Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana wishyuza Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize miliyoni 282 Frw y’imisanzu y’umubyeyi we, avuga ko yigeze kwitwa umutekamutwe nyamara Inkiko zaremeje ibyo yishyuza.

Uyu muturage witwa Ugiyekera Theoneste watanze ikibazo cye ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yari mu Nteko y’Abaturage bo muri aka gace, yagaragaje imiterere y’ikibazo cye cyo kuba amaze imyaka irenga 10 asiragirizwa kuri miliyoni 282 Frw yishyuza RSSB.

Avuga ko umubyeyi we (Se) yari yarizigamiye mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) Miliyoni 282 Frw, aho yakoraga mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro kuva mu 1940, akaza kwitaba Imana atayahawe.

Avuga ko yiyambaje inzego zinyuranye zirimo RSSB ubwayo ndetse n’Inkiko, ati “Njya muri RSSB baza kumbwira ngo ninjye muri Minisiteri ishinzwe ubucukuzi bw’Amabuye bambwira ko Papa yakoze kuva muri 1940 ko yakoze Imyaka 38, ngeze kuri RSSB barambwira ngo ntabwo banzi, bahita banyohereza mu Rukiko kuburana uburenganzira bwanjye, ndagenda ndabuburana Urukiko rurabunyemerera nza gukurikirana amafaranga nsanga Papa yarasize Miliyoni 282.”

Ugiyecyera avuga ko hari igihe cyageze akemererwa guhabwa aya mafaranga, icyakora ngo byaje kurangira yiswe umutekamutwe.

Ati “Ndatsinda barambwira ngo nzagaruke nje kubarisha amafaranga, bampaye Imyaka itatu COVID iba iraje birangira amafaranga bayanyimye n’iyi saha. Njya ku Muvunyi Mukuru ubuyobozi bwa RSSB bwahise buhamagara ku Muvunyi ngo ‘uwo ni umutekamutwe’. N’izi saha amafaranga narayabuze n’ubutaka bwa Papa Hegitari 15 narazibuze.”

Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Ubwiteganyirize RSSB, Louise Kanyonga yizeje Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ko ubuyobozi bw’iki Kigo bugiye kongera gusuzuma ikibazo cy’uyu muturage.

Yagize ati “Turabizi yuko byageze kuri RSSB yaba muri Management no mu nama y’Ubutegetsi bagenda bafata ibyemezo bakurikije amategeko. Icyo tuzi ni uko n’amategeko ntabwo abereyeho kurenganya abaturage. Icyo kibazo tugiye kongera tukirebe tukige neza kuko ibyo yakoze byari byo. Icya mbere umubyeyi yakoze ibya ngombwa atanga imisanzu abana na bo bafite uburenganzira baba beneficiaries kuri iyo misanzu.”

Iyi misanzu yishyuzwa na Ugiyekera y’umubyeyi we wakoraga mu birombo by’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Rwinkwavu, ni iy’imyaka 38 yiteganyirije muri RSSB.

Minisititi w’Ubutegetsi bw’Igihugu yasabye ko iki kibazo cyongera gusuzumwa
Umuyobozi Wungirije wa RSSB yavuze ko bagiye kongera kwiga kuri iki kibazo kugira ngo niba uyu muturage yararenganye arenganurwe
Abaturage batandukanye batanze ibibazo bafite mu Nteko yabo yarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

Next Post

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y'incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.