Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umusitari uzwi ku Isi yagiye mu Birunga kureba uko umwana w’Ingagi yise izina amerewe

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umusitari uzwi ku Isi yagiye mu Birunga kureba uko umwana w’Ingagi yise izina amerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Sherrie Silver akaba umubyinnyi mpuzamahanga umaze kubaka izina ku Isi, yagiye gusura umwana w’Ingagi yise izina mu myaka ine ishize.

Mu muhango wo kwita Izina abana b’Ingagi wabaye tariki 06 Nzeri 2019, Sherrie Silver ni umwe mu byamamare bise abana 25, aho yamwise ‘Ibirori’.

Uyu mubyinnyi uri mu Rwanda, wanasusurukije abitabiriye ibirori byo gutangiza iserukiramuco cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 ya Giant of Africa, yagaragaje ko yagiye gusura umwana w’Ingagi yise izina.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, buherekejwe n’ifoto ari muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, Sherrie Silver yagize ati “Nagiye gusura umwana wanjye w’ingagi uyu munsi! Ni ku nshuro ya kane nsuye Ingagi zo mu Birunga ariko buri gihe mpagirira ibihe byihariye.”

Sherrie Silver yishimiye kongera gusura Ingagi

Ni mu gihe habura iminsi micye ngo mu Rwanda hongere kuba umuhango wo Kwita Izina Abana b’Ingagi, aho hazahabwa amazina abana b’Ingagi 23 mu muhango uzabera mu Kinigi tariki 01 Nzeri 2023.

Sherrie Silver kandi mu mpera z’icyumweru gishize, yanabonanye na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, nyuma y’uko uyu mubyinnyikazi yari amaze gususurutsa abantu mu itangizwa ry’iserukiramuco rya Giant of Africa, ryatangijwe ku mugaragaro n’Umukuru w’u Rwanda.

Uyu mubyinnyikazi, yagaragaje ibyishimo byo kuba yahuye n’Umukuru w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame bakomeje guteza imbere urubyiruko.

Mu butumwa bwe, Sherrie Silver yagize ati “Iri joro ryari igitangaza! Nishimira kugira Perezida na Madamu wa Perezida kuba bakomeje gushyigikira urubyiruko.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − nine =

Previous Post

Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Next Post

Zimbabwe: Abashyigikiye uhabwa amahirwe yo kuba Perezida bahuye n’uruva gusenya

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Zimbabwe: Abashyigikiye uhabwa amahirwe yo kuba Perezida bahuye n’uruva gusenya

Zimbabwe: Abashyigikiye uhabwa amahirwe yo kuba Perezida bahuye n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.