Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

radiotv10by radiotv10
25/02/2024
in SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwongereza Peter Joseph Blackmore wakinnye agace ka nyuma ka Tour du Rwanda ya 2024 ari we uyoboye abandi, ni na we wakegukanye, aho yagasoje yamaze kwishimira kwigukana iri siganwa, agera ku murongo wera agendesha ipine rimwe.

Peter Joseph Blackmore wegukanye aka gace ka nyuma ndetse n’isiganwa ryose, asanzwe akinira ikipe ya Israel Premier Tech, ni umusore ukiri muto dore ko afite imyaka 21 y’amavuko.

Aka gace k’ibilometero 73,6, karahagurukira kuri Kigali Convention Center abe ari na ho gasorezwa.
Abakinnyi 68 batangiye gusiganwa, ku rutonde rusange, Umunyarwanda Areruya Joseph wigeze kwegukana iri siganwa, ari we uherekeje abakinnyi bose.

Ni agace katangijwe na Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju, wanatangije agace ka karindwi k’ejo hashize kavaga i Gicumbi kerecyeza i Kayonza.

Abanyakigali mu ngeri zose, nyuma yo kuva gusenga kuri bamwe no gufata ifunguro rya mu gitondo, bahise berecyeza ku mihanda kwihera ijisho uburyo abakinnyi banyonga igare.

Amanota ya mbere y’umukinnyi usiganwa kurusha abandi mu muhanda, yegukanywe na Nsengiyumva Shemu wakurikiwe na Munyaneza Didier bari kurwanira aya manota, bakurikirwa na Teugels na we wakomeje gushakisha aya manota.

Abakinnyi bamaze kugenda ibilometero 27, bakiyobowe na batatu bari muri Breakaway yari yamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’igihe kibarirwa mu masegonda 30” hagati yabo na Peloton.

Amanota ya Sprint ya kabiri, yegukanywe na Donie wakurikiwe na Torres ndetse na Simon watwaye amanota y’uwa gatatu.

Abakinnyi binjiye mu bilometero 30 bya nyuma, aho basigaje 28 KM ngo hamenyekane uwegukana Tour du Rwanda 2024, bari bakomeje kuyoborwa n’abakinnyi batatu, bamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’umunota 1′.

Abakinnyi bamaze kuzenguruka inshuro enye mu bice bya Kigali, bahise berecyeza ku Giticyinyoni, bamanukiye ku Muhima, na Nyabugogo basanzeyo abaturage benshi bari baje kwihera ijisho. Bari bakomeje kuyoborwa na Donie, Torres, na Simon.

Binjiye mu bilometero 20 bya nyuma, Breakaway yari isigayemo abakinnyi babiri ari bo Donie na Torres, mu gihe Simon we yari yamaze gufatwa na Peloton.

Umufaransa Pierre Latour wegukanye Etape 5, yegukanye amanota y’agasozi ka Norvege mu gace ka nyuma, bihita bimuha amahirwe yo kuba umukinnyi wahize abandi mu guterera muri Tour du Rwanda.

Mu bilometero bitanu bya nyuma, Umwongereza Peter Joseph Blackmore wari unambaye Maillot Jaune ukinira ikipe ya Israel Premier Tech, yakoze atake, ahita yenekera abandi, arinda agera ahasorejwe aka gace, ahagera yamaze kwishimira kwegukana Tour Du Rwanda, aho yahageze agendesha ipine rimwe.

Peter Joseph Blackmore yegukanye iri siganwa rya Tour du Rwanda 2024, akoresheje amasaha 17:18’46”, aho yakurikiwe n’Umunya-Khazakistan Ilkhan Dostiyev umurusha amasegonda 41”, mu gihe Umunya-Colombia Jhonathan Restrepo Valencia wanegukanye agace kamwe muri Tour du Rwanda 2024, we arushwa amasegonda 43”.

Muri iyi Tour du Rwanda itarahiriye Abanyarwanda, Umunyarwanda waje hafi ku rutonde rusange, ni Eric Manizabayo, waje ku mwanya wa 15 aho asigwa iminota 5’16”.

Abanyakigali bari baje kwihera ijisho
Bari bishimiye kureba iri siganwa rimaze kwigarurira imitima ya benshi

Abakinnyi batatu bakunze kuyobora abandi

Mu bilometero bitanu bya nyuma Joseph Blackmore yakoze atake arinda agera ku murongo ari wenyine
Umwongereza Peter Joseph Blackmore yishimiye kwegukana Tour du Rwanda 2024

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + ten =

Previous Post

Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa

Next Post

Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.