Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza Tuchel w’ikimenyabose i Burayi yateye indi ntambwe mu mwuga we

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umutoza Tuchel w’ikimenyabose i Burayi yateye indi ntambwe mu mwuga we
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza Thomas Tuchel watoje amakipe anyuranye ku Mugabane w’u Burayi, nka Borussia Dortmund na Bayern Munich zo mu Budage, Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, na Chelsea yo mu Bwongereza, yagizwe umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza (Three Lions).

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza ryatangaje ko uyu mutoza w’Umudage Thomas Tuchel w’imyaka 51, watwaranye n’ikipe ya Chelsea igikombe cya UEFA Champions League, ari we mutoza mukuru w’ikipe y’iki Gihugu.

Tuchel azungirizwa n’umutoza w’Umwongereza, Anthony Barry, uzwi cyane dore ko bagiye bakorana mu makipe atandukanye.

Thomas Tuchel, watoje Borussia Dortmund hagati ya 2015 na 2017, agatwarana na yo igikombe cy’igihugu cy’u Budage (DFB Pokal) cya 2016-2017, agatoza na Paris Saint Germain hagati ya 2018 na 2020, yo akayihesha ibikombe bitandatu birimo bibiri bya Shampiyona y’u Bufaransa, kimwe cya Coupe de France, ikindi kimwe cya Coupe de la Ligue, n’ibindi bibiri bya Trophées des Champions.

Si mushya mu Bwongereza kuko kuva ku ya 26 Mutarama 2021 kugeza ku ya 07 Nzeri 2022, yari umutoza w’ikipe ya Chelsea, yatwaranye na yo ibikombe bitatu, birimo igikombe kimwe cya UEFA Champions League, kimwe cya UEFA Super Cup n’ikindi cya FIFA Club World Cup.

Icyemezo cyo guha Tuchel akazi hamwe n’umwungiriza we Anthony Barry, cyafashwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza mu ntangiririro z’icyumweru gishize, aho amakuru avuga ko Thomas Tuchel yasinye amasezerano ye yo kuba Umutoza w’u Bwongereza ku ya 07 Ukwakira 2024, ariko ntibihite bitangazwa kugira ngo bidateza umwuka mubi mu ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, dore ko yari ifite imikino ibiri igomba gukina, uwo bakiriyemo u Bugereki ku ya 10 Ukwakira 2024 n’uwo basuyemo Finland ku ya 13 Ukwakira 2024.

SunSport itangaza ko Tuchel yasinye amasezerano y’umwaka umwe n’igice (amezi 18), aho umushahara we ku mwaka ari miliyoni 5 z’Ama-Pounds, bikaba byitezwe ko we n’umwungiriza we Anthony Barry bazatangira akazi ku ya 01 Mutarama 2025, bivuze ko Lee Carsley, wari usigaye atoza ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza nyuma yuko itandukanye na Gareth Southgate, ari we uzatoza imikino ibiri iki Gihugu gifite mu kwezi k’Ugushyingo 2024.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje ibintu bitatu by’ingenzi byafasha Congo kurandura burundu ibibazo byayibayeho akarande

Next Post

Haravugwa iki nyuma y’icyemezo ‘gitunguranye’ cyo gufunga irimbi rya Nyamirambo?

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa iki nyuma y’icyemezo ‘gitunguranye’ cyo gufunga irimbi rya Nyamirambo?

Haravugwa iki nyuma y’icyemezo 'gitunguranye' cyo gufunga irimbi rya Nyamirambo?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.