• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwami wa Jordanie yashimiye Perezida Kagame urugwiro yamwakiranye nawe ahita amusubiza

radiotv10by radiotv10
09/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwami wa Jordanie yashimiye Perezida Kagame urugwiro yamwakiranye nawe ahita amusubiza
Share on FacebookShare on Twitter

Umwami wa Jordanie, Abdullah II Ibn Al-Hussein yashimiye Perezida Paul Kagame uburyo yakiriwe mu Rwanda, na we amubwira ko yishimiye kumwakira no kuba yarasuye u Rwanda.

Abdullah II Ibn Al-Hussein yari ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda kuva ku Cyumweru tariki 07 Mutarama 2024, aho yasuye ibikorwa bitandukanye birimo Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi yasuye kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Abdullah II yashimiye Perezida Paul Kagame uburyo yamwakiriye mu Rwanda.

Yagize ati “Ni ibyishimo nshuti yanjye Perezida Paul Kagame ku bwo kunyakira neza.”

Yakomeje ashima uburyo yabonye Abanyarwanda bongeye kwiyunga nyuma y’amateka y’amacakubiri banyuzemo akageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Ati “Nakozwe ku mutima kandi nibonera uburyo Abanyarwanda bakoresheje ubwiyunge n’ubumwe byagejeje u Rwanda ku iterambere n’ubukungu bishimwa na bose.”

Umwami wa Jodanie, Abdullah II Ibn Al-Hussein yakomeje avuga ko Igihugu cye cyishimiye kandi kizarushaho gukorana n’u Rwanda mu bufatanye mu nzego zinyuranye.

Perezida Paul Kagame asubiza ubutumwa bw’Umwami Abdullah II Ibn Al-Hussein, yagize ati “Urakoze muvandimwe Nyiricyubahiro Umwami Abdullah II Ibn Al-Hussein. Ni iby’agaciro kukwakira mu Rwanda, kandi turagushimira ku ruzinduko rwawe.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko u Rwanda na Jordanie bihuriye ku ndangagaciro n’imirongo bitandukanye bigamije kuzamura amahoro, ubutabera n’umutekano.

Ati “Tuzakomeza kubakira ku biganiro by’ingirakamaro bigamije kwagura imikoranire n’ubucuti hagati y’abaturage b’Ibihugu byacu.”

Ku munsi wa mbere we w’uruzinduko ku Cyumweru tariki Indwi Mutarama 2024, Umwami Abdullah II na Perezida Paul Kagame, banayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’Ibihugu byombi, arimo ajyanye n’ubukungu yo gukuraho gusoresha kabiri ibicuruzwa bijya cyangwa biva muri ibi Bihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Ibyabaye ku bamaze iminsi 4 baragwiriwe n’ikirombe ni nk’igitangaza

Next Post

Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu

Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.