Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe

radiotv10by radiotv10
30/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutungo wa RNIT Iterambere Fund muri 2023 wageze muri miliyari 41,4 Frw uvuye kuri miliyari 28,5 Frw wariho mu mwaka wa 2022, uzamuka ku kigero cya 45%. Ubuyobozi bwacyo bwavuze ibanga ryatumye ibi bigerwaho.

Byagaragajwe mu Nama Rusange y’iki Kigega yateranye kuri uyu wa Kane tariki 28 Werurwe 2024, cyagaragaje ko mu mwaka wa 2023, umutungo wa RNIT Iterambere Fund wageze kuri 41 424 520 364 Frw uvuye kuri 28 547 935 150 Frw wariho mu mwaka wa 2022.

Inyungu y’iki kigega na yo yageze kuri 3 494 623 091 Frw ivuye kuri 2 290 399 923 Frw, aho harimo ubwiyongere bwa 53%.

Imibare yagaragajwe kandi yerekana ko hagati y’umwaka wa 2020 na 2023 umutungo w’iki kigo wikubye inshuro 2,7, mu gihe muri iyo myaka Abanyarwanda bari bugarijwe n’ibibazo by’ubukungu byatewe na COVID-19 n’ingaruka z’intambara y’u Burusiya na Ukraine.

Umuyobozo w’Ikigega RNIT Iterambere Fund, Jonathan Gatera yavuze ko ubwo iki cyorezo cyari kigabanyije umurego, abantu bizigamiye cyane.

Yagize ati “Kandi mu gihe cya Covid, abantu bari barizigamiye babonaga amafaranga mu buryo bworoshye, abo batubereye ba ambasaderi. Icya kabiri; amafaranga yariyongereye kubera ko n’ababyumvise bazanye amafaranga menshi, harimo ibigo nka bibiri by’ubucuruzi. Ariko n’umubare wariyongereye kuko abantu basaga ibihumbi birindwi byongereyeho, ni umubare munini. Byavuye mu bukangurambaga twakoze, ariko n’inyungu twari twabonye mu mwaka wari wabanje yari ishimishije.”

Uyu mwaka Kandi ushize Kandi umugabane muri iki kigo ugeze kuri 210,74 Frw uvuye ku 189,03 Frw, ndetse n’inyungu igeze kuri 11.55% ivuye kuri 11.42%.

Me Moise Nkundabarashi uyobora Urugaga rw’Abavoka; nk’umwe mu bizigamira muri RNIT Iterambere Fund, avuga ko yashoye ahunguka kandi hazwi n’amategeko.

Ati “Abavoka buriya ni abantu bagira amakenga cyane kubera umwuga wabo, ariko mu myaka ibiri ishize ni bwo twatangiye gukorana n’ikigega RNIT Iterambere Fund, ariko ejo umuyobozi mukuru ampamagaye naramubwiye ngo ikintu kimwe nicuza ni ukuba twaratinze. Njye buri gihe saa kumi n’ebyiri z’umugoroba iyo mvuye ku kazi mfata umwanya nkajya kuri telefoni nkareba ayo nungutse ku munsi.”

Depite Bizimana Minani Deogratias na we usanzwe ari umwe mu banyamigabane b’iki Kigega, asaba abaturage gushinga iterambere ryabo RNIT.

Ati “Nabamara impungenge ko bajya muri iki kigo. Iki ni ikigo cy’ishoramari, bakajya babitsa amafaranga muri iki kigega, atari ukujya babitsa babikuza. Buri munsi inyungu zijyaho. Wabonye ko tugeze kuri 11.55%, ni amafaranga menshi, banki iyaguha ntaho wayikura.”

Iki kigo kivuga ko gikomeje gushyira imbaraga mu mitangire ya serivisi binyuze mu ikoranabuhanga, kigatangaza ko kongera umubare w’abizigamira bizagira uruhare mu kuzamura uruhare rw’ubwizigamire ku musaruro mbumbe w’Igihugu, kuko leta yihaye umukoro ko bugomba kuva kuri 14% by’umusaruro mbumbe bikagera kuri 30%.

Byagaragajwe mu Nama Rusange
Yatumiwemo bamwe mu banyamigabane

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Hagaragajwe abamara igihe kinini mu mirimo idahemberwa hagati y’abagore n’abagabo mu Rwanda

Next Post

Minisitiri yageneye urubyiruko ubutumwa ku gitaramo kizaririmbamo Israel Mbonyi na Kolari Christus Regnat

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

IZIHERUKA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya
MU RWANDA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri yageneye urubyiruko ubutumwa ku gitaramo kizaririmbamo Israel Mbonyi na Kolari Christus Regnat

Minisitiri yageneye urubyiruko ubutumwa ku gitaramo kizaririmbamo Israel Mbonyi na Kolari Christus Regnat

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.