Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

radiotv10by radiotv10
05/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
1
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Seninga Innocent wari uherutse gusubizwa mu nshingano n’ikipe ya Etincelles FC yari yarigeze gutoza ikaza kumuhagarika, yasezeye rugikubita, ashinja ubuyobozi bw’iyi kipe kumusuzugura.

Mu kwezi gushize Seninga yagaruwe nk’Umutoza Mukuru wa Etincelles ndetse tariki 16 Nyakanga yari yahise atangiza imyitozo y’iyi kipe yo kwitegura umwaka w’imikino wa 2025-2026.

Gusa amakuru yageraga kuri RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yavugaga ko uyu munsi atatoje iyi kipe ikomeje imyitozo, aho byakekwaga ko yamaze gusezera.

Uyu mutoza wari uherutse no kwikoza muri Zambia ariko iby’ikipe yari agiye gutoza bikazamo kirogoya, yemeje ko yamaze gusezera iyi kipe ya Etincelles yari iherutse kumuha akazi.

Avuga ko nta baruwa yanditse asezera kuko yari atarahabwa amasezerano y’akazi, ahubwo ko we icyo yakoze ari uguhagarika inshingano.

Yagize ati “Nta mpamvu yo kwandika nsezera kuko nari umunyakiraka, kuko nta faranga na rimwe rya bo nahawe.”

Yavuze kandi ko Umunyamabanga Mukuru wa Etincelles, Bagoyi Sultan ari inyuma yo guhagarika inshingo kwe, kuko yanyereje amafaranga yagombaga guhabwa na Perezida w’iyi kipe.

Ati “Na installation fees (amafaranga yo kwitegura) Perezida yanyoherereje umwe mu bo bakorana yarayijyaniye ntiyangeraho. Ibyo rero nabifashe nk’agasuzuguro.”

Uyu mutoza wigeze no guhagarikwa n’ubuyobozi bw’iyi kipe ya Etincelles, yavuze ko nyuma yo kugarurwa mu nshingano, yanimwe uburenganzira mu bikorwa byo gushaka no gusinyisha abakinnyi abona bazamufasha mu kazi ke.

Yavuze ko hari abakinnyi we yagiye abereka yifuzaga ariko “bakabanga, bakizanira ababo bakabasinyisha ntabizi kandi ari njye uzabazwa umusaruro.”

Avuga ko ibi byose byatumye afata icyemezo cyo guhagarika inshingano ze nk’umutoza wa Etincelles, wagombaga kuzafasha iyi kipe muri shampiyona ya 2025-2026 ibura iminsi micye ngo itangire.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jados says:
    4 months ago

    Ariko ubanza Seninga nawe Ari nkawa mwana murizi udakurwa urutozi pe!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Next Post

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.