Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Umwaka uruzuye hadutse intambara ihanganishije Israel n’umutwe wa Hamas. Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko ubutumwa yatanze kuva iyi ntambara yatangira, ari na bwo agishimangira, asaba impande zihanganye guhagarika imirwano.

Tariki 07 Ukwakira 2023, abarwanyi b’umutwe wa Hamas wigabije ubutaka bwa Israel mu gitero cyahitanye abantu bagera ku 1 200, abandi 250 bafatwa bugwate.

M u ijoro ryuzuza umwaka iyi ntambara itangiye, Israel yongereye ibitero by’indege kuri Gaza no muri Liban mu mujyi wa Beiruth.

Ni mu gihe Abanya-Israel baramukiye mu mujyi wa Yeruzalemu mu myigaragambyo yatangiye ahagana saa 06:29 za mu gitondo, isaha Hamas yatangiriyeho gutera ibisasu muri Israel mu gitero cyabaye ku itariki 7 Ukwakira umwaka ushize.

Mu butumwa Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye António Guterres, yashyize ahagaragara mu rwego rwo kwibuka itariki ya 07 Ukwakira 2023, ubwo iyi ntambara yatangiraga, yasabye ko iyi ntambara yahagarara ndetse n’abafashwe bugwate bakarekurwa.

Yagize ati “Uyu munsi hashize umwaka kuva habaho igikorwa giteye ubwoba ku wa 07 Ukwakira, ubwo Hamas yatangizaga igitero gikomeye cy’iterabwoba muri Israel, cyishe Abany-Israel n’abanyamahanga barenga 1 250, harimo abana n’abagore, abantu barenga 250 barashimuswe bajyanwa muri Gaza, harimo abagore n’abana benshi…

Nagiye mvuga ibi kenshi kandi mu buryo bweruye, igihe kirageze ngo abafashwe bugatwe barekurwe, igihe kirageze ngo urusaku rw’imbunda ruhagarare, igihe kirageze ngo umubabaro urangire muri aka karere,  igihe kirageze ngo amahoro, ubutabera, amategeko mpuzamahanga bishyirwe mu bikorwa.”

Guterres atangaje ibi mu gihe hashize iminsi micye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Israel Katz, amushinje kubogamira ku ruhande rw’abarwanya Israel, amushinja kuba yarananiwe kwamagana ibitero bya Hamas n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikozwe n’abayoboke bayo.

Israel ivuga ko  kuva iyi ntambara yatangira, abasirikare bayo barenga 726 bamaze kuyigwamo, mu gihe abagera hafi ku 100 bagifungiye muri Gaza, aho bikekwa ko abari munsi ya 70 ari bo bakiri bazima,

Ni mu gihe Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza yo itangaza ko Abanya-Palestina barenga ibihumbi 41 barimo abarwanyi ba Hamas n’abasivili, bamaze kubura ubuzima kuva intambara yatangira.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 2 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku nkingo za Marburg zatangiye gutangwa mu Rwanda n’uburyo zabonetse

Next Post

Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera muri Senegal, Ousmane Diagne, yasabye ko hatangizwa ku mugaragaro iperereza ku bwicanyi n’ibindi bikorwa by’urugomo byabaye muri iki...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida

Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.