Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Undi ‘Mayor’ w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu

radiotv10by radiotv10
23/10/2023
in MU RWANDA
0
BREAKING: Undi ‘Mayor’ w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Mukarutesi Vestine wari Umuyobozi w’Akarere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, yegujwe n’Inama Njyanama y’aka Karere, kuko yagiriwe inama ntazubahirize.

Ni icyemezo cyafashwe n’Inama Njyanama y’aka Karere ka Karongi yateranye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023.

Amakuru avuga ko iyi Nama Njyanama y’Akarere ka Karongi, yafashe icyemezo cyo kweguza Umujyanama Mukarutesi Vestine ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere, nyuma yo kubyemeranyaho n’abayigize.

Iki cyemezo gishingiye ku kuba iyi Nama Njyanama yaragiriye inama uyu wari ukuriye Nyobozi y’Akarere ka Karongi, ariko ntazikurikize.

Inama Njyanama y’Akarere ivuga kandi ko Mukarutesi Vestine yananiwe kuzuza inshingano yari ashinzwe by’umwihariko mu bijyanye no guteza imbere imibereho y’abaturage.

Mukarutesi yegujwe nyuma y’amezi abiri (2) uwari Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke nako ko mu Ntara y’Iburengerazuba, Mukamasabo Apolonie na we yirukanywe kuri uyu mwanya kubera kubera imyitwarire n’imikorere bidahwitse.

Mukamasabo wirukanywe n’Inama Njyanama y’aka Karere tariki 28 Kanama 2023, itangazo ryamwirukanye ryasohotse nyuma y’amasaha abiri hari hamaze gusohoka iry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ryirukana Habitegeko Francoins wari Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba.

Nanone kandi Mukarutesi yegujwe n’Inama Njyanama ya Karongi nyuma y’amezi ane (4) Perezida wa Repubulika asheshe iyari Njyanama y’akandi Karere ko mu Ntara y’Iburengerazuba, ari ko ka Rutsiro, yajyanye n’abari abayobozi bakuru b’aka Karere.

Iseswa ry’iyi Nama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro ryabaye mu mpera za Kamena uyu mwaka wa 2023, ryashingiye ku kuba abari bayigize bari barananiwe kuzuza inshingano zabo nk’uko byasobanuwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Hagaragajwe ikikango cy’igishobora kuvuka mu ntambara ya Israel na Hamas

Next Post

Hari uwamuhaye 500 000 Frw: Ibishinjwa Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda byagaragajwe

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari uwamuhaye 500 000 Frw: Ibishinjwa Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda byagaragajwe

Hari uwamuhaye 500 000 Frw: Ibishinjwa Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda byagaragajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.