Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

radiotv10by radiotv10
07/11/2025
in MU RWANDA
0
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze amasomo yakuyemo arimo impungenge yasigaranye, yahereyeho aha ubutumwa abandi banyonzi.

CGP Namuhoranye yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Ugushyingo ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwiswe “Turindane Tugereyo Amahoro” bugamije gukomeza guhangana no gukumira n’impanuka zo mu muhanda.

Yavuze ko zimwe mu mpanuka zo mu muhanda ziterwa n’abanyonzi bagenda nabi mu muhanda, ku buryo iyo bari ahantu hamanuka, baba bagendera ku muvuduko wo hejuru, ku buryo baba bameze nk’abiyahura, kandi ubuzima bwabo buba bukenewe.

IGP Felix Namuhoranye avuga ko abanyonzi ari Abanyarwanda baba bari gushaka imibereho nk’abandi, kandi ko baba bafite imiryango batunze, ariko ko muri uko gukora ako kazi agomba kuzirikana ko amagara ari yo ya mbere kandi ko aseseka ntayorwe. Ati “Ari ku kazi, none ubwo arashaka gupfa?”

Yavuze ko ikibabaje ari uko abakora aka kazi baba bagenda mu muhanda nk’abiyahura, ku buryo n’abapolisi baba bari mu muhanda, bagira ubwoba bwo kubahagarika kubera ukuntu baba bagenda, ku buryo hari bamwe bafata icyemezo cyo kubahigamira kugira ngo batabahitana, kandi ko na we yabyiboneye.

Yaboneyeho kugaruka ku kiganiro aherutse kugirana n’uwamuhamagaye mu gicuku, amubwira ko ari umunyonzi, akamubaza niba ari we ukuriye Polisi, akanamusaba gushimira umugore we ko ari imfura.

Ati “Byatumye nibuka umunyonzi uherutse kumpamagara saa cyenda z’ijoro, arambwira ati ‘ni wowe ukuriye Abapolisi?’ nti ‘yego’ ati ‘nagira ngo nkubwire umishimire uyu mugore…[yari kumwe n’umugore we]… nti ‘none se ko numva wanyoye akantu ubwo utwaye igare wanyonze n’ako kantu, ati ‘yewe nshimira umugore niba ukuriye Abapolisi’, nti ‘ndamushimira’ ati ‘ni umugore w’imfura’, nti ‘ni imfura pe’.”

IGP Namuhoranye, yavuze ko muri iki kiganiro yagiranye n’uyu munyonzi, atabuze kumubwira impungenge afite zo kuba yaramuhamagaye muri icyo gicuku yasinze, kandi agomba kuzindukira n’ubundi mu kazi.

Ati “Ndamubwira nti ‘ubwoba mfite, ni uko ako kantu wanyoye niba uri bugatwarane igare mu gitondo dore buracyeye, ejo ntabwo uzabasha kuntelefona’.”

Yakomeje agira ati “Mu by’ukuri nakuyemo ubutumwa bubiri, nakuyemo urugo rubayeho neza, rukundana rudafite ibibazo ariko nongeraho n’impungenge nk’umunyonzi saa cyenda z’ijoro ushobora kuba yanyoye akantu, kandi ari buzinduke, uzi ko bazinduka saa kumi n’imwe. Ubwo ejo azagaruka?”

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, yavuze ko na we yahise afata nimero y’uyu munyonzi, kugira ngo azajye amuhamagara amenyo ko akiri muzima kuko ikiganiro bagiranye n’uburyo yavugaga, byamusigiye impungenge.

Yasabye Abakora aka kazi ko gutwara abantu n’imizigo ku magare, kuzirikana ko na bo ari bamwe mu bakoresha umuhanda, bityo ko bakwiye kubahiriza amategeko yawo, kandi bakagenda neza banirinda gutwara banyoye ibisindisha.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 1 =

Previous Post

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Related Posts

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections

Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections

by radiotv10
07/11/2025
0

In today’s world, who you know can sometimes be just as important as what you know. For young women in...

IZIHERUKA

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo
MU RWANDA

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

07/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.