Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari irimo abantu 18, yakoreye impanuka mu Murenge wa Hindiro mu Karere Ngororero, abarimo bose barakomereka bajyanwa kwa muganga, ariko umwe ahita ahasiga ubuzima.
Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Marembo mu Kagari ka Runyinya mu Murenge wa Hindirimo, kuri iki Cyumweru tariki 22 Kamena ubwo iyi modoka yerecyezaga mu isantere ya Ngororero iturutse mu ya Kabaya.
Iyi modoka yarimo abagenzi 18 bose bakomeretse ndetse n’umushoferi wari uyitwaye, bahita bajyanwa mu Bitaro bya Kabaya, ariko amakuru yamenyekanye nyuma, ni uko umugore wari muri aba bagenzi yahise yitaba Imana.
Musabyimana Japhet uyobora Umurenge wa Hindiro, yari yabwiye ikinyamakuru cyitwa Kigali Today ubwo iyi mpanuka yari ikimara kuba, ko nta muntu wahise ahasiga ubuzima, icyakora ko harimo bamwe bakomeretse cyane.
Yagize ati “Hari abarimo kwitabwaho ku Bitaro bya Kabaya, hari n’abagiye koherezwa mu bitaro i Kigali. Turakeka ko haba hari uwamaze gupfa, hari n’aboherejwe ku bitaro bya Ruhengeri.”
Uyu muyobozi avuga ko aha habereye iyi mpanuka, zikunze kubabera ndetse ko mu mezi atandatu gusa hamaze kubera izigera muri enye zirimo iyakozwe n’imodoka yari itwaye abagororwa iberecyeje mu Bitaro bya Kabgayi.
Avuga ko impamvu y’izi mpanuka zibera aha hantu, ari imiterere yahoo, kuko “iyo ugiye kuhagera hateye neza abashoferi bakiruka, bakagera muri iryo koni rikabatungura bakarenga umuhanda. Imiterere y’umuhanda no kwirara kw’abashoferi ni byo nyirabayazana w’izo mpanuka.”
RADIOTV10