Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ati “Kuba mpagaze aha ni gihamya ko mu Ijuru hari Imana.”

Perezida William Ruto warahiriye kuyobora Kenya, yavuze ko kuba yarakuriye mu buzima buciriritse akaba ageze kuri uru rwego rwo kuyobora Igihugu, bigaragaza imbaraga z’Imana ndetse n’icyizere cyuko ntacyo umuntu atageraho agiharaniye.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022 ubwo yari amaze kurahirira kuyobora Kenya mu muhango witabiriwe n’abakuru b’Ibihugu binyuranye barimo abo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba bose barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Mu ijambo rye, Perezida William Ruto yatangiye ashimira Abanyakenya ku cyizere bamugiriye bakamutorera kubayobora muri manda y’imyaka itanu.

Ati “Uyu munsi, ni umunsi utagereranywa. Mu buntu bw’Imana turashyize tubigezeho. Munyemerere mvuge ko guhagarara aha uyu munsi, ni gihamya ko hari Imana mu Ijuru ikindi kandi uyu munsi ndagira ngo nshimire Imana kuko umuhungu w’umunyacyaro yamaze kuba Perezida wa Kenya.”

William Ruto wakuriye mu buzima bushaririye, usanzwe ari n’umukristu ukomeye, yaboneyeho gushimira umuryango we kuba waramusengeye we ndetse n’abo bafatanyije muri ibi bikorwa byo kurahira.

Yavuze kandi ko ashimira buri wese wamubaye inyuma muri ibi bihe byose ati “Benshi banyuze mu bihe bigoye kuko bemeye kugendana nanjye, ndashaka kubabwira ngo mwarakoze cyane.”

Yaboneyeho kandi gushimira abakuru b’Ibihugu bo muri aka karere baje kwifatanya n’Abanyakenya muri uyu muhango w’irahira rye.

Perezida Paul Kagame witabiriye irahira rya William Ruto, nyuma y’uyu muhango, yanyujije ubutumwa kuri Twitter, avuga ko yishimiye kwifatanya n’Abanyakenya muri ibi birori.

Umukuru w’u Rwanda waraye anabonanye na William Ruto ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ubwo yari ageze i Nairobi, yagize ati “Ni iby’agacuro kwifatanya n’Abanyakenya n’abandi bayobozi mu birori by’irahira n’ihererekanya-butegetsi by’Umuvandimwe wanjye William Ruto ndetse n’uwo asimbuye Perezida Uhuru Kenyatta.”

Perezida Kagame yasoje ubutumwa bwe ashimira aba bayobozi bombi ndetse n’Abanyakenya ku bwo guhererekanya ubutegetsi mu mahoro, aboneraho kwizeza ko Ibihugu byombi bizarushaho gutsimbataza umubano usanzwe uri hagati yabyo.

William Ruto yabaye Perezida wa Kenya
Yahererekanyije ububasha na Uhuru Kenyatta
Perezida Kagame yari muri uyu muhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + nine =

Previous Post

Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

Next Post

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.