Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wari utegerezanyijwe amatsiko muri Uganda yahageze

radiotv10by radiotv10
26/07/2022
in MU RWANDA
0
Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wari utegerezanyijwe amatsiko muri Uganda yahageze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov yamaze kugera i Kampaka muri Uganda, akaba aza guhura na Perezida Yoweri Museveni.

Sergey Lavrov yageze i Kampala muri Uganda mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, akaba aza kubonana na Museveni kuri uyu wa Kabiri.

Lavron ugiriye uruzinduko rwa mbere muri Uganda, we n’itsinda ayoboye aragirana ibiganiro na Perezida Museveni ku mubano w’Ibihugu byombi.

Uyu muyobozi wa Dipolomasi y’u Burusiya, aragirira uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Uganda, akaba kandi azasura ibihungu birimo Ethiopia, Misiri ndetse na Congo-Brazzaville.

Uru ruzinduko rwa Sergey Lavrov, ruri mu myiteguro y’Ihuriro rya kabiri ry’u Burusiya na Afurika rizwi nka Russia-Africa Summit rizabera i Addis Ababa hagati y’Ukwakira n’Ugushyingo 2022.

Ihuriro rya mbere cyari ryabereye i Sochi mu Burusiya muri 2019 ryari ryitabiriwe n’abakuru b’Ibihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Guverinoma y’u Burusiya ikomeje gushyira imbaraga mu bubanyi n’amahanga n’ibindi Bihugu aho ikomeje gushaka amasoko mashya ya Peteroli yayo nyuma yuko iki Gihugu gifatiwe ibihano n’Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi.

Lavrov yagiye muri Uganda avuye muri Congo-Brazzavile aho yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Denis Sassou Nguwesso mu mujyi wa Oyo, akamushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we Vladimir Putin.

Uyu munyapolitiki ukomeye mu Burusiya, yamenyeshyehe abayobozi ba Congo Brazzaville ibijyanye n’impamvu y’intambara u Burusiya bwashoje mu Burasirazuba bwa Ukraine ndetse n’uko ubu byifashe, anagaruka ku masezerano yasinywe tariki 22 Nyakanga yo kurekura amatoni y’ingano yari yarabuze inzira nka kimwe mu byari byateye ibura ry’ibiribwa ku Isi.

Lavrov yaraye ageze muri Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − nine =

Previous Post

Imbere ya Panier, umukinnyi wa Basketball yambitse impeta umukozi wo mu biro muri Federasiyo

Next Post

Hamenyekanye umubare w’abamaze kuburira ubuzima mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umubare w’abamaze kuburira ubuzima mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Hamenyekanye umubare w’abamaze kuburira ubuzima mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.