Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

radiotv10by radiotv10
25/02/2024
in SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwongereza Peter Joseph Blackmore wakinnye agace ka nyuma ka Tour du Rwanda ya 2024 ari we uyoboye abandi, ni na we wakegukanye, aho yagasoje yamaze kwishimira kwigukana iri siganwa, agera ku murongo wera agendesha ipine rimwe.

Peter Joseph Blackmore wegukanye aka gace ka nyuma ndetse n’isiganwa ryose, asanzwe akinira ikipe ya Israel Premier Tech, ni umusore ukiri muto dore ko afite imyaka 21 y’amavuko.

Aka gace k’ibilometero 73,6, karahagurukira kuri Kigali Convention Center abe ari na ho gasorezwa.
Abakinnyi 68 batangiye gusiganwa, ku rutonde rusange, Umunyarwanda Areruya Joseph wigeze kwegukana iri siganwa, ari we uherekeje abakinnyi bose.

Ni agace katangijwe na Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju, wanatangije agace ka karindwi k’ejo hashize kavaga i Gicumbi kerecyeza i Kayonza.

Abanyakigali mu ngeri zose, nyuma yo kuva gusenga kuri bamwe no gufata ifunguro rya mu gitondo, bahise berecyeza ku mihanda kwihera ijisho uburyo abakinnyi banyonga igare.

Amanota ya mbere y’umukinnyi usiganwa kurusha abandi mu muhanda, yegukanywe na Nsengiyumva Shemu wakurikiwe na Munyaneza Didier bari kurwanira aya manota, bakurikirwa na Teugels na we wakomeje gushakisha aya manota.

Abakinnyi bamaze kugenda ibilometero 27, bakiyobowe na batatu bari muri Breakaway yari yamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’igihe kibarirwa mu masegonda 30” hagati yabo na Peloton.

Amanota ya Sprint ya kabiri, yegukanywe na Donie wakurikiwe na Torres ndetse na Simon watwaye amanota y’uwa gatatu.

Abakinnyi binjiye mu bilometero 30 bya nyuma, aho basigaje 28 KM ngo hamenyekane uwegukana Tour du Rwanda 2024, bari bakomeje kuyoborwa n’abakinnyi batatu, bamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’umunota 1′.

Abakinnyi bamaze kuzenguruka inshuro enye mu bice bya Kigali, bahise berecyeza ku Giticyinyoni, bamanukiye ku Muhima, na Nyabugogo basanzeyo abaturage benshi bari baje kwihera ijisho. Bari bakomeje kuyoborwa na Donie, Torres, na Simon.

Binjiye mu bilometero 20 bya nyuma, Breakaway yari isigayemo abakinnyi babiri ari bo Donie na Torres, mu gihe Simon we yari yamaze gufatwa na Peloton.

Umufaransa Pierre Latour wegukanye Etape 5, yegukanye amanota y’agasozi ka Norvege mu gace ka nyuma, bihita bimuha amahirwe yo kuba umukinnyi wahize abandi mu guterera muri Tour du Rwanda.

Mu bilometero bitanu bya nyuma, Umwongereza Peter Joseph Blackmore wari unambaye Maillot Jaune ukinira ikipe ya Israel Premier Tech, yakoze atake, ahita yenekera abandi, arinda agera ahasorejwe aka gace, ahagera yamaze kwishimira kwegukana Tour Du Rwanda, aho yahageze agendesha ipine rimwe.

Peter Joseph Blackmore yegukanye iri siganwa rya Tour du Rwanda 2024, akoresheje amasaha 17:18’46”, aho yakurikiwe n’Umunya-Khazakistan Ilkhan Dostiyev umurusha amasegonda 41”, mu gihe Umunya-Colombia Jhonathan Restrepo Valencia wanegukanye agace kamwe muri Tour du Rwanda 2024, we arushwa amasegonda 43”.

Muri iyi Tour du Rwanda itarahiriye Abanyarwanda, Umunyarwanda waje hafi ku rutonde rusange, ni Eric Manizabayo, waje ku mwanya wa 15 aho asigwa iminota 5’16”.

Abanyakigali bari baje kwihera ijisho
Bari bishimiye kureba iri siganwa rimaze kwigarurira imitima ya benshi

Abakinnyi batatu bakunze kuyobora abandi

Mu bilometero bitanu bya nyuma Joseph Blackmore yakoze atake arinda agera ku murongo ari wenyine
Umwongereza Peter Joseph Blackmore yishimiye kwegukana Tour du Rwanda 2024

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa

Next Post

Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Ngoma: Bazaniwe ibagiro ariko kurya inyama byahise biba ihurizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.