Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

radiotv10by radiotv10
16/11/2024
in MU RWANDA
0
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yo kwegura k’Uwari Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukase Valentine, n’umwe mu bamwungirije ndetse n’uwari Perezida y’Inama Njyanama, hamenyekanye iyirukanwa ry’abandi bakozi 13 b’aka Karere, barimo uwari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imiyoborere.

Iyegura rya Mukase Valentine ryamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ugushyingo 2024, aho yeguriye rimwe na Niragire Theophile wari Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, ndetse na Dusingize Donatha wari Perezida w’Inama Njyanama.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr Patrice Mugenzi, avuga ku iyegura ry’aba bayobozi, yavuze ko ari icyemezo bafashe ku bushake bwe.

Yagize ati “Uko ari batatu beguye ku bwende bwabo nk’uko babyanditse kandi nta n’igitangaza kirimo kuko si ubwa mbere, si n’ubwa nyuma kuba abayobozi bumva ko batagishoboye gushyira mu bikorwa inshingano batorewe cyangwa se bahawe.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu uvuga ko iyo umuyobozi yumva atagishoboye inshingano, ari byiza gufata icyemezo akava mu nshingano, yavuze ko nta gikuba cyacitse muri aka Karere ka Karongi.

Ni mu gihe hari andi makuru yavugaga ko iyegura ry’aba bayobozi ryaturutse ku nama ya Njyanama yateranye kuri uyu wa Gatanu, ari na yo yeguje aba bayobozi kubera imiyoborere mibi, ivugwamo ibibazo biganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10, yemeza ko kandi muri aka Karere ka Karongi, hirukanywe abandi bakozi barimo Ndamyeyezu Fidèle wari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imiyoborere muri aka Karere.

Hirukanywe kandi Safari Anastase wari Umuyobozi Mukuru wa One Stop Center, Bigirimana Enock, Biremarugira Patrick, Bizimana Rusimbana Augustin, Hakuzimana Project, Insonere Josue, Muhayimana Gérard, Niyonzima Salomon, Nsengiyumva Eric, Nyirashyirambere Jeannette, , Hitumukiza Marcel, na Udahemuka Berchmas.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 17 =

Previous Post

Isesengura: U Rwanda rwakwema rute mu kurandura SIDA nyamara abandura benshi ari urubyiruko?

Next Post

Ibyo bize bizezwa ko akazi kabategereje ubu bicaranye ubumenyi bwabyo

Related Posts

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

by radiotv10
10/12/2025
0

Across Rwanda, a new wave of young people is shaping the future through volunteering, activism, and community engagement. From environmental...

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

IZIHERUKA

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho
MU RWANDA

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

10/12/2025
Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

10/12/2025
Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

10/12/2025
Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo bize bizezwa ko akazi kabategereje ubu bicaranye ubumenyi bwabyo

Ibyo bize bizezwa ko akazi kabategereje ubu bicaranye ubumenyi bwabyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.