Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Umwaka uruzuye hadutse intambara ihanganishije Israel n’umutwe wa Hamas. Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko ubutumwa yatanze kuva iyi ntambara yatangira, ari na bwo agishimangira, asaba impande zihanganye guhagarika imirwano.

Tariki 07 Ukwakira 2023, abarwanyi b’umutwe wa Hamas wigabije ubutaka bwa Israel mu gitero cyahitanye abantu bagera ku 1 200, abandi 250 bafatwa bugwate.

M u ijoro ryuzuza umwaka iyi ntambara itangiye, Israel yongereye ibitero by’indege kuri Gaza no muri Liban mu mujyi wa Beiruth.

Ni mu gihe Abanya-Israel baramukiye mu mujyi wa Yeruzalemu mu myigaragambyo yatangiye ahagana saa 06:29 za mu gitondo, isaha Hamas yatangiriyeho gutera ibisasu muri Israel mu gitero cyabaye ku itariki 7 Ukwakira umwaka ushize.

Mu butumwa Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye António Guterres, yashyize ahagaragara mu rwego rwo kwibuka itariki ya 07 Ukwakira 2023, ubwo iyi ntambara yatangiraga, yasabye ko iyi ntambara yahagarara ndetse n’abafashwe bugwate bakarekurwa.

Yagize ati “Uyu munsi hashize umwaka kuva habaho igikorwa giteye ubwoba ku wa 07 Ukwakira, ubwo Hamas yatangizaga igitero gikomeye cy’iterabwoba muri Israel, cyishe Abany-Israel n’abanyamahanga barenga 1 250, harimo abana n’abagore, abantu barenga 250 barashimuswe bajyanwa muri Gaza, harimo abagore n’abana benshi…

Nagiye mvuga ibi kenshi kandi mu buryo bweruye, igihe kirageze ngo abafashwe bugatwe barekurwe, igihe kirageze ngo urusaku rw’imbunda ruhagarare, igihe kirageze ngo umubabaro urangire muri aka karere,  igihe kirageze ngo amahoro, ubutabera, amategeko mpuzamahanga bishyirwe mu bikorwa.”

Guterres atangaje ibi mu gihe hashize iminsi micye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Israel Katz, amushinje kubogamira ku ruhande rw’abarwanya Israel, amushinja kuba yarananiwe kwamagana ibitero bya Hamas n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikozwe n’abayoboke bayo.

Israel ivuga ko  kuva iyi ntambara yatangira, abasirikare bayo barenga 726 bamaze kuyigwamo, mu gihe abagera hafi ku 100 bagifungiye muri Gaza, aho bikekwa ko abari munsi ya 70 ari bo bakiri bazima,

Ni mu gihe Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza yo itangaza ko Abanya-Palestina barenga ibihumbi 41 barimo abarwanyi ba Hamas n’abasivili, bamaze kubura ubuzima kuva intambara yatangira.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku nkingo za Marburg zatangiye gutangwa mu Rwanda n’uburyo zabonetse

Next Post

Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida

Tunisia: Ibyabanjirije gutangaza amajwi byateje impaka ku ntsinzi ya Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.