Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Umwaka uruzuye hadutse intambara ihanganishije Israel n’umutwe wa Hamas. Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko ubutumwa yatanze kuva iyi ntambara yatangira, ari na bwo agishimangira, asaba impande zihanganye guhagarika imirwano.

Tariki 07 Ukwakira 2023, abarwanyi b’umutwe wa Hamas wigabije ubutaka bwa Israel mu gitero cyahitanye abantu bagera ku 1 200, abandi 250 bafatwa bugwate.

M u ijoro ryuzuza umwaka iyi ntambara itangiye, Israel yongereye ibitero by’indege kuri Gaza no muri Liban mu mujyi wa Beiruth.

Ni mu gihe Abanya-Israel baramukiye mu mujyi wa Yeruzalemu mu myigaragambyo yatangiye ahagana saa 06:29 za mu gitondo, isaha Hamas yatangiriyeho gutera ibisasu muri Israel mu gitero cyabaye ku itariki 7 Ukwakira umwaka ushize.

Mu butumwa Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye António Guterres, yashyize ahagaragara mu rwego rwo kwibuka itariki ya 07 Ukwakira 2023, ubwo iyi ntambara yatangiraga, yasabye ko iyi ntambara yahagarara ndetse n’abafashwe bugwate bakarekurwa.

Yagize ati “Uyu munsi hashize umwaka kuva habaho igikorwa giteye ubwoba ku wa 07 Ukwakira, ubwo Hamas yatangizaga igitero gikomeye cy’iterabwoba muri Israel, cyishe Abany-Israel n’abanyamahanga barenga 1 250, harimo abana n’abagore, abantu barenga 250 barashimuswe bajyanwa muri Gaza, harimo abagore n’abana benshi…

Nagiye mvuga ibi kenshi kandi mu buryo bweruye, igihe kirageze ngo abafashwe bugatwe barekurwe, igihe kirageze ngo urusaku rw’imbunda ruhagarare, igihe kirageze ngo umubabaro urangire muri aka karere,  igihe kirageze ngo amahoro, ubutabera, amategeko mpuzamahanga bishyirwe mu bikorwa.”

Guterres atangaje ibi mu gihe hashize iminsi micye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Israel Katz, amushinje kubogamira ku ruhande rw’abarwanya Israel, amushinja kuba yarananiwe kwamagana ibitero bya Hamas n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikozwe n’abayoboke bayo.

Israel ivuga ko  kuva iyi ntambara yatangira, abasirikare bayo barenga 726 bamaze kuyigwamo, mu gihe abagera hafi ku 100 bagifungiye muri Gaza, aho bikekwa ko abari munsi ya 70 ari bo bakiri bazima,

Ni mu gihe Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza yo itangaza ko Abanya-Palestina barenga ibihumbi 41 barimo abarwanyi ba Hamas n’abasivili, bamaze kubura ubuzima kuva intambara yatangira.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 1 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku nkingo za Marburg zatangiye gutangwa mu Rwanda n’uburyo zabonetse

Next Post

Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida

Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.