Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Undi ‘Mayor’ w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu

radiotv10by radiotv10
23/10/2023
in MU RWANDA
0
BREAKING: Undi ‘Mayor’ w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Mukarutesi Vestine wari Umuyobozi w’Akarere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, yegujwe n’Inama Njyanama y’aka Karere, kuko yagiriwe inama ntazubahirize.

Ni icyemezo cyafashwe n’Inama Njyanama y’aka Karere ka Karongi yateranye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023.

Amakuru avuga ko iyi Nama Njyanama y’Akarere ka Karongi, yafashe icyemezo cyo kweguza Umujyanama Mukarutesi Vestine ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere, nyuma yo kubyemeranyaho n’abayigize.

Iki cyemezo gishingiye ku kuba iyi Nama Njyanama yaragiriye inama uyu wari ukuriye Nyobozi y’Akarere ka Karongi, ariko ntazikurikize.

Inama Njyanama y’Akarere ivuga kandi ko Mukarutesi Vestine yananiwe kuzuza inshingano yari ashinzwe by’umwihariko mu bijyanye no guteza imbere imibereho y’abaturage.

Mukarutesi yegujwe nyuma y’amezi abiri (2) uwari Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke nako ko mu Ntara y’Iburengerazuba, Mukamasabo Apolonie na we yirukanywe kuri uyu mwanya kubera kubera imyitwarire n’imikorere bidahwitse.

Mukamasabo wirukanywe n’Inama Njyanama y’aka Karere tariki 28 Kanama 2023, itangazo ryamwirukanye ryasohotse nyuma y’amasaha abiri hari hamaze gusohoka iry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ryirukana Habitegeko Francoins wari Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba.

Nanone kandi Mukarutesi yegujwe n’Inama Njyanama ya Karongi nyuma y’amezi ane (4) Perezida wa Repubulika asheshe iyari Njyanama y’akandi Karere ko mu Ntara y’Iburengerazuba, ari ko ka Rutsiro, yajyanye n’abari abayobozi bakuru b’aka Karere.

Iseswa ry’iyi Nama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro ryabaye mu mpera za Kamena uyu mwaka wa 2023, ryashingiye ku kuba abari bayigize bari barananiwe kuzuza inshingano zabo nk’uko byasobanuwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Hagaragajwe ikikango cy’igishobora kuvuka mu ntambara ya Israel na Hamas

Next Post

Hari uwamuhaye 500 000 Frw: Ibishinjwa Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda byagaragajwe

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

The proverb “Charity begins at home” is a reminder that kindness, generosity, and good behavior should start with the people...

IZIHERUKA

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda
IBYAMAMARE

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

03/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari uwamuhaye 500 000 Frw: Ibishinjwa Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda byagaragajwe

Hari uwamuhaye 500 000 Frw: Ibishinjwa Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda byagaragajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.