Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

radiotv10by radiotv10
25/02/2024
in SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwongereza Peter Joseph Blackmore wakinnye agace ka nyuma ka Tour du Rwanda ya 2024 ari we uyoboye abandi, ni na we wakegukanye, aho yagasoje yamaze kwishimira kwigukana iri siganwa, agera ku murongo wera agendesha ipine rimwe.

Peter Joseph Blackmore wegukanye aka gace ka nyuma ndetse n’isiganwa ryose, asanzwe akinira ikipe ya Israel Premier Tech, ni umusore ukiri muto dore ko afite imyaka 21 y’amavuko.

Aka gace k’ibilometero 73,6, karahagurukira kuri Kigali Convention Center abe ari na ho gasorezwa.
Abakinnyi 68 batangiye gusiganwa, ku rutonde rusange, Umunyarwanda Areruya Joseph wigeze kwegukana iri siganwa, ari we uherekeje abakinnyi bose.

Ni agace katangijwe na Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju, wanatangije agace ka karindwi k’ejo hashize kavaga i Gicumbi kerecyeza i Kayonza.

Abanyakigali mu ngeri zose, nyuma yo kuva gusenga kuri bamwe no gufata ifunguro rya mu gitondo, bahise berecyeza ku mihanda kwihera ijisho uburyo abakinnyi banyonga igare.

Amanota ya mbere y’umukinnyi usiganwa kurusha abandi mu muhanda, yegukanywe na Nsengiyumva Shemu wakurikiwe na Munyaneza Didier bari kurwanira aya manota, bakurikirwa na Teugels na we wakomeje gushakisha aya manota.

Abakinnyi bamaze kugenda ibilometero 27, bakiyobowe na batatu bari muri Breakaway yari yamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’igihe kibarirwa mu masegonda 30” hagati yabo na Peloton.

Amanota ya Sprint ya kabiri, yegukanywe na Donie wakurikiwe na Torres ndetse na Simon watwaye amanota y’uwa gatatu.

Abakinnyi binjiye mu bilometero 30 bya nyuma, aho basigaje 28 KM ngo hamenyekane uwegukana Tour du Rwanda 2024, bari bakomeje kuyoborwa n’abakinnyi batatu, bamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’umunota 1′.

Abakinnyi bamaze kuzenguruka inshuro enye mu bice bya Kigali, bahise berecyeza ku Giticyinyoni, bamanukiye ku Muhima, na Nyabugogo basanzeyo abaturage benshi bari baje kwihera ijisho. Bari bakomeje kuyoborwa na Donie, Torres, na Simon.

Binjiye mu bilometero 20 bya nyuma, Breakaway yari isigayemo abakinnyi babiri ari bo Donie na Torres, mu gihe Simon we yari yamaze gufatwa na Peloton.

Umufaransa Pierre Latour wegukanye Etape 5, yegukanye amanota y’agasozi ka Norvege mu gace ka nyuma, bihita bimuha amahirwe yo kuba umukinnyi wahize abandi mu guterera muri Tour du Rwanda.

Mu bilometero bitanu bya nyuma, Umwongereza Peter Joseph Blackmore wari unambaye Maillot Jaune ukinira ikipe ya Israel Premier Tech, yakoze atake, ahita yenekera abandi, arinda agera ahasorejwe aka gace, ahagera yamaze kwishimira kwegukana Tour Du Rwanda, aho yahageze agendesha ipine rimwe.

Peter Joseph Blackmore yegukanye iri siganwa rya Tour du Rwanda 2024, akoresheje amasaha 17:18’46”, aho yakurikiwe n’Umunya-Khazakistan Ilkhan Dostiyev umurusha amasegonda 41”, mu gihe Umunya-Colombia Jhonathan Restrepo Valencia wanegukanye agace kamwe muri Tour du Rwanda 2024, we arushwa amasegonda 43”.

Muri iyi Tour du Rwanda itarahiriye Abanyarwanda, Umunyarwanda waje hafi ku rutonde rusange, ni Eric Manizabayo, waje ku mwanya wa 15 aho asigwa iminota 5’16”.

Abanyakigali bari baje kwihera ijisho
Bari bishimiye kureba iri siganwa rimaze kwigarurira imitima ya benshi

Abakinnyi batatu bakunze kuyobora abandi

Mu bilometero bitanu bya nyuma Joseph Blackmore yakoze atake arinda agera ku murongo ari wenyine
Umwongereza Peter Joseph Blackmore yishimiye kwegukana Tour du Rwanda 2024

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 2 =

Previous Post

Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa

Next Post

Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Related Posts

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

IZIHERUKA

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi
IMYIDAGADURO

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.