Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwami wa Jordanie yashimiye Perezida Kagame urugwiro yamwakiranye nawe ahita amusubiza

radiotv10by radiotv10
09/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwami wa Jordanie yashimiye Perezida Kagame urugwiro yamwakiranye nawe ahita amusubiza
Share on FacebookShare on Twitter

Umwami wa Jordanie, Abdullah II Ibn Al-Hussein yashimiye Perezida Paul Kagame uburyo yakiriwe mu Rwanda, na we amubwira ko yishimiye kumwakira no kuba yarasuye u Rwanda.

Abdullah II Ibn Al-Hussein yari ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda kuva ku Cyumweru tariki 07 Mutarama 2024, aho yasuye ibikorwa bitandukanye birimo Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi yasuye kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Abdullah II yashimiye Perezida Paul Kagame uburyo yamwakiriye mu Rwanda.

Yagize ati “Ni ibyishimo nshuti yanjye Perezida Paul Kagame ku bwo kunyakira neza.”

Yakomeje ashima uburyo yabonye Abanyarwanda bongeye kwiyunga nyuma y’amateka y’amacakubiri banyuzemo akageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Ati “Nakozwe ku mutima kandi nibonera uburyo Abanyarwanda bakoresheje ubwiyunge n’ubumwe byagejeje u Rwanda ku iterambere n’ubukungu bishimwa na bose.”

Umwami wa Jodanie, Abdullah II Ibn Al-Hussein yakomeje avuga ko Igihugu cye cyishimiye kandi kizarushaho gukorana n’u Rwanda mu bufatanye mu nzego zinyuranye.

Perezida Paul Kagame asubiza ubutumwa bw’Umwami Abdullah II Ibn Al-Hussein, yagize ati “Urakoze muvandimwe Nyiricyubahiro Umwami Abdullah II Ibn Al-Hussein. Ni iby’agaciro kukwakira mu Rwanda, kandi turagushimira ku ruzinduko rwawe.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko u Rwanda na Jordanie bihuriye ku ndangagaciro n’imirongo bitandukanye bigamije kuzamura amahoro, ubutabera n’umutekano.

Ati “Tuzakomeza kubakira ku biganiro by’ingirakamaro bigamije kwagura imikoranire n’ubucuti hagati y’abaturage b’Ibihugu byacu.”

Ku munsi wa mbere we w’uruzinduko ku Cyumweru tariki Indwi Mutarama 2024, Umwami Abdullah II na Perezida Paul Kagame, banayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’Ibihugu byombi, arimo ajyanye n’ubukungu yo gukuraho gusoresha kabiri ibicuruzwa bijya cyangwa biva muri ibi Bihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 4 =

Previous Post

Ibyabaye ku bamaze iminsi 4 baragwiriwe n’ikirombe ni nk’igitangaza

Next Post

Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu

Related Posts

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

by radiotv10
01/12/2025
0

Turning 25 is a special milestone. It is an age where life starts to take shape, choices begin to matter...

IZIHERUKA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

30/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu

Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.