Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubanza rw’ubujurire rwa Urayeneza rwashyizweho akadomo asaba guhanagurwaho ibyaha ngo kuko yagambaniwe

radiotv10by radiotv10
12/01/2022
in MU RWANDA
0
Urubanza rw’ubujurire rwa Urayeneza rwashyizweho akadomo asaba guhanagurwaho ibyaha ngo kuko yagambaniwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari Urayeneza Gerard umaze iminsi aburana ubujurire bwe ku gihano cyo gufungwa burundu, yarangije kuburana, asaba kugirwa umwere ngo kuko ibyatumye akatirwa iki gifungo ari akagambane yakorewe.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu Kabiri tariki 11 Mutarama 2022 ubwo Urugereko rw’Urukiko Rukuru rwapfndikiraga uru rubanza rw’ubujurire.

Urayeneza Gerard asanzwe yarakatiwe igihano cyo gufungwa burundu yafatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga.

Ubwo yasabwaga kugira ijambo rya nyuma avuga ku bujurire bwe, Urayeneza Urayeneza Gerard yasabye Urukiko kumugira umwere.

Ubu busabe bwe abushingira ku kuba abatangabuhamya bamushinjije mu rubanza rwo mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga, baje kwisubira bakamushinjura ndetse bakavuga n’impamvu yari yatumye bamushinja ko bari babihatiwe bakagira n’ibyo bizezwa.

Yavuze ko kuba yarajyanywe mu butabera ari akagambane yakorewe kuko ubuhamya bwatanzwe na bamwe mu batangabuhamya barimo Ngendahayo Denys, Musoni Jerome bavuze ukuri ku cyatumye afungwa ndetse bagasaba n’imbabazi kuba baramuhemukiye bakabanza kumushinja.

Urayeneza yavuze ko “Umutimanama wabo [abatangabuhamya] warabakomanze biyemeza kuvugisha ukuri babeshyuza ibinyoma bari bavuze mbere.”

Urayeneza Gerard akurikiranyweho icyaha cyo Kuba ikitso ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi n’icyaha cyo Kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside yakorewe abatutsi.

Umunyamategeko Me Rwagatare Janvier wunganira Urayeneza Gerard yagarutse kuri bamwe mu batangabuhamya barimo Mukamuhire Ruth wigeze kuba Umuyobozi w’Akarere Wungirije, avuga ko ibyo gushinja umukiliya we ko yamubonye ajya kuzana imbunda i Nyanza ari ibinyoma ndetse ko atigeze abivuga na mbere ngo abivuge mu Nkiko Gacaca.

Uyu munyamategeko yasabye Urukiko guhanaguraho ibyaha umukiliya we rugategeka ko ari umwere agasubira mu buzima busanzwe.

Kimwe n’abandi baregwa hamwe na Urayeneza Gerard, bose basabye Urukiko kubagira abere ubundi rukabarekura.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya, bugaruka ku batangabuhamya baje kwivuguruza mu rubanza rw’ubujurire, buvuga ko hari ikibyihishe inyuma.

Umushinjacyaha Bonavanture Ruberwa wavugaga ko aba batangabuhamya bivuguruje hari ibyo bizejwe, yasabye Urukiko kuzaha agaciro ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batigeze bivuguruza haba mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha ndetse no mu nkiko.

Ati “Kuriya kwivuguruza byatewe n’abunganira Urayeneza Gerard n’abo mu muryango we bagiye kubareba bakagira ibyo babizeza.”

Me Kayitare wunganira abaregera indishyi na we yagarutse ku batangabuhamya bashinjije uregwa ndetse bakaza no kuguma ku ijambo bavuze mbere, asaba Urukiko guha agaciro ubuhamya bwatanzwe n’aba batangabuhamya.

Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwahise rupfundikira urubanza, rukazarusoma tariki 24 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 2 =

Previous Post

Miss Kalimpinya yitabaje RIB ku wamwiyitiriye ku mbunga Nkoranyambaga agashyiraho urukozasoni

Next Post

Rutsiro: Umugore yafatanywe udupfunyika 3.100 tw’urumogi yari yahishe mu gikapu yarengejeho ibirayi

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Umugore yafatanywe udupfunyika 3.100 tw’urumogi yari yahishe mu gikapu yarengejeho ibirayi

Rutsiro: Umugore yafatanywe udupfunyika 3.100 tw’urumogi yari yahishe mu gikapu yarengejeho ibirayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.