Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana wishyuza Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize miliyoni 282 Frw y’imisanzu y’umubyeyi we, avuga ko yigeze kwitwa umutekamutwe nyamara Inkiko zaremeje ibyo yishyuza.

Uyu muturage witwa Ugiyekera Theoneste watanze ikibazo cye ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yari mu Nteko y’Abaturage bo muri aka gace, yagaragaje imiterere y’ikibazo cye cyo kuba amaze imyaka irenga 10 asiragirizwa kuri miliyoni 282 Frw yishyuza RSSB.

Avuga ko umubyeyi we (Se) yari yarizigamiye mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) Miliyoni 282 Frw, aho yakoraga mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro kuva mu 1940, akaza kwitaba Imana atayahawe.

Avuga ko yiyambaje inzego zinyuranye zirimo RSSB ubwayo ndetse n’Inkiko, ati “Njya muri RSSB baza kumbwira ngo ninjye muri Minisiteri ishinzwe ubucukuzi bw’Amabuye bambwira ko Papa yakoze kuva muri 1940 ko yakoze Imyaka 38, ngeze kuri RSSB barambwira ngo ntabwo banzi, bahita banyohereza mu Rukiko kuburana uburenganzira bwanjye, ndagenda ndabuburana Urukiko rurabunyemerera nza gukurikirana amafaranga nsanga Papa yarasize Miliyoni 282.”

Ugiyecyera avuga ko hari igihe cyageze akemererwa guhabwa aya mafaranga, icyakora ngo byaje kurangira yiswe umutekamutwe.

Ati “Ndatsinda barambwira ngo nzagaruke nje kubarisha amafaranga, bampaye Imyaka itatu COVID iba iraje birangira amafaranga bayanyimye n’iyi saha. Njya ku Muvunyi Mukuru ubuyobozi bwa RSSB bwahise buhamagara ku Muvunyi ngo ‘uwo ni umutekamutwe’. N’izi saha amafaranga narayabuze n’ubutaka bwa Papa Hegitari 15 narazibuze.”

Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Ubwiteganyirize RSSB, Louise Kanyonga yizeje Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ko ubuyobozi bw’iki Kigo bugiye kongera gusuzuma ikibazo cy’uyu muturage.

Yagize ati “Turabizi yuko byageze kuri RSSB yaba muri Management no mu nama y’Ubutegetsi bagenda bafata ibyemezo bakurikije amategeko. Icyo tuzi ni uko n’amategeko ntabwo abereyeho kurenganya abaturage. Icyo kibazo tugiye kongera tukirebe tukige neza kuko ibyo yakoze byari byo. Icya mbere umubyeyi yakoze ibya ngombwa atanga imisanzu abana na bo bafite uburenganzira baba beneficiaries kuri iyo misanzu.”

Iyi misanzu yishyuzwa na Ugiyekera y’umubyeyi we wakoraga mu birombo by’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Rwinkwavu, ni iy’imyaka 38 yiteganyirije muri RSSB.

Minisititi w’Ubutegetsi bw’Igihugu yasabye ko iki kibazo cyongera gusuzumwa
Umuyobozi Wungirije wa RSSB yavuze ko bagiye kongera kwiga kuri iki kibazo kugira ngo niba uyu muturage yararenganye arenganurwe
Abaturage batandukanye batanze ibibazo bafite mu Nteko yabo yarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − two =

Previous Post

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

Next Post

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y'incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.