Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

radiotv10by radiotv10
28/10/2021
in MU RWANDA
0
UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko komisiyo y’uburenganzira bwa muntu igaragaje ko inzego z’umutekano zahungabanyije abaturage by’umihariko muri ibi bihe bya COVID19, hari abaturage bavuga ko nabo babyiboneye n’amaso yabo, gusa ngo bababazwa n’uko aba batabiryozwa.

Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu ivuga mu bihe binyuranye by’umwihariko mu gihe cya COVID-19 ,inzego z’umutekano zahungabanyije abaturage .

Iyi komisiyo ivuga ko  mu turere 15 yakoreymo ubushakashatsi yasanze hari aho inzego z’umutekano nka polisi, Dasso n’irondo ry’umwuga zawuhungabanyije cyane ndetse abaturage bamwe banagiriramo ibibazo bikomeye by’ubuzima.

Bamwe mu baturage twaganiriye nabo bemeranya n’iyi komisiyo bakavuga ko muri iki gihe cy’icyorezo hari abapolisi,cyangwa abanyerondo bitwaje ububasha bafite bahungabanya rubanda, ndetse ngo bamwe nta na gikurikirana babonye.

Uwitwa Siborurema utuye mu mu murenge wa Kinyinya yavuze ko ibi iwabo byahabaye isnhuro nyinshi. Ati ” Hambere umunyerondo yakubise umuntu amumena uruhago kandi ntibakurikiranywe. Ku itari 2 Kamena nabwo abanyerondo birukankana umuntu agwa mu mukingo avunika igufa ry’akaguru,mwumvise wa mwana wo muri Rwamagana warashwe n’umuolisi ,ubu uwo mupolisi arakidegembya kandi bene umuntu baramushyinguye.”

Mugenzi we na we utashatse kugaragara mu itangazamakuru  ,ati ” Umuyobozi yasangaga abaturage begeranye, bari mu kabari cyangwa se barigukora ibindi binyuranyije n’amabwiriza,agahita akubita,abandi akajyana mu bigo by’inzererezi. Rwose baraduhungabanyije sinatinya kubivuga.”

Aba baturage basanga  leta ihagrukiye bene aba banyamutekano ngo bacisha make ,bagaha agaciro imyanya bariho n’abaturage.

Ati ” Leta ikwiye kubishyiramo imbaraga, umuyobozi yabangamira abaturage ,bagahita bamukuraho nta mananiza,ubwo bitagenze gutyo rero,iki kibazo ntikizacika.”

Komisiyo ivuga ko mu birego yakurikiranye ngo harimo n’iby’abapolisi bagize uruhare mu kuvutsa abantu uburenganziira bwo kubaho barabica.

Twashatse kumenya icyo polisi yurwanda ivuga kuri iyi raporo n’icyo igiye gukora, ariko ntibyadukundira kuyibona,gusa umuvugizi wayo yatubwiye ko igihe cyose azahugukira yiteguye kuzabivugaho.

Iyi raporo kandi igaragaza ko mu birego 597 yakurikiranye,90.% byabyo byagaragayemo ihohoterwa,harimo abaturage bane bo mu turere twa  Nyanza, Rwamagana na Ngoma bishwe n’abashinzwe umutekano babaziza amakosa afitanye isano no kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID119, icyakora ngo bakurikiranywe mu butabera.

Rubanda na none yifuza ko uwajya akurikiranwaho ubu bugizi bwa nabi, ngo byajya bireka kugirwa ubwiru ,akazanwa mu ruhame byanashoboka aakjyanwa aho yakoreye icyaha,kugirango ba baturage yahungabanyije bamenye ko babonye ubutabera, naho ngo batabaye ibyo ikibazo nkiki ntikizagira iherezo.

Inkuru ya Nyiransabimana Eugenie/Radio&Tv10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + two =

Previous Post

Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman

Next Post

Kapiteni wa Uganda na Muzamiru Mutyaba  bakoze imyitizo yabo ya mbere muri Kiyovu  

Related Posts

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

by radiotv10
20/11/2025
0

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira...

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

by radiotv10
20/11/2025
0

Culture is more than traditions, dances, food, or clothing. It is the identity of a people the stories they tell,...

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

IZIHERUKA

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara
AMAHANGA

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kapiteni wa Uganda na Muzamiru Mutyaba  bakoze imyitizo yabo ya mbere muri Kiyovu  

Kapiteni wa Uganda na Muzamiru Mutyaba  bakoze imyitizo yabo ya mbere muri Kiyovu  

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.