Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda ari i Burundi

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda ari i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Augustin Iyamuremye ari i Burundi, aho yitabiriye inama ya Sena z’Ibihugu bihuriye mu muryango ASSECAA wa Sena z’Ibihugu byo muri Afurika n’izo mu by’Abarabu.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Sena, mu itangazo yashyize hanze kuri iki Cyumweru tariki 18 Nzeri 2022, ivuga ko Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin yageze i Bujumbura kwifatanya na bagenzi be muri iyi nama y’Umuryango wa ASSECAA.

Iyi nama iba kuva kuri uyu wa Mbere tariki 19 kugeza 20 Nzeri 2022, izaba umwanya wo kuganira ku bisubizo bikwiye kwifashishwa mu guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 cyahungabanyije ubukungu bw’Ibihugu n’imibereho y’ababituye.

Abaperezida ba Sena bitabira iyi nama kandi; baraganira ku buryo Ibihugu byahangana n’ingaruka byatewe n’intambara iri hagati y’u Burusiya na Ukraine imaze amezi arindwi, yagize ingaruka ku rujya n’uruza rwa bimwe mu bicuruzwa ikanateza itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli na Gaze n’iby’ibiribwa.

Sena y’u Rwanda itangaza ko Perezida wayo, Dr Iyamuremye witabiriye iyi nama azaboneraho n’umwanya wo gutumira imbonankubone ba Perezida b’Inteko Zishinga Amategeko zo mu Muryango wa ASSECAA mu Nama Mpuzamahanga y’ 145 y’Ihuriro ry’Inteko Zinshinga Amategeko ku Isi (IPU/ Inter-Parliamentary Union) izabera i Kigali mu Rwanda kuva tariki 11 kugeza ku ya 15 z’ukwezi gutaha k’Ukwakira 2022.

Perezida wa Sena y’u Rwanda uri mu bayobozi bakuru b’Igihugu, agiye mu Burundi nyuma y’umwaka hagiyeyo Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wahagarariye Perezida Paul Kagame mu birori byabaye tariki 01 Nyakanga 2021 byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 59 Igihugu cy’u Burundi cyari kimaze kibonye ubwigenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − seven =

Previous Post

Amashuri yaciye undi muvuno: Hari aho ikarita y’imyitwarire yageze kuri 20.000Frw!

Next Post

Kigali: Polisi yafashe Moto 80 zari zipakiye imizigo irenze ubushobozi bwazo (AMAFOTO)

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Polisi yafashe Moto 80 zari zipakiye imizigo irenze ubushobozi bwazo (AMAFOTO)

Kigali: Polisi yafashe Moto 80 zari zipakiye imizigo irenze ubushobozi bwazo (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.