza iserukiramuco cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 ya Giant of Africa, yagaragaje ko yagiye gusura umwana w’Ingagi yise izina.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, buherekejwe n’ifoto ari muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, Sherrie Silver yagize ati “Nagiye gusura umwana wanjye w’ingagi uyu munsi! Ni ku nshuro ya kane nsuye Ingagi zo mu Birunga ariko buri gihe mpagirira ibihe byihariye.”

Sherrie Silver yishimiye kongera gusura Ingagi

Ni mu gihe habura iminsi micye ngo mu Rwanda hongere kuba umuhango wo Kwita Izina Abana b’Ingagi, aho hazahabwa amazina abana b’Ingagi 23 mu muhango uzabera mu Kinigi tariki 01 Nzeri 2023.

Sherrie Silver kandi mu mpera z’icyumweru gishize, yanabonanye na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, nyuma y’uko uyu mubyinnyikazi yari amaze gususurutsa abantu mu itangizwa ry’iserukiramuco rya Giant of Africa, ryatangijwe ku mugaragaro n’Umukuru w’u Rwanda.

Uyu mubyinnyikazi, yagaragaje ibyishimo byo kuba yahuye n’Umukuru w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame bakomeje guteza imbere urubyiruko.

Mu butumwa bwe, Sherrie Silver yagize ati “Iri joro ryari igitangaza! Nishimira kugira Perezida na Madamu wa Perezida kuba bakomeje gushyigikira urubyiruko.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Next Post

Zimbabwe: Abashyigikiye uhabwa amahirwe yo kuba Perezida bahuye n’uruva gusenya

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

Next Post
Zimbabwe: Abashyigikiye uhabwa amahirwe yo kuba Perezida bahuye n’uruva gusenya

Zimbabwe: Abashyigikiye uhabwa amahirwe yo kuba Perezida bahuye n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.