Umutwe witwaje intwaro wa MDKC wo mu gace ka Katanga uvuga uharanira kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uratangaza ko wiyemeje guhagarika ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi, kuko kuva bwajyaho, iki Gihugu cyugarijwe n’ibibazo bitagira ingano.
Ibi byangajwe n’ubuyobozi bw’uyu mutwe MDKC (Mouvement Debout Katanga pour la Libération du Congo), mu butumwa bw’amashusho bwagiye hanze.
Uyu mutwe uje wiyongera ku yindi myinshi yo muri DRC, uvuga ko Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikiswahili bakomoka mu bice byahoze ari Intara ya Katanga, bibasiwe cyane kuva Tshisekedi yajya ku butegetsi.
Bavuga kandi ko kuva muri 2019, ubwo Perezida Félix Tshisekedi yajyaga ku butegetsi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yibasiwe n’ibibazo byinshi.
Muri ubu butumwa, abagize uyu mutwe bavuga ko byumwihariko abo Banyekongo bavuga Ikiswahili bakomoka muri Katanga, bagiye bibasirwa cyane n’ubutegetsi n’ababushyigikiye, kuko hari abishwe abandi bagafungwa.
Ku bw’iyi mpamvu rero, uyu mutwe wa MCKC, ugira uti “Twafashe umwanzuro wo guhagarika ubutegetsi bwa Félix Tshilombo dukoresheje inzira zose zemejwe n’amategeko.”
Abagize uyu mutwe, bavuga ko intego yabo ari ugutabara Katanga, ariko kandi bakanatabara Igihugu cyose cya Congo, kuko ibibazo biri hose kandi ko banze gukomeza kurebera.
Bashinja Perezida Felix Tshisekedi kuyoboresha igitugu, no kuganisha ahabi Igihugu cyabo, bityo ko ntakindi akwiye uretse kuva ku butegetsi hakoreshejwe uburyo bwose bushoboka.
Uyu mutwe bivugwa ko umaze ukwezi ushinzwe, kuko washinzwe mu kwezi gushize, ndete ko ufite ibirindiro muri Pariki y’Igihugu ya Upemba.
Ubutegetsi bwa Congo, bwo buvuga ko uyu mutwe waba ufite aho uhuriye n’Ihuriro AFC/M23 na ryo ryiyemeje kurandura imigirire mibi y’ubutegetsi bwa Congo.
RADIOTV10









