Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubanza rw’ubujurire rwa Urayeneza rwashyizweho akadomo asaba guhanagurwaho ibyaha ngo kuko yagambaniwe

radiotv10by radiotv10
12/01/2022
in MU RWANDA
0
Urubanza rw’ubujurire rwa Urayeneza rwashyizweho akadomo asaba guhanagurwaho ibyaha ngo kuko yagambaniwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari Urayeneza Gerard umaze iminsi aburana ubujurire bwe ku gihano cyo gufungwa burundu, yarangije kuburana, asaba kugirwa umwere ngo kuko ibyatumye akatirwa iki gifungo ari akagambane yakorewe.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu Kabiri tariki 11 Mutarama 2022 ubwo Urugereko rw’Urukiko Rukuru rwapfndikiraga uru rubanza rw’ubujurire.

Urayeneza Gerard asanzwe yarakatiwe igihano cyo gufungwa burundu yafatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga.

Ubwo yasabwaga kugira ijambo rya nyuma avuga ku bujurire bwe, Urayeneza Urayeneza Gerard yasabye Urukiko kumugira umwere.

Ubu busabe bwe abushingira ku kuba abatangabuhamya bamushinjije mu rubanza rwo mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga, baje kwisubira bakamushinjura ndetse bakavuga n’impamvu yari yatumye bamushinja ko bari babihatiwe bakagira n’ibyo bizezwa.

Yavuze ko kuba yarajyanywe mu butabera ari akagambane yakorewe kuko ubuhamya bwatanzwe na bamwe mu batangabuhamya barimo Ngendahayo Denys, Musoni Jerome bavuze ukuri ku cyatumye afungwa ndetse bagasaba n’imbabazi kuba baramuhemukiye bakabanza kumushinja.

Urayeneza yavuze ko “Umutimanama wabo [abatangabuhamya] warabakomanze biyemeza kuvugisha ukuri babeshyuza ibinyoma bari bavuze mbere.”

Urayeneza Gerard akurikiranyweho icyaha cyo Kuba ikitso ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi n’icyaha cyo Kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside yakorewe abatutsi.

Umunyamategeko Me Rwagatare Janvier wunganira Urayeneza Gerard yagarutse kuri bamwe mu batangabuhamya barimo Mukamuhire Ruth wigeze kuba Umuyobozi w’Akarere Wungirije, avuga ko ibyo gushinja umukiliya we ko yamubonye ajya kuzana imbunda i Nyanza ari ibinyoma ndetse ko atigeze abivuga na mbere ngo abivuge mu Nkiko Gacaca.

Uyu munyamategeko yasabye Urukiko guhanaguraho ibyaha umukiliya we rugategeka ko ari umwere agasubira mu buzima busanzwe.

Kimwe n’abandi baregwa hamwe na Urayeneza Gerard, bose basabye Urukiko kubagira abere ubundi rukabarekura.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya, bugaruka ku batangabuhamya baje kwivuguruza mu rubanza rw’ubujurire, buvuga ko hari ikibyihishe inyuma.

Umushinjacyaha Bonavanture Ruberwa wavugaga ko aba batangabuhamya bivuguruje hari ibyo bizejwe, yasabye Urukiko kuzaha agaciro ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batigeze bivuguruza haba mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha ndetse no mu nkiko.

Ati “Kuriya kwivuguruza byatewe n’abunganira Urayeneza Gerard n’abo mu muryango we bagiye kubareba bakagira ibyo babizeza.”

Me Kayitare wunganira abaregera indishyi na we yagarutse ku batangabuhamya bashinjije uregwa ndetse bakaza no kuguma ku ijambo bavuze mbere, asaba Urukiko guha agaciro ubuhamya bwatanzwe n’aba batangabuhamya.

Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwahise rupfundikira urubanza, rukazarusoma tariki 24 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Miss Kalimpinya yitabaje RIB ku wamwiyitiriye ku mbunga Nkoranyambaga agashyiraho urukozasoni

Next Post

Rutsiro: Umugore yafatanywe udupfunyika 3.100 tw’urumogi yari yahishe mu gikapu yarengejeho ibirayi

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima
MU RWANDA

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Umugore yafatanywe udupfunyika 3.100 tw’urumogi yari yahishe mu gikapu yarengejeho ibirayi

Rutsiro: Umugore yafatanywe udupfunyika 3.100 tw’urumogi yari yahishe mu gikapu yarengejeho ibirayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.