Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

radiotv10by radiotv10
25/02/2024
in SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwongereza Peter Joseph Blackmore wakinnye agace ka nyuma ka Tour du Rwanda ya 2024 ari we uyoboye abandi, ni na we wakegukanye, aho yagasoje yamaze kwishimira kwigukana iri siganwa, agera ku murongo wera agendesha ipine rimwe.

Peter Joseph Blackmore wegukanye aka gace ka nyuma ndetse n’isiganwa ryose, asanzwe akinira ikipe ya Israel Premier Tech, ni umusore ukiri muto dore ko afite imyaka 21 y’amavuko.

Aka gace k’ibilometero 73,6, karahagurukira kuri Kigali Convention Center abe ari na ho gasorezwa.
Abakinnyi 68 batangiye gusiganwa, ku rutonde rusange, Umunyarwanda Areruya Joseph wigeze kwegukana iri siganwa, ari we uherekeje abakinnyi bose.

Ni agace katangijwe na Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju, wanatangije agace ka karindwi k’ejo hashize kavaga i Gicumbi kerecyeza i Kayonza.

Abanyakigali mu ngeri zose, nyuma yo kuva gusenga kuri bamwe no gufata ifunguro rya mu gitondo, bahise berecyeza ku mihanda kwihera ijisho uburyo abakinnyi banyonga igare.

Amanota ya mbere y’umukinnyi usiganwa kurusha abandi mu muhanda, yegukanywe na Nsengiyumva Shemu wakurikiwe na Munyaneza Didier bari kurwanira aya manota, bakurikirwa na Teugels na we wakomeje gushakisha aya manota.

Abakinnyi bamaze kugenda ibilometero 27, bakiyobowe na batatu bari muri Breakaway yari yamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’igihe kibarirwa mu masegonda 30” hagati yabo na Peloton.

Amanota ya Sprint ya kabiri, yegukanywe na Donie wakurikiwe na Torres ndetse na Simon watwaye amanota y’uwa gatatu.

Abakinnyi binjiye mu bilometero 30 bya nyuma, aho basigaje 28 KM ngo hamenyekane uwegukana Tour du Rwanda 2024, bari bakomeje kuyoborwa n’abakinnyi batatu, bamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’umunota 1′.

Abakinnyi bamaze kuzenguruka inshuro enye mu bice bya Kigali, bahise berecyeza ku Giticyinyoni, bamanukiye ku Muhima, na Nyabugogo basanzeyo abaturage benshi bari baje kwihera ijisho. Bari bakomeje kuyoborwa na Donie, Torres, na Simon.

Binjiye mu bilometero 20 bya nyuma, Breakaway yari isigayemo abakinnyi babiri ari bo Donie na Torres, mu gihe Simon we yari yamaze gufatwa na Peloton.

Umufaransa Pierre Latour wegukanye Etape 5, yegukanye amanota y’agasozi ka Norvege mu gace ka nyuma, bihita bimuha amahirwe yo kuba umukinnyi wahize abandi mu guterera muri Tour du Rwanda.

Mu bilometero bitanu bya nyuma, Umwongereza Peter Joseph Blackmore wari unambaye Maillot Jaune ukinira ikipe ya Israel Premier Tech, yakoze atake, ahita yenekera abandi, arinda agera ahasorejwe aka gace, ahagera yamaze kwishimira kwegukana Tour Du Rwanda, aho yahageze agendesha ipine rimwe.

Peter Joseph Blackmore yegukanye iri siganwa rya Tour du Rwanda 2024, akoresheje amasaha 17:18’46”, aho yakurikiwe n’Umunya-Khazakistan Ilkhan Dostiyev umurusha amasegonda 41”, mu gihe Umunya-Colombia Jhonathan Restrepo Valencia wanegukanye agace kamwe muri Tour du Rwanda 2024, we arushwa amasegonda 43”.

Muri iyi Tour du Rwanda itarahiriye Abanyarwanda, Umunyarwanda waje hafi ku rutonde rusange, ni Eric Manizabayo, waje ku mwanya wa 15 aho asigwa iminota 5’16”.

Abanyakigali bari baje kwihera ijisho
Bari bishimiye kureba iri siganwa rimaze kwigarurira imitima ya benshi

Abakinnyi batatu bakunze kuyobora abandi

Mu bilometero bitanu bya nyuma Joseph Blackmore yakoze atake arinda agera ku murongo ari wenyine
Umwongereza Peter Joseph Blackmore yishimiye kwegukana Tour du Rwanda 2024

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa

Next Post

Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.