Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe

radiotv10by radiotv10
30/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umutungo w’ikigega RNIT-Iterambere ugeze muri miliyari 41Frw nyuma yo kwikuba hafi 2 mu mwaka umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutungo wa RNIT Iterambere Fund muri 2023 wageze muri miliyari 41,4 Frw uvuye kuri miliyari 28,5 Frw wariho mu mwaka wa 2022, uzamuka ku kigero cya 45%. Ubuyobozi bwacyo bwavuze ibanga ryatumye ibi bigerwaho.

Byagaragajwe mu Nama Rusange y’iki Kigega yateranye kuri uyu wa Kane tariki 28 Werurwe 2024, cyagaragaje ko mu mwaka wa 2023, umutungo wa RNIT Iterambere Fund wageze kuri 41 424 520 364 Frw uvuye kuri 28 547 935 150 Frw wariho mu mwaka wa 2022.

Inyungu y’iki kigega na yo yageze kuri 3 494 623 091 Frw ivuye kuri 2 290 399 923 Frw, aho harimo ubwiyongere bwa 53%.

Imibare yagaragajwe kandi yerekana ko hagati y’umwaka wa 2020 na 2023 umutungo w’iki kigo wikubye inshuro 2,7, mu gihe muri iyo myaka Abanyarwanda bari bugarijwe n’ibibazo by’ubukungu byatewe na COVID-19 n’ingaruka z’intambara y’u Burusiya na Ukraine.

Umuyobozo w’Ikigega RNIT Iterambere Fund, Jonathan Gatera yavuze ko ubwo iki cyorezo cyari kigabanyije umurego, abantu bizigamiye cyane.

Yagize ati “Kandi mu gihe cya Covid, abantu bari barizigamiye babonaga amafaranga mu buryo bworoshye, abo batubereye ba ambasaderi. Icya kabiri; amafaranga yariyongereye kubera ko n’ababyumvise bazanye amafaranga menshi, harimo ibigo nka bibiri by’ubucuruzi. Ariko n’umubare wariyongereye kuko abantu basaga ibihumbi birindwi byongereyeho, ni umubare munini. Byavuye mu bukangurambaga twakoze, ariko n’inyungu twari twabonye mu mwaka wari wabanje yari ishimishije.”

Uyu mwaka Kandi ushize Kandi umugabane muri iki kigo ugeze kuri 210,74 Frw uvuye ku 189,03 Frw, ndetse n’inyungu igeze kuri 11.55% ivuye kuri 11.42%.

Me Moise Nkundabarashi uyobora Urugaga rw’Abavoka; nk’umwe mu bizigamira muri RNIT Iterambere Fund, avuga ko yashoye ahunguka kandi hazwi n’amategeko.

Ati “Abavoka buriya ni abantu bagira amakenga cyane kubera umwuga wabo, ariko mu myaka ibiri ishize ni bwo twatangiye gukorana n’ikigega RNIT Iterambere Fund, ariko ejo umuyobozi mukuru ampamagaye naramubwiye ngo ikintu kimwe nicuza ni ukuba twaratinze. Njye buri gihe saa kumi n’ebyiri z’umugoroba iyo mvuye ku kazi mfata umwanya nkajya kuri telefoni nkareba ayo nungutse ku munsi.”

Depite Bizimana Minani Deogratias na we usanzwe ari umwe mu banyamigabane b’iki Kigega, asaba abaturage gushinga iterambere ryabo RNIT.

Ati “Nabamara impungenge ko bajya muri iki kigo. Iki ni ikigo cy’ishoramari, bakajya babitsa amafaranga muri iki kigega, atari ukujya babitsa babikuza. Buri munsi inyungu zijyaho. Wabonye ko tugeze kuri 11.55%, ni amafaranga menshi, banki iyaguha ntaho wayikura.”

Iki kigo kivuga ko gikomeje gushyira imbaraga mu mitangire ya serivisi binyuze mu ikoranabuhanga, kigatangaza ko kongera umubare w’abizigamira bizagira uruhare mu kuzamura uruhare rw’ubwizigamire ku musaruro mbumbe w’Igihugu, kuko leta yihaye umukoro ko bugomba kuva kuri 14% by’umusaruro mbumbe bikagera kuri 30%.

Byagaragajwe mu Nama Rusange
Yatumiwemo bamwe mu banyamigabane

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − four =

Previous Post

Hagaragajwe abamara igihe kinini mu mirimo idahemberwa hagati y’abagore n’abagabo mu Rwanda

Next Post

Minisitiri yageneye urubyiruko ubutumwa ku gitaramo kizaririmbamo Israel Mbonyi na Kolari Christus Regnat

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri yageneye urubyiruko ubutumwa ku gitaramo kizaririmbamo Israel Mbonyi na Kolari Christus Regnat

Minisitiri yageneye urubyiruko ubutumwa ku gitaramo kizaririmbamo Israel Mbonyi na Kolari Christus Regnat

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.