Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubanza rw’ubujurire rwa Urayeneza rwashyizweho akadomo asaba guhanagurwaho ibyaha ngo kuko yagambaniwe

radiotv10by radiotv10
12/01/2022
in MU RWANDA
0
Urubanza rw’ubujurire rwa Urayeneza rwashyizweho akadomo asaba guhanagurwaho ibyaha ngo kuko yagambaniwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari Urayeneza Gerard umaze iminsi aburana ubujurire bwe ku gihano cyo gufungwa burundu, yarangije kuburana, asaba kugirwa umwere ngo kuko ibyatumye akatirwa iki gifungo ari akagambane yakorewe.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu Kabiri tariki 11 Mutarama 2022 ubwo Urugereko rw’Urukiko Rukuru rwapfndikiraga uru rubanza rw’ubujurire.

Urayeneza Gerard asanzwe yarakatiwe igihano cyo gufungwa burundu yafatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga.

Ubwo yasabwaga kugira ijambo rya nyuma avuga ku bujurire bwe, Urayeneza Urayeneza Gerard yasabye Urukiko kumugira umwere.

Ubu busabe bwe abushingira ku kuba abatangabuhamya bamushinjije mu rubanza rwo mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga, baje kwisubira bakamushinjura ndetse bakavuga n’impamvu yari yatumye bamushinja ko bari babihatiwe bakagira n’ibyo bizezwa.

Yavuze ko kuba yarajyanywe mu butabera ari akagambane yakorewe kuko ubuhamya bwatanzwe na bamwe mu batangabuhamya barimo Ngendahayo Denys, Musoni Jerome bavuze ukuri ku cyatumye afungwa ndetse bagasaba n’imbabazi kuba baramuhemukiye bakabanza kumushinja.

Urayeneza yavuze ko “Umutimanama wabo [abatangabuhamya] warabakomanze biyemeza kuvugisha ukuri babeshyuza ibinyoma bari bavuze mbere.”

Urayeneza Gerard akurikiranyweho icyaha cyo Kuba ikitso ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi n’icyaha cyo Kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside yakorewe abatutsi.

Umunyamategeko Me Rwagatare Janvier wunganira Urayeneza Gerard yagarutse kuri bamwe mu batangabuhamya barimo Mukamuhire Ruth wigeze kuba Umuyobozi w’Akarere Wungirije, avuga ko ibyo gushinja umukiliya we ko yamubonye ajya kuzana imbunda i Nyanza ari ibinyoma ndetse ko atigeze abivuga na mbere ngo abivuge mu Nkiko Gacaca.

Uyu munyamategeko yasabye Urukiko guhanaguraho ibyaha umukiliya we rugategeka ko ari umwere agasubira mu buzima busanzwe.

Kimwe n’abandi baregwa hamwe na Urayeneza Gerard, bose basabye Urukiko kubagira abere ubundi rukabarekura.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya, bugaruka ku batangabuhamya baje kwivuguruza mu rubanza rw’ubujurire, buvuga ko hari ikibyihishe inyuma.

Umushinjacyaha Bonavanture Ruberwa wavugaga ko aba batangabuhamya bivuguruje hari ibyo bizejwe, yasabye Urukiko kuzaha agaciro ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batigeze bivuguruza haba mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha ndetse no mu nkiko.

Ati “Kuriya kwivuguruza byatewe n’abunganira Urayeneza Gerard n’abo mu muryango we bagiye kubareba bakagira ibyo babizeza.”

Me Kayitare wunganira abaregera indishyi na we yagarutse ku batangabuhamya bashinjije uregwa ndetse bakaza no kuguma ku ijambo bavuze mbere, asaba Urukiko guha agaciro ubuhamya bwatanzwe n’aba batangabuhamya.

Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwahise rupfundikira urubanza, rukazarusoma tariki 24 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + ten =

Previous Post

Miss Kalimpinya yitabaje RIB ku wamwiyitiriye ku mbunga Nkoranyambaga agashyiraho urukozasoni

Next Post

Rutsiro: Umugore yafatanywe udupfunyika 3.100 tw’urumogi yari yahishe mu gikapu yarengejeho ibirayi

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Umugore yafatanywe udupfunyika 3.100 tw’urumogi yari yahishe mu gikapu yarengejeho ibirayi

Rutsiro: Umugore yafatanywe udupfunyika 3.100 tw’urumogi yari yahishe mu gikapu yarengejeho ibirayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.