Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in MU RWANDA
0
Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, yitabye Imana nyuma yo kujyanwa kwa muganga igitaraganya, biturutse ku kinyobwa cya kanyanga bivugwa ko yasangiraga na mugenzi we bari bafite akajerekani kayo k’amacupa 15 batoraguye mu ishyamba aho kari gahishe.

Uwitabye Imana yitwa Evariste wo mu mu Mudugudu wa Rugarama, mu Kagari ka Rwinyana, mu Murenge wa Bweramana, aho yaguye ku ivuriro ry’Ibanze rya Rwinyana.

Amakuru ava mu baturanyi, avuga ko ubwo nyakwigendera yari mu nzira ataha iwe, yahuye na mugenzi we akamutumira ngo bajye gusangira kanyanga yari yabonye ahantu, bagahita bajyana.

Umwe mu baturanyi yabwiye ikinyamakuru cyitwa Igihe dukesha aya makuru, ko ubwo uyu Evariste na mugenzi we banywaga iyo kanyanga, bageze hagati ikabagwa, nabi ndetse nyakwigendera we bigakomera, ari bwo bahitaga bamujyana ku Ivuriro rya Rwinyana, agahita agwayo.

Yagize ati “Amakuru mfite yatanzwe n’uwo basangiye iyo kanyanga barukije, yambwiye ko ari akajerekani k’amacupa 15 banyoye hagasigaramo nke.”

Ni mu gihe umuryango wa nyakwigendera wo uvuga ko atazize iki kinyobwa, ahubwo ko ashobora kuba yarashyiriwemo amarozi.

Umugore wa nyakwigendera bari babanje kujyana mu Isoko, yagize ati “Twari twavanye mu rugo akomeye, kandi n’izo nzoga bavuga yanyweye, yari asanzwe azinywa pe. Ahubwo njye ndakeka ko baba bamuvangiye.”

Urupfu rwa nyakwigendera, rwemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweramana, Mutabazi Patrick, wavuze ko icyo kinyobwa cya kanyanga nyakwigendera yasangiraga n’undi w’umusore, bari bakibonye mu ishyamba aho cyari gihishe.

Uyu muyobozi avuga ko hahise hatangira gukorwa iperereza ari na ryo ritegerejweho kugaragaza icyahitanye nyakwigendera, ariko ko aka kanya hatahita hemezwa ko yazize iyo kanyanga.

Ati “Kubera ko nta kindi kintu kizwi yari asanzwe arwaye muri iyo minsi, habayeho kubihuza n’uko yaba azize kanyanga, ariko ntawabihamya 100%.’’

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

Next Post

Russia&Ukraine: Hasinywe amasezerano abaye intambwe ikomeye kuva Trump yajya ku butegetsi

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Russia&Ukraine: Hasinywe amasezerano abaye intambwe ikomeye kuva Trump yajya ku butegetsi

Russia&Ukraine: Hasinywe amasezerano abaye intambwe ikomeye kuva Trump yajya ku butegetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.