Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ati “Kuba mpagaze aha ni gihamya ko mu Ijuru hari Imana.”

Perezida William Ruto warahiriye kuyobora Kenya, yavuze ko kuba yarakuriye mu buzima buciriritse akaba ageze kuri uru rwego rwo kuyobora Igihugu, bigaragaza imbaraga z’Imana ndetse n’icyizere cyuko ntacyo umuntu atageraho agiharaniye.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022 ubwo yari amaze kurahirira kuyobora Kenya mu muhango witabiriwe n’abakuru b’Ibihugu binyuranye barimo abo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba bose barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Mu ijambo rye, Perezida William Ruto yatangiye ashimira Abanyakenya ku cyizere bamugiriye bakamutorera kubayobora muri manda y’imyaka itanu.

Ati “Uyu munsi, ni umunsi utagereranywa. Mu buntu bw’Imana turashyize tubigezeho. Munyemerere mvuge ko guhagarara aha uyu munsi, ni gihamya ko hari Imana mu Ijuru ikindi kandi uyu munsi ndagira ngo nshimire Imana kuko umuhungu w’umunyacyaro yamaze kuba Perezida wa Kenya.”

William Ruto wakuriye mu buzima bushaririye, usanzwe ari n’umukristu ukomeye, yaboneyeho gushimira umuryango we kuba waramusengeye we ndetse n’abo bafatanyije muri ibi bikorwa byo kurahira.

Yavuze kandi ko ashimira buri wese wamubaye inyuma muri ibi bihe byose ati “Benshi banyuze mu bihe bigoye kuko bemeye kugendana nanjye, ndashaka kubabwira ngo mwarakoze cyane.”

Yaboneyeho kandi gushimira abakuru b’Ibihugu bo muri aka karere baje kwifatanya n’Abanyakenya muri uyu muhango w’irahira rye.

Perezida Paul Kagame witabiriye irahira rya William Ruto, nyuma y’uyu muhango, yanyujije ubutumwa kuri Twitter, avuga ko yishimiye kwifatanya n’Abanyakenya muri ibi birori.

Umukuru w’u Rwanda waraye anabonanye na William Ruto ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ubwo yari ageze i Nairobi, yagize ati “Ni iby’agacuro kwifatanya n’Abanyakenya n’abandi bayobozi mu birori by’irahira n’ihererekanya-butegetsi by’Umuvandimwe wanjye William Ruto ndetse n’uwo asimbuye Perezida Uhuru Kenyatta.”

Perezida Kagame yasoje ubutumwa bwe ashimira aba bayobozi bombi ndetse n’Abanyakenya ku bwo guhererekanya ubutegetsi mu mahoro, aboneraho kwizeza ko Ibihugu byombi bizarushaho gutsimbataza umubano usanzwe uri hagati yabyo.

William Ruto yabaye Perezida wa Kenya
Yahererekanyije ububasha na Uhuru Kenyatta
Perezida Kagame yari muri uyu muhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + one =

Previous Post

Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

Next Post

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.